Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, kivuga ko mu mwaka ushize inyungu yacyo yiyongereye ku rugero rwa 22%, ndetse n’amafaranga yavuye mu ishoramari ryacyo azamuka ku rugero rwa 30%, bivuze ko imisanzu y’abanyamuryango icunzwe neza.

Imibare y’iki kigo cya Leta gishinzwe ubwiteganyirize, igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023; umutungo wose ucungwa n’iki kigo wageze kuri miliyari 2 064 Frw.

Aya mafaranga kandi yazamutse ku rugero rwa 14% ugereranyije na miliyari 1 776 Frw zabonetse mu mwaka wabanje.

Naho omisanzu y’abanyamuryango yiyongereyeho 24% igera kuri miliyari 352 Frw, aho Miliyari 163.7 Frw yishyuwe abafatanyabikorwa batandukanye.

Umusaruro w’ishoramari wa RSSB wazamutse kuri 3%, utanga miliyari 106.6 Frw, bituma inyungu y’iki kigo izamuka ku rugero rwa 22% kuko muri uwo mwaka yageze kuri miliyari 285.7 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, avuga ko ibi bigaragaza ko umutungo w’abanyamuryango ucunzwe neza.

Ati “Nk’uko mwabibonye mu myaka yose ishize, RSSB ntabwo ikorera mu gihombo. N’ibitararangira na byo dufite ingamba zihanitse, ndetse ubu tuvugana hari inyigo iri gukorwa y’urwego rwa Real Estate Strategy. Iyo nyigo ni yo izarebera hamwe ikavuga umutongo wa RSSB w’ubutaka, ese ubutaka dufite nibwo dukeneye? Burahagije, ntibuhagije? Ubu dukeneye ni ubuhe, buzabyazwa uwuhe musaruro? Ushobora kubaza uti ese kare kose mwaburaga iki? Ariko uzangaye gutinda ntuzangaye guhera.”

Iki kigo kandi kivuga ko gifite umukoro wo kurushaho gushaka ahandi gishora iyi misanzu y’abaturage kugira ngo irusheho kubyara inyungu.

Umuyobozi mukuru wungirije wa RSSB, Louise Kanyunga ati “Tugomba gukomea kureba uko isoko rihagaze, tukamenya ni hehe dushora imari, ni mu yihe mitungo, ni muyahe makompanyi, ni mu bihe Bihugu.”

Mu rwego rwo kugoboka abanyamuryango mu gihe bakeneye imisanzu bizigamiye; Iki kigo gishimangira ko kizi neza ko abanyamuryango bagomba guhabwa imisanzu yabo ijyanye n’igihe, icyakora kikavuga ko hari ibigomba kubanza kwigwaho.

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abakiriya muri RSSB, Dr Regis Hitimana ati “Impinduka iheruka yabaye muri 2018. Hanyuma bitewe n’inyigo ihari; imyanzuro izafatwa izashyirwa mu bikorwa.”

RSSB ivuga ko umusaruro wayo wihariye 15% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bituma iba ikigo cya mbere mu karere muri bigenzi byacyo bigira uruhare rukomeye ku musaruro mbumbe w’Ibihugu bikoreramo.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB Regis Rugemanshuro avuga ko ibyagezweho bigaragaza ko imitungo y’abanyamuryango icunzwe neza
RSSB yagaragaje ibyagezweho mu mwaka wa 2022-2023
Yizeje abanyamuryango ko izakomeza gukora ibishoboka ngo bigende neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.