Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yamenyesheje Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi, Narendra Modi; ko atazitabira inama ya bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi ku Isi, izabera muri iki Gihugu mu kwezi gutaha.

Yabimumenyesheje mu kiganiro bagiranye kuri telefone kuri uyu wa Mbere, cyanagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi.

Ibiro bya Modi byatangaje ko muri iki kiganiro, Putin yamumenyesheje ko yafashe icyemezo ko atazitabira Ihuriro rizwi nka G20 rihuriramo bimwe mu Bihugu bikize kurusha ibindi, izabera mu Buhindi mu kwezi gutaha.

Putin yatangaje ko muri iri huriro rizaba hagati ya tairki 09 na 10 Nzeri, azahagararirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Igihugu cye, Sergey Lavrov.

Nanone kandi muri ibi biganiro, Putin yashimiye Modi kuba Igihugu cye cyarabashije kohereza icyogajuru ku kwezi, kikaba ari na cyo cya mbere cyashoboye kohereza icyo cyogajuru cyaguye mu gice cy’amajyepfo y’ukwezi.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, rigira riti, “Bombi kandi bemeranyijwe ko bagiye kurushaho imikoranire mu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure.”

Aba bayobozi bombi kandi bemeranyijwe ko Putin na we azakurikirana iyi nama izabera mu Buhindi, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Putin kandi aherutse kutitabira inama yabereye muri Afurika y’Epfo, y’umuryango uzwi nka BRICS, aho bamwe mu basesenguzi babihuje no kuba yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Ni mu gihe u Buhindi bwo butigeze bushyira umukono ku masezerano y’uru Rukiko rwa ICC, ku buryo bwashoboraga gufata Perezida Putin.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Next Post

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.