Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa uherutse kugaragara mu myitozo y’iyi kipe, icyakora yemera ko abakinnyi b’iyi kipe bari ku rwego rwo hasi, bityo ko yiteguye kugura abandi.

Ni mu gihe habura iminsi 15 gusa ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifungurwe mu Rwanda, aho Gakwaya ahamya ko iyi kipe igomba kujya ku isoko ry’abakinnyi kuko nta bakinnyi ifite muri iki gihe.

Mu magambo ye yagize ati “Tuzagura abakinnyi benshi kuko Rayon Sports nta bakinnyi ifite. Nta bahari rwose; mvuze ko bahari twaba turi kubeshya abantu.”

Gakwaya Olivier yanagarutse ku bakinnyi bamwe bamaze kuvugwa n’abandi baje mu igeragezwa.

Yagize ati “Ntabwo dushaka gushyira imbaraga nyinshi mu gushaka abakinnyi umutoza atabigizemo uruhare. Turifuza ko umutoza agira ijambo rikomeye muri ibyo. Kugeza ubu twamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umunya-Congo ukina i Burundi, gusa aracyafite amasezerano ariko afite igihe gito, ku buryo ashobora kugera hano vuba.”

Yakomeje avuga ku bandi bakinnyi bavuzwe, aho yagize ati “Umunya-Misiri mwabonye yasabye gukora imyitozo muri Rayon Sports, ariko nta gahunda dufite yo kumusinyisha. Ku Munya-Uganda ho, turifuza ko umutoza wenyine ari we uzafata icyemezo, n’ubwo bitatubuza gukomeza gushakisha n’ahandi.”

Ku bijyanye n’imyanya Rayon Sports ishaka kongeramo abakinnyi, Gakwaya Olivier yavuze ko umutoza azabigiramo uruhare rukomeye, ariko ko hari aho ubuyobozi bwamaze kubona icyuho.

Yagize ati “Hari uruhare rukomeye rw’umutoza ruzabaho, ariko ku bwacu twasanze tugomba kwinjizamo abamyugariro babiri, umukinnyi ukina mu kibuga hagati yugarira, abasatira baca ku mpande zombi, ndetse na rutahizamu nimero icyenda.”

Yanatangaje kandi ko umutoza mushya wa Rayon Sports, Bruno Ferry, ategerejwe kugera i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, bikaba biteganyijwe ko azahita atangira inshingano zo gufasha ikipe kwitegura neza isoko ry’igura n’igurisha.

Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa yari yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports hirya y’ejo hashize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Next Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.