Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14

radiotv10by radiotv10
29/05/2022
in SIPORO
0
Real Madrid yatsinze Liverpool yegukana UEFA Champions League yayo ya 14
Share on FacebookShare on Twitter

Real Madrid yatsindiye Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League igitego 1-0, itwara igikombe ku nshuro ya 14 mu mateka yayo.

Ni umukino wabereye kuri Stade de France mu gihugu cy’u Bufaransa, watangiye ukerereweho iminota 36 kubera gutinda kwinjira muri stade kw’abafana biganjemo aba Liverpool. Umukino watangiye ikipe ya Liverpool igerageza uburyo bw’igitego, cyane binyuze ku mukinnyi Sadio Mane ariko umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois akomeza kwitwara neza.

Igice cya kabiri ikipe ya Real Madrid yaje ikina ibitandukanye ugereranyije n’igice cya mbere, cyane cyane binyuze ku bakinnyi bayo bo hagati nka Luka Modric,Toni Kroos na Casemiro biyongeraho impande zayo zirimo Vinicius Junior na Federico Valverde, kugeza ubwo ku munota wa 67 ku mupira waturutse kwa Fedirico Valverde, ikipe ya Real Madrid yabonye igitego cyatsinzwe na Vinicius Junior.

Liverpool yarwanye no gushaka igitego cyo kwishyura binyuze ku barimo Mohamed Salah, ariko umukino urangira Real Madrid itsinze igitego 1-0.

Umukino warangiye muri rusange ikipe ya Liverpool iteye amashoti 24 mu izamu rya Real Madrid, arimo icyenda yaganaga mu izamu rya Thibaut Courtois mu gihe mu mukino wose Real Madrid yateye amashoti 4 agana mu izamu rya Alisson Becker, arimo abiri (2) agana mu izamu, rimwe ryavuyemo igitego.

Ni inshuro ya kabiri Real Madrid itsindiye Liverpool ku mukino wa nyuma, uhereye muri 2018 mu gihe mu 1981, Liverpool yagitwaye iyitsinze igitego 1-0.

Real Madrid yatwaye igikombe cya UEFA Champions League ku nshuro yayo ya 14 mu, ari nayo imaze kugitwara inshuro nyinshi mu mateka, iyo kipe kandi yakomeje agahigo kuko kuri ubu inshuro umunani zose iheruka ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa (harimo n’uyu mwaka) itigeze ihatsindirwa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Next Post

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela
AMAHANGA

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique – AMAFOTO

Amavubi yerekeke muri Afrika y’Epfo guhatana na Mozambique - AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.