Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yagarutse imbere y’Urukiko ariko havuka inzitizi yatumye ataburana
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid rwongeye gusubikwa nyuma yuko we n’umwunganira mu mategeko bagaragarije Urukiko icyifuzo cyabo.

Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 29 Ukwakira 2022 ariko mu buryo butunguranye ruza gusubizwa bundi bushya, ubwo Umucamanza yavugaga ko yifuza kumva ubuhamya bw’abatangabuhamya batangiye mu Bushinjacyaha n’Ubugenzacyaha.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, hari hateganyijwe kuburanishwa uru rubanza, ariko na bwo ruza gusubikwa rwimurirwa kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022.

Uregwa (Prince Kid) n’Umunyamategeko we Me Nyembo Emelyne, ubwo bazaga imbere y’Urukiko, bagaragaje inzitizi zabo zishingiye ku buryo abatangabuhamya bazatanga ubuhamya bwabo.

Bavuga ko bifuza ko abo batangabuhamya babazwa bari ahantu hizewe kandi banabonwa n’impande zose kugira ngo ubuhamya bwabo bugire ireme.

Urukiko rwanzuye ko urubanza rusubikwa rukazimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Ugushyingo 2022.

Iburanisha ry’uyu munsi na ryo ryabereye mu muhezo, ryaranzwe n’iyi nzitizi yatumye urubanza rusubikwa rutaburanishijwe, yagiweho impaka n’impande zombi (Uruhande rw’uregwa n’Ubushinjacyaha), mu gihe kigeze ku isaha imwe.

Ubwo Umucamanza yinjiraga mu cyumba cy’iburanisha, yabanje kumenyesha abari bitabiriye urubanza ko impamvu iburanisha ryo ku wa Kabiri ritabaye ari uko yari yitabiriye amahugurwa y’Abacamanza yabaye atunguranye.

Muri uru rubanza rwari rwitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abasanzwe ari inshuti za hafi za Prince Kid ndetse n’abanyamakuru, Umucamanza yongeye gusaba abari mu cyumba ko iburanisha nubundi ribera mu muhezo kuko uru rubanza ari ko rwatangiye.

Me Nyembo Emelyne yabwiye itangazamakuru ati “Twifuje ko babazwa bari ahantu hizewe. Natwe ntabwo tuzi abazabazwa.”

Uruhande rw’uregwa ruvuga ko byaba byiza abatangabuhamya babajijwe bari mu cyumba cy’iburanisha aho kuba ku buryo bw’ikoranabuhanga ry’iya kure nkuko byagenwe ko ari bwo buzifashishwa.

Prince Kid uyobora kompanyi yateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, aregwa icyaha cyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Next Post

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.