Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yari iri kugawa imikinire yatangaje inkuru nziza ihumuriza abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Rayon yari iri kugawa imikinire yatangaje inkuru nziza ihumuriza abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi itaramanwa kubera imikine yagaragazaga mu mikino ya gicuti, yatangaje igaruka ry’umukinnyi w’igikurankota ujya ayifasha cyane mu gutaha izamu.

Mu minsi micye ishize, Rayon Sports yakinnye imikino ibiri ya gicuti irimo uwo yakinnye na Vital’o FC yo mu Burundi ndetse n’uwo iherutse gukina na Gorilla FC, yombi irayinganya.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda barimo n’abakunzi b’iyi kipe, batangiye kugaya imikinire y’iyi kipe igomba kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika.

Bamwe banengaga ubusatirizi bw’iyi kipe, mu gihe isanzwe izwiho gutaha izamu, ariko bamwe bakavuga ko nta bakinnyi bataha izamu ifite muri iki gihe nyuma y’uko Onana agiye.

Kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko rutahizamu w’Umunyekongo Héritier Luvumbu Nzinga, agarutse muri iyi kipe, mu gihe byakekwaga ko azerecyeza mu yindi.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports, buherekejwe n’ifoto ya Luvumbu ari ku Kibuga cy’Indege muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iyi kipe yavuze ko agiye gufata rutemikirere yerecyeza mu Rwanda.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwagize buti “Mu nzira yerecyeza i Kigali, Héritier Luvumbu Nzinga agarutse kubasusurutsa nanone.”

Luvumbu ubwo yari agiye kurira indege
Yitezweho kongera gushimisha abakunzi ba ruhago

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mukiza Philibert says:
    2 years ago

    Cyakoze aho ho nanjye ndemeranya naba yobozi

    Reply
  2. Kadaba says:
    2 years ago

    Nagaruke yaduheshe igikombe cyamahoro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Next Post

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.