Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA
0
RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’umusirikare w’u Rwanda uherutse kurasirwa mu Repubulika ya Centrafrique aho yari mu butumwa bw’amahoro, wagejejwe mu Rwanda, wakiranwa icyubahiro n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Uyu mubiri wa nyakwigendera Sergeant Tabaro Eustache wagejejwe mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri iki Cyumweru, bwatangaje ko ubwo umubiri wa Sgt Tabaro Eustache wageraga mu Rwanda, wakiriwe n’uwari waje guhagararira Umugaba Mukuru wa RDF.

RDF yatangaje ko “Mu izina ry’Umugaba Mukuru, abayobozi ba RDF bayobowe na Maj Gen Ruki Karusisi, abo mu muryango wa nyakwigendera, bakiranye icyubahiro umubiri we ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali.”

Nyakwigendera Sgt Tabaro Eustache wari umwe mu basirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique, yatabarutse ku wa Mbere w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 10 Nyakanga 2023, ubwo yari ku burinzi n’abandi basirikare hafi y’agace ka Sam- Ouandja ko mu Ntara ya Haute- Kotto yo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Centrafrique.

Uru rupfu rwababaje ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA) nk’uko byatangajwe n’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango akaba anayoboye MINUSCA, Valentine Rugwabiza.

Mu butumwa yatanze uyu musirikare wa RDF akimara kwitaba Imana, Rugwabiza yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru twaye dusoje kandi, Valentine Rugwabiza ndetse n’abandi bayobozi muri MINUSCA, basezeyeho bwa nyuma banaha icyubahiro nyakwigendera ubwo umubiri we wari ukiri muri Centrafrique.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, na bwo bwagaragaje akababaro bwatewe n’urupfu rw’uyu wari umwe muri bo watabarukiye mu butumwa bw’amahoro.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na RDF ku wa Kabiri tariki 11 Nyakanga, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwagize buti “RDF ibabajwe cyane n’urupfu rw’Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) […] RDF yamaganye iki gitero kandi irihanganisha byimazeyo umuryango n’inshuti za nyakwigendera.”

RDF kandi yizeje ko aho ifite abasirikare mu butumwa bw’amahoro, bazakomeza gucungira umutekano abasivile yaba abagize MINUSCA ndetse n’ahandi hanyuranye.

Kuri iki Cyumweru ubwo umubiri wa nyakwigendera wagezwaga ku Kibuga cy’Indege
Abo mu muryango wa nyakwigendera bari mu baje kuwakira
Ku wa Gatanu, Amb Valentine Rugwabiza yagiye kumwunamira
Hamwe n’abandi bayobozi muri MINUSCA
N’abasirikare b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Rurageretse hagati y’abaturage n’umuturanyi wabo bashinja igikorwa kimaze imyaka 2 kibabangamiye

Next Post

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.