Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid rwongeye gusubikwa nyuma yuko we n’umwunganira mu mategeko bagaragarije Urukiko icyifuzo cyabo.

Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 29 Ukwakira 2022 ariko mu buryo butunguranye ruza gusubizwa bundi bushya, ubwo Umucamanza yavugaga ko yifuza kumva ubuhamya bw’abatangabuhamya batangiye mu Bushinjacyaha n’Ubugenzacyaha.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, hari hateganyijwe kuburanishwa uru rubanza, ariko na bwo ruza gusubikwa rwimurirwa kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022.

Uregwa (Prince Kid) n’Umunyamategeko we Me Nyembo Emelyne, ubwo bazaga imbere y’Urukiko, bagaragaje inzitizi zabo zishingiye ku buryo abatangabuhamya bazatanga ubuhamya bwabo.

Bavuga ko bifuza ko abo batangabuhamya babazwa bari ahantu hizewe kandi banabonwa n’impande zose kugira ngo ubuhamya bwabo bugire ireme.

Urukiko rwanzuye ko urubanza rusubikwa rukazimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Ugushyingo 2022.

Iburanisha ry’uyu munsi na ryo ryabereye mu muhezo, ryaranzwe n’iyi nzitizi yatumye urubanza rusubikwa rutaburanishijwe, yagiweho impaka n’impande zombi (Uruhande rw’uregwa n’Ubushinjacyaha), mu gihe kigeze ku isaha imwe.

Ubwo Umucamanza yinjiraga mu cyumba cy’iburanisha, yabanje kumenyesha abari bitabiriye urubanza ko impamvu iburanisha ryo ku wa Kabiri ritabaye ari uko yari yitabiriye amahugurwa y’Abacamanza yabaye atunguranye.

Muri uru rubanza rwari rwitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abasanzwe ari inshuti za hafi za Prince Kid ndetse n’abanyamakuru, Umucamanza yongeye gusaba abari mu cyumba ko iburanisha nubundi ribera mu muhezo kuko uru rubanza ari ko rwatangiye.

Me Nyembo Emelyne yabwiye itangazamakuru ati “Twifuje ko babazwa bari ahantu hizewe. Natwe ntabwo tuzi abazabazwa.”

Uruhande rw’uregwa ruvuga ko byaba byiza abatangabuhamya babajijwe bari mu cyumba cy’iburanisha aho kuba ku buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure nkuko byagenwe ko ari bwo buzifashishwa.

Prince Kid uyobora kompanyi yateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, aregwa icyaha cyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Next Post

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.