Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yamenyesheje Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi, Narendra Modi; ko atazitabira inama ya bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi ku Isi, izabera muri iki Gihugu mu kwezi gutaha.

Yabimumenyesheje mu kiganiro bagiranye kuri telefone kuri uyu wa Mbere, cyanagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi.

Ibiro bya Modi byatangaje ko muri iki kiganiro, Putin yamumenyesheje ko yafashe icyemezo ko atazitabira Ihuriro rizwi nka G20 rihuriramo bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi, izabera mu Buhindi mu kwezi gutaha.

Putin yatangaje ko muri iri huriro rizaba hagati ya tairki 09 na 10 Nzeri, azahagararirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Igihugu cye, Sergey Lavrov.

Nanone kandi muri ibi biganiro, Putin yashimiye Modi kuba Igihugu cye cyarabashije kohereza icyogajuru ku kwezi, kikaba ari na cyo cya mbere cyashoboye kohereza icyo cyogajuru cyaguye mu gice cy’amajyepfo y’ukwezi.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, rigira riti, “Bombi kandi bemeranyijwe ko bagiye kurushaho imikoranire mu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure.”

Aba bayobozi bombi kandi bemeranyijwe ko Putin na we azakurikirana iyi nama izabera mu Buhindi, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Putin kandi aherutse kutitabira inama yabereye muri Afurika y’Epfo, y’umuryango uzwi nka BRICS, aho bamwe mu basesenguzi babihuje no kuba yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Ni mu gihe u Buhindi bwo butigeze bushyira umukono ku masezerano y’uru Rukiko rwa ICC, ku buryo bwashoboraga gufata Perezida Putin.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 14 =

Previous Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Next Post

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye
AMAHANGA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.