Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid rwongeye gusubikwa nyuma yuko we n’umwunganira mu mategeko bagaragarije Urukiko icyifuzo cyabo.

Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 29 Ukwakira 2022 ariko mu buryo butunguranye ruza gusubizwa bundi bushya, ubwo Umucamanza yavugaga ko yifuza kumva ubuhamya bw’abatangabuhamya batangiye mu Bushinjacyaha n’Ubugenzacyaha.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, hari hateganyijwe kuburanishwa uru rubanza, ariko na bwo ruza gusubikwa rwimurirwa kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022.

Uregwa (Prince Kid) n’Umunyamategeko we Me Nyembo Emelyne, ubwo bazaga imbere y’Urukiko, bagaragaje inzitizi zabo zishingiye ku buryo abatangabuhamya bazatanga ubuhamya bwabo.

Bavuga ko bifuza ko abo batangabuhamya babazwa bari ahantu hizewe kandi banabonwa n’impande zose kugira ngo ubuhamya bwabo bugire ireme.

Urukiko rwanzuye ko urubanza rusubikwa rukazimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Ugushyingo 2022.

Iburanisha ry’uyu munsi na ryo ryabereye mu muhezo, ryaranzwe n’iyi nzitizi yatumye urubanza rusubikwa rutaburanishijwe, yagiweho impaka n’impande zombi (Uruhande rw’uregwa n’Ubushinjacyaha), mu gihe kigeze ku isaha imwe.

Ubwo Umucamanza yinjiraga mu cyumba cy’iburanisha, yabanje kumenyesha abari bitabiriye urubanza ko impamvu iburanisha ryo ku wa Kabiri ritabaye ari uko yari yitabiriye amahugurwa y’Abacamanza yabaye atunguranye.

Muri uru rubanza rwari rwitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abasanzwe ari inshuti za hafi za Prince Kid ndetse n’abanyamakuru, Umucamanza yongeye gusaba abari mu cyumba ko iburanisha nubundi ribera mu muhezo kuko uru rubanza ari ko rwatangiye.

Me Nyembo Emelyne yabwiye itangazamakuru ati “Twifuje ko babazwa bari ahantu hizewe. Natwe ntabwo tuzi abazabazwa.”

Uruhande rw’uregwa ruvuga ko byaba byiza abatangabuhamya babajijwe bari mu cyumba cy’iburanisha aho kuba ku buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure nkuko byagenwe ko ari bwo buzifashishwa.

Prince Kid uyobora kompanyi yateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, aregwa icyaha cyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Next Post

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.