Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yamenyesheje Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi, Narendra Modi; ko atazitabira inama ya bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi ku Isi, izabera muri iki Gihugu mu kwezi gutaha.

Yabimumenyesheje mu kiganiro bagiranye kuri telefone kuri uyu wa Mbere, cyanagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi.

Ibiro bya Modi byatangaje ko muri iki kiganiro, Putin yamumenyesheje ko yafashe icyemezo ko atazitabira Ihuriro rizwi nka G20 rihuriramo bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi, izabera mu Buhindi mu kwezi gutaha.

Putin yatangaje ko muri iri huriro rizaba hagati ya tairki 09 na 10 Nzeri, azahagararirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Igihugu cye, Sergey Lavrov.

Nanone kandi muri ibi biganiro, Putin yashimiye Modi kuba Igihugu cye cyarabashije kohereza icyogajuru ku kwezi, kikaba ari na cyo cya mbere cyashoboye kohereza icyo cyogajuru cyaguye mu gice cy’amajyepfo y’ukwezi.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, rigira riti, “Bombi kandi bemeranyijwe ko bagiye kurushaho imikoranire mu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure.”

Aba bayobozi bombi kandi bemeranyijwe ko Putin na we azakurikirana iyi nama izabera mu Buhindi, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Putin kandi aherutse kutitabira inama yabereye muri Afurika y’Epfo, y’umuryango uzwi nka BRICS, aho bamwe mu basesenguzi babihuje no kuba yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Ni mu gihe u Buhindi bwo butigeze bushyira umukono ku masezerano y’uru Rukiko rwa ICC, ku buryo bwashoboraga gufata Perezida Putin.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Next Post

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.