Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero
Share on FacebookShare on Twitter

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko igiye gufata umwanzuro ku kuba yakwihorera.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko ari we watanze itegeko ryo kujya kurasa abayobozi ba Hamas bari muri Qatar.

Yagize ati “Bari bateraniye ahantu hamwe bishimira ibikorwa by’ubunyamaswa bakoze mu myaka ibiri ishize. Mu ntangiriro y’iyi ntambara nababwiye ko Israel izagera ku muntu wese wakoze icyo cyaha aho yaba ari hose. Uyu munsi Israel nanjye twashyize mu bikorwa iryo sezerano.”

Yakomeje agira ati “Ibihugu byinshi birimo n’ibigendera kuri demokarasi byiyibagije ibyatubayeho ku italiki 7/10. Israel yo ntishobora kwibagirwa. Ntibizabaho.

Yigeze kubaho igihe Abayahudi bicwaga ntihagire ubikurikirana, ariko kuva leta ya Israel yajyaho; icyo gihe cyararangiye. Kuri uyu munsi kimwe no mu yindi yashize; Israel iki gikorwa yagikoze yonyine. Tugomba kubibazwa twenyine. Icyakora iki gikorwa ubu gifunguye amarembo yo kurangiza iyi ntambara.”

Amahanga yahise yamagana icyo gitero cya Israel muri Qatar. Ibihugu nka Arabia Saudite, Iran, u bufaransa, Canada n’abandi; bahise batera hejuru.

Uru ruhande ni narwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yafashe.

Yagize atin “Twumvise ko Israel yagabye igitero kuri Qatar, nyamara icyo Gihugu cyakoraga ibishoboka byose kugira ngo hajyeyo agahenge n’abafashwe bugwate barekurwe. Namaganye iki gitero cyagabwe ku busugire bw’Igihugu cya Qatar. Impande zose zigomba gushyigikira ibyemezo by’agahenge aho kubyangiza.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’umufatanyabikorw ukomeye wa Qatar na Israel; yavuze ko itishimiye igitero cya Isarel ariko ngo intego yacyo irumvikana.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Trump, Karoline Leavitt yaize ati “Umwanzuro w’uruhande rumwe wo kurasa muri Qatar; Igihugu cyigenga kandi kikaba n’inshuti ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za America, kikaba kiri no kudufasha gushaka amahoro; ntabwo bishyigikira intego za Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, ariko kwica abayobozi ba Hamas banakomeje kubyaza umusaruro akaga kugarije abasivile bari muri Gaza; ni intego itagira uko isa.”

Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim bin Jaber Al Thani we avuga ko batigeze bamenyeshwa imyiteguro y’icyo gitero, ku bw’ibyo ngo bagiye gutegura ibikorwa byo kwihorera kuri Israel.

Yagize ati “Igitero cyatangiye saa 3:46 ariko abayobozi ba Amerika bibitumenyesheje 3:56, hari hashize iminota 10 igitera kibaye. Abayobozi ba Amerika bavuga ko batari bazi icyo gitero kandi batigeze banakigiramo uruhare.

Dufite uburenganzira bwo kwihorera. Ibyo Umuyobozi w’Ikirenga arabifataho umwanzuro. Umutekano w’abaturage bacu ni yo nshingano nyamukuru dufite. Ndatekereza ko tugeze igihe cyo gufata umwanzuro. Aka karere kose kagomba kwishyira hamwe tukihorera.”

Umwe mubo isarel yashakaga guhitana, ni Khalil Al Hayya uyobora Hamas. Mu kwezi kwa 7/2025 yahamagariye Ibihugu byose byiganjemo abasilamu guhagarika imibanire na Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Next Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Related Posts

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yizeye ko Igihugu cye kigiye kugirana amasezerano n’u Bushinwa,...

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.