Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, kivuga ko mu mwaka ushize inyungu yacyo yiyongereye ku rugero rwa 22%, ndetse n’amafaranga yavuye mu ishoramari ryacyo azamuka ku rugero rwa 30%, bivuze ko imisanzu y’abanyamuryango icunzwe neza.

Imibare y’iki kigo cya Leta gishinzwe ubwiteganyirize, igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023; umutungo wose ucungwa n’iki kigo wageze kuri miliyari 2 064 Frw.

Aya mafaranga kandi yazamutse ku rugero rwa 14% ugereranyije na miliyari 1 776 Frw zabonetse mu mwaka wabanje.

Naho omisanzu y’abanyamuryango yiyongereyeho 24% igera kuri miliyari 352 Frw, aho Miliyari 163.7 Frw yishyuwe abafatanyabikorwa batandukanye.

Umusaruro w’ishoramari wa RSSB wazamutse kuri 3%, utanga miliyari 106.6 Frw, bituma inyungu y’iki kigo izamuka ku rugero rwa 22% kuko muri uwo mwaka yageze kuri miliyari 285.7 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, avuga ko ibi bigaragaza ko umutungo w’abanyamuryango ucunzwe neza.

Ati “Nk’uko mwabibonye mu myaka yose ishize, RSSB ntabwo ikorera mu gihombo. N’ibitararangira na byo dufite ingamba zihanitse, ndetse ubu tuvugana hari inyigo iri gukorwa y’urwego rwa Real Estate Strategy. Iyo nyigo ni yo izarebera hamwe ikavuga umutongo wa RSSB w’ubutaka, ese ubutaka dufite nibwo dukeneye? Burahagije, ntibuhagije? Ubu dukeneye ni ubuhe, buzabyazwa uwuhe musaruro? Ushobora kubaza uti ese kare kose mwaburaga iki? Ariko uzangaye gutinda ntuzangaye guhera.”

Iki kigo kandi kivuga ko gifite umukoro wo kurushaho gushaka ahandi gishora iyi misanzu y’abaturage kugira ngo irusheho kubyara inyungu.

Umuyobozi mukuru wungirije wa RSSB, Louise Kanyunga ati “Tugomba gukomea kureba uko isoko rihagaze, tukamenya ni hehe dushora imari, ni mu yihe mitungo, ni muyahe makompanyi, ni mu bihe Bihugu.”

Mu rwego rwo kugoboka abanyamuryango mu gihe bakeneye imisanzu bizigamiye; Iki kigo gishimangira ko kizi neza ko abanyamuryango bagomba guhabwa imisanzu yabo ijyanye n’igihe, icyakora kikavuga ko hari ibigomba kubanza kwigwaho.

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abakiriya muri RSSB, Dr Regis Hitimana ati “Impinduka iheruka yabaye muri 2018. Hanyuma bitewe n’inyigo ihari; imyanzuro izafatwa izashyirwa mu bikorwa.”

RSSB ivuga ko umusaruro wayo wihariye 15% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bituma iba ikigo cya mbere mu karere muri bigenzi byacyo bigira uruhare rukomeye ku musaruro mbumbe w’Ibihugu bikoreramo.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB Regis Rugemanshuro avuga ko ibyagezweho bigaragaza ko imitungo y’abanyamuryango icunzwe neza
RSSB yagaragaje ibyagezweho mu mwaka wa 2022-2023
Yizeje abanyamuryango ko izakomeza gukora ibishoboka ngo bigende neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 6 =

Previous Post

Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.