Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14

radiotv10by radiotv10
29/05/2022
in SIPORO
0
Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14
Share on FacebookShare on Twitter

Real Madrid yatsindiye Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League igitego 1-0, itwara igikombe ku nshuro ya 14 mu mateka yayo.

Ni umukino wabereye kuri Stade de France mu gihugu cy’u Bufaransa, watangiye ukerereweho iminota 36 kubera gutinda kwinjira muri stade kw’abafana biganjemo aba Liverpool. Umukino watangiye ikipe ya Liverpool igerageza uburyo bw’igitego, cyane binyuze ku mukinnyi Sadio Mane ariko umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois akomeza kwitwara neza.

Igice cya kabiri ikipe ya Real Madrid yaje ikina ibitandukanye ugereranyije n’igice cya mbere, cyane cyane binyuze ku bakinnyi bayo bo hagati nka Luka Modric,Toni Kroos na Casemiro biyongeraho impande zayo zirimo Vinicius Junior na Federico Valverde, kugeza ubwo ku munota wa 67 ku mupira waturutse kwa Fedirico Valverde, ikipe ya Real Madrid yabonye igitego cyatsinzwe na Vinicius Junior.

Liverpool yarwanye no gushaka igitego cyo kwishyura binyuze ku barimo Mohamed Salah, ariko umukino urangira Real Madrid itsinze igitego 1-0.

Umukino warangiye muri rusange ikipe ya Liverpool iteye amashoti 24 mu izamu rya Real Madrid, arimo icyenda yaganaga mu izamu rya Thibaut Courtois mu gihe mu mukino wose Real Madrid yateye amashoti 4 agana mu izamu rya Alisson Becker, arimo abiri (2) agana mu izamu, rimwe ryavuyemo igitego.

Ni inshuro ya kabiri Real Madrid itsindiye Liverpool ku mukino wa nyuma, uhereye muri 2018 mu gihe mu 1981, Liverpool yagitwaye iyitsinze igitego 1-0.

Real Madrid yatwaye igikombe cya UEFA Champions League ku nshuro yayo ya 14 mu, ari nayo imaze kugitwara inshuro nyinshi mu mateka, iyo kipe kandi yakomeje agahigo kuko kuri ubu inshuro umunani zose iheruka ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa (harimo n’uyu mwaka) itigeze ihatsindirwa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Next Post

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique - AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.