Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Prince Kid uregwa ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa bivugwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yavuze ko uwamutanzeho ikirego bwa mbere, yari agambiriye ko yamburwa iri rushanwa, ngo rigahabwa umukobwa.

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyamugize umwere, cyatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwatangiye bugaragaza impamvu bwajuriye, bwavuze ko hari impamvu esheshatu zikomeye, zirimo kuba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge hari ibyo rwirengagije.

Bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya, barimo abavuze ko bakorewe ihohoterwa na Prince Kid kandi hatabayeho ubwumvikane.

Bwagarutse ku buhamya bw’umwe mu batangabuhamya, wavuze ko uregwa [Prince Kid] yamuhohoteye amushukishije ibyo yamuhaye amufatiranye n’ubukene bwariho mu bihe bya COVID-19.

Ubwo Prince Kid yahabwaga umwanya ngo asobanure ku byari bimaze gutangazwa n’Ubushinjacyaha, yagarutse ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya bavugwa ko bahohotewe n’uregwa, avuga ko ubwabwo bumushinjura.

Yavuze ko umutangabuhamya urindiwe umutekano wahawe izina rya VKF, yivugiye imbere y’Urukiko ko nta hohoterwa yakorewe ndetse akanabihamiriza mu nyandiko yandikiye imbere ya Noteri.

Prince Kid yavuze ko uretse ubu buhamya bw’uyu mutangabuhamya yandikiye imbere ya Noteri, yanasabwe kuza kubutangira mu Rukiko ubwo rwabyifuzaga, na bwo akaza akabishimangira.

Ikindi yagarutseho, ni ukuba hari ubuhamya bugaragaza ko hari abatangabuhamya babiri babajijwe n’Ubugenzacyaha, ariko ko ubuhamya bwabo buteza urujijo, kuko inyandiko-mvugo yabwo igaragaza ko babajijwe n’Umugenzacyaha umwe mu bihe bimwe.

Ati “Ibyo bintu ubwabyo ntibishoboka kuko batavuze ibintu bimwe, nkaba nsaba ko ubwo buhamya busuzumwa.”

Prince Kid yahise yerurira Urukiko Rukuru rwajururiwe muri uru rubanza, ko yazanywe mu manza hagamijwe ko irushanwa rya Miss Rwanda aryamburwa, rigahabwa umukobwa ushoboye kuko ari iry’abakobwa.

Yavuze ko ikirego cyatanzwe bwa mbere n’uwahawe izina rya TGK hagamijwe iyi ngingo yo kugira ngo yamburwe iri rushanwa yatangiye gutegura muri 2014, ariko ko ibyaha ashinjwa ubwabyo bitabayeho.

Ati “Ibikorwa byose byavuzwe n’Ubushinjacyaha ntabwo byabayeho. Ni ibyaha byatekinitswe.”

Umucamanza yasubitse urubanza, impande zombi zigikomeza kuburana, aho Ubushinjacyaha bwakomeje kugaragaza impamvu bwashingiyeho bujurira, mu gihe uregwa n’abamwunganira mu mategeko bo bakomeje kuvuga ko arengana. Urubanza rukazasubukurwa tariki 28 Mata 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + ten =

Previous Post

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

Next Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize 'uburangare'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.