Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi arimo Vital’O FC.
Uyu mutoza Wungirije wa Rayon Sports, yemejwe n’ubuyobozo bw’iyi kipe yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika cya CAF Confederation Cup.
Iyi kipe itari ifite umwugiriza wa Afhamia Lofti nubwo uyu Munya-Tunisia yari yaje azanye na mukuru we ndetse akaba yari yanatangaje ko agomba kuzamufasha byinshi mu gutoza Rayon Sports ariko we akaba atarasinye.
Byarangiye ubuyobozi bwa Rayon Sports buhaye akazi uyu Murundi Haruna Ferouz ko kuba Umutoza Wungirije.
Uyu mutoza wahawe inshingano zo kungiriza Afhamia, yaciye mu makipe y’iwabo, arimo Burundi Sport Dynamik, Flambeau du Centre ndetse na Vital’O FC.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere kandi Rayon Sports yemeje ko Harerimana Abdoulazizi ‘Rivaldo’, ari umukinnyi wayo mu myaka ibiri iri imbere. Ni nyuma yuko uyu musore ukina mu gice cy’ubusatirizi asoje amasezerano muri Gasogi United.
Ikipe ya Rayon Sports iri kwitegura itangira rya Shampiyona riteganyijwe tariki ya 15 Kanama 2025 gusa iyi kipe ikazanahagararira u Rwanda muri CAF Confederations Cup.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10