Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA
0
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’umusirikare w’u Rwanda uherutse kurasirwa mu Repubulika ya Centrafrique aho yari mu butumwa bw’amahoro, wagejejwe mu Rwanda, wakiranwa icyubahiro n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Uyu mubiri wa nyakwigendera Sergeant Tabaro Eustache wagejejwe mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri iki Cyumweru, bwatangaje ko ubwo umubiri wa Sgt Tabaro Eustache wageraga mu Rwanda, wakiriwe n’uwari waje guhagararira Umugaba Mukuru wa RDF.

RDF yatangaje ko “Mu izina ry’Umugaba Mukuru, abayobozi ba RDF bayobowe na Maj Gen Ruki Karusisi, abo mu muryango wa nyakwigendera, bakiranye icyubahiro umubiri we ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali.”

Nyakwigendera Sgt Tabaro Eustache wari umwe mu basirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique, yatabarutse ku wa Mbere w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 10 Nyakanga 2023, ubwo yari ku burinzi n’abandi basirikare hafi y’agace ka Sam- Ouandja ko mu Ntara ya Haute- Kotto yo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Centrafrique.

Uru rupfu rwababaje ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA) nk’uko byatangajwe n’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango akaba anayoboye MINUSCA, Valentine Rugwabiza.

Mu butumwa yatanze uyu musirikare wa RDF akimara kwitaba Imana, Rugwabiza yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru twaye dusoje kandi, Valentine Rugwabiza ndetse n’abandi bayobozi muri MINUSCA, basezeyeho bwa nyuma banaha icyubahiro nyakwigendera ubwo umubiri we wari ukiri muri Centrafrique.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, na bwo bwagaragaje akababaro bwatewe n’urupfu rw’uyu wari umwe muri bo watabarukiye mu butumwa bw’amahoro.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na RDF ku wa Kabiri tariki 11 Nyakanga, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwagize buti “RDF ibabajwe cyane n’urupfu rw’Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) […] RDF yamaganye iki gitero kandi irihanganisha byimazeyo umuryango n’inshuti za nyakwigendera.”

RDF kandi yizeje ko aho ifite abasirikare mu butumwa bw’amahoro, bazakomeza gucungira umutekano abasivile yaba abagize MINUSCA ndetse n’ahandi hanyuranye.

Kuri iki Cyumweru ubwo umubiri wa nyakwigendera wagezwaga ku Kibuga cy’Indege
Abo mu muryango wa nyakwigendera bari mu baje kuwakira
Ku wa Gatanu, Amb Valentine Rugwabiza yagiye kumwunamira
Hamwe n’abandi bayobozi muri MINUSCA
N’abasirikare b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

Next Post

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.