Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe izakina umukino usubukuye uzayihuza na Mukura VS wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yuko hafashwe icyemezo ko ugomba gusubukurwa, ariko ntibinyure iyi kipe yo yifuzaga ko iyo byari byahuye, iterwa mpaga.

Uyu mukino wagombaga kuba tariki 17 Mata 2025, wahagaze ugeze ku munota wa 27’ kubera ikibazo cyo kuzima kw’amatara, bigakurikirwa n’impaka, aho Rayon yasabaga ko Mukura yari yawakiriye iterwa mpaga, ivuga ko byatewe n’uburangare bwayo.

Ni mu gihe icyemezo cyatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) nyuma yuko Komisiyo y’Amarushanwa isuzumye iby’iki kibazo, cyavugaga ko iyi komisiyo “isanga nta burangare bwagaragaye ku ruhande rw’abari bateguye umukino, ahubwo ikibazo cyatewe n’impamvu yihariye, itunguranye kandi itari mu bushobozi bwabo bwo kuyirinda, izwi nka cas de force majeure.”

Icyemezo cya FERWAFA cyavuze ko “Komisiyo ishingiye ku ngingo ya 38, igika cya 5 cy’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA, yemeje ko Umukino uzasubukurwa uhereye ku munota warugezeho igihe wahagarikwaga, ukinwe ku wa 22 Mata 2025 saa cyenda z’amanywa kuri Stade ya Huye.”

Nyuma y’iki cyemezo kitari cyanyuze ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwahise bukijuririra, ndetse bukavuga ko bwifuza ko Mukura VS iterwa mpaga, bitaba ibyo, iyi kipe ikava muri iki Gikombe cy’Amahoro.

Gusa mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025, ubuyobozi bw’iyi kipe, bwashyize hanze irindi tangazo, bumenyesha ko iyi kipe yemeye kuzitabira uyu mukino nubwo batanyuzwe n’icyemezo cyafashwe.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu, rigira riti “Ni icyemezo kigaragaza akarengane gakomeye. Nubwo bimeze bityo, nk’ikipe iharanira amahoro igahagararira abafana bayo, twafashe icyemezo cyo kwitabira umukino wa 1/2 w’lgikombe cy’Amahoro tuzahuramo na Mukura VS, uteganyijwe ku wa Kabiri, tariki ya 22 Mata 2025.”

Ubuyobozi bwa Rayon bukomeza buvuga ko bwemeye ko iyi kipe izitabira uyu mukino “mu rwego rwo kubahiriza intego nyamukuru y’lgikombe cy’Amahoro: kwimakaza amahoro, binyuze mu mupira w’amaguru. Niyo ntego ya Association Rayon Sports, kandi tuzakomeza kuyiharanira.”

Rayon Sports kandi yaboneyeho kuvuga ko nubwo amategeko atubahirijwe, ariko yizeye ko amakosa nk’ariya atazasubira, ndetse inasaba FERWAFA kutica nkana amategeko, ahubwo ikaba intangarugero mu kuyubahiriza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.