Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe izakina umukino usubukuye uzayihuza na Mukura VS wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yuko hafashwe icyemezo ko ugomba gusubukurwa, ariko ntibinyure iyi kipe yo yifuzaga ko iyo byari byahuye, iterwa mpaga.

Uyu mukino wagombaga kuba tariki 17 Mata 2025, wahagaze ugeze ku munota wa 27’ kubera ikibazo cyo kuzima kw’amatara, bigakurikirwa n’impaka, aho Rayon yasabaga ko Mukura yari yawakiriye iterwa mpaga, ivuga ko byatewe n’uburangare bwayo.

Ni mu gihe icyemezo cyatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) nyuma yuko Komisiyo y’Amarushanwa isuzumye iby’iki kibazo, cyavugaga ko iyi komisiyo “isanga nta burangare bwagaragaye ku ruhande rw’abari bateguye umukino, ahubwo ikibazo cyatewe n’impamvu yihariye, itunguranye kandi itari mu bushobozi bwabo bwo kuyirinda, izwi nka cas de force majeure.”

Icyemezo cya FERWAFA cyavuze ko “Komisiyo ishingiye ku ngingo ya 38, igika cya 5 cy’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA, yemeje ko Umukino uzasubukurwa uhereye ku munota warugezeho igihe wahagarikwaga, ukinwe ku wa 22 Mata 2025 saa cyenda z’amanywa kuri Stade ya Huye.”

Nyuma y’iki cyemezo kitari cyanyuze ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwahise bukijuririra, ndetse bukavuga ko bwifuza ko Mukura VS iterwa mpaga, bitaba ibyo, iyi kipe ikava muri iki Gikombe cy’Amahoro.

Gusa mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025, ubuyobozi bw’iyi kipe, bwashyize hanze irindi tangazo, bumenyesha ko iyi kipe yemeye kuzitabira uyu mukino nubwo batanyuzwe n’icyemezo cyafashwe.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu, rigira riti “Ni icyemezo kigaragaza akarengane gakomeye. Nubwo bimeze bityo, nk’ikipe iharanira amahoro igahagararira abafana bayo, twafashe icyemezo cyo kwitabira umukino wa 1/2 w’lgikombe cy’Amahoro tuzahuramo na Mukura VS, uteganyijwe ku wa Kabiri, tariki ya 22 Mata 2025.”

Ubuyobozi bwa Rayon bukomeza buvuga ko bwemeye ko iyi kipe izitabira uyu mukino “mu rwego rwo kubahiriza intego nyamukuru y’lgikombe cy’Amahoro: kwimakaza amahoro, binyuze mu mupira w’amaguru. Niyo ntego ya Association Rayon Sports, kandi tuzakomeza kuyiharanira.”

Rayon Sports kandi yaboneyeho kuvuga ko nubwo amategeko atubahirijwe, ariko yizeye ko amakosa nk’ariya atazasubira, ndetse inasaba FERWAFA kutica nkana amategeko, ahubwo ikaba intangarugero mu kuyubahiriza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.