• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Prince Kid uregwa ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa bivugwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yavuze ko uwamutanzeho ikirego bwa mbere, yari agambiriye ko yamburwa iri rushanwa, ngo rigahabwa umukobwa.

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyamugize umwere, cyatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwatangiye bugaragaza impamvu bwajuriye, bwavuze ko hari impamvu esheshatu zikomeye, zirimo kuba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge hari ibyo rwirengagije.

Bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya, barimo abavuze ko bakorewe ihohoterwa na Prince Kid kandi hatabayeho ubwumvikane.

Bwagarutse ku buhamya bw’umwe mu batangabuhamya, wavuze ko uregwa [Prince Kid] yamuhohoteye amushukishije ibyo yamuhaye amufatiranye n’ubukene bwariho mu bihe bya COVID-19.

Ubwo Prince Kid yahabwaga umwanya ngo asobanure ku byari bimaze gutangazwa n’Ubushinjacyaha, yagarutse ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya bavugwa ko bahohotewe n’uregwa, avuga ko ubwabwo bumushinjura.

Yavuze ko umutangabuhamya urindiwe umutekano wahawe izina rya VKF, yivugiye imbere y’Urukiko ko nta hohoterwa yakorewe ndetse akanabihamiriza mu nyandiko yandikiye imbere ya Noteri.

Prince Kid yavuze ko uretse ubu buhamya bw’uyu mutangabuhamya yandikiye imbere ya Noteri, yanasabwe kuza kubutangira mu Rukiko ubwo rwabyifuzaga, na bwo akaza akabishimangira.

Ikindi yagarutseho, ni ukuba hari ubuhamya bugaragaza ko hari abatangabuhamya babiri babajijwe n’Ubugenzacyaha, ariko ko ubuhamya bwabo buteza urujijo, kuko inyandiko-mvugo yabwo igaragaza ko babajijwe n’Umugenzacyaha umwe mu bihe bimwe.

Ati “Ibyo bintu ubwabyo ntibishoboka kuko batavuze ibintu bimwe, nkaba nsaba ko ubwo buhamya busuzumwa.”

Prince Kid yahise yerurira Urukiko Rukuru rwajururiwe muri uru rubanza, ko yazanywe mu manza hagamijwe ko irushanwa rya Miss Rwanda aryamburwa, rigahabwa umukobwa ushoboye kuko ari iry’abakobwa.

Yavuze ko ikirego cyatanzwe bwa mbere n’uwahawe izina rya TGK hagamijwe iyi ngingo yo kugira ngo yamburwe iri rushanwa yatangiye gutegura muri 2014, ariko ko ibyaha ashinjwa ubwabyo bitabayeho.

Ati “Ibikorwa byose byavuzwe n’Ubushinjacyaha ntabwo byabayeho. Ni ibyaha byatekinitswe.”

Umucamanza yasubitse urubanza, impande zombi zigikomeza kuburana, aho Ubushinjacyaha bwakomeje kugaragaza impamvu bwashingiyeho bujurira, mu gihe uregwa n’abamwunganira mu mategeko bo bakomeje kuvuga ko arengana. Urubanza rukazasubukurwa tariki 28 Mata 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

Next Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize 'uburangare'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.