Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Gisenyi na Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko habayeho izamuka rikabije ry’amakara kubera abayambutsa bayajyana muri Republika ya Demokarasi ya Congo mu buryo bwa magendu, kuko muri iki Gihugu yabuze bitewe n’intambara imazeyo igihe.

Bamwe muri aba baturage baganiriye n’umunyamakuru wabasanze mu isoko rya Karukogo ryo mu Kagari ka Rukoko ndetse n’abandi bari ku bubiko bw’amakara mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu.

Icyo bahurizaho ni uko amakara amaze iminsi azamutse mu buryo budasanzwe kuko mu byumweru bitageze kuri bibiri kuko amaze kwiyongeraho amafaranga ari hagati y’ibihumbi 9 Frw n’ibihumbi 11 Frw.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Noneho ikilo kiri kugura maganatanu (500 Frw) nabwo wateka ukabona nta kintu utetse ngo gishye.”

Undi muturage yagize ati “Amakara yarapanze [yaruriye] cyane by’intangarugero, nk’ayo maze nayaguze ku bihumbi cumi n’icyenda ariko ayo naguze ku cyumweru nayaguze ku bihumbi makumyabiri n’umunani. Urumva ko harimo impinduka ndende cyane.”

Aba baturage ndetse n’abacuruza amakara, bavuga ko izamuka ry’ibiciro by’ki gicuruzwa, rifitanye isano n’intambara imaze iminsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumye abatuye mu Mujyi wa Goma batabasha kubona amakara, none bakaba bari gukoresha avuye mu Rwanda.

Undi muturage yagize ati “Icyatumye ahenda ni bano bacoracora [abambutsa ibintu baciye mu nzira zitemewe] bayajyana muri Kongo ngo banyura iriya mu kibaya, i Goma ngo amakara umufuka uri kugura ibihumbi 70, habaye intambara ngo amashyamba yaho barayagose. Njye ni ko mbyumva.

Aba baturage kimwe n’abacuruza amakara bakomeza basaba Leta gukurikirana iki kibazo kuko gihangayikishije kandi gishobora kuririramo n’ibindi bikomeye.

Undi ati “Buriya n’umwanzi ashobora kugendera muri bo cyangwa se uko bagiye bagarutse akaba yazira muri bo kuko bagenda batagaragara baciye ahatagaragara n’ubundi iyo bagarutse ntabwo baca ahagaragara kuko baba bagiye nta ruhusha bahawe nta burenganzira babiherewe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert aherutse gusaba abaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Republika ya Demokarasi ya Congo kutishora mu bikorwa bya magendu kuko bibashyira mu byago.

Yari yagize ati “Ubundi iyo uri ku mbibi ugira amakenga kuko haba urujya n’uruza, hari abambuka badafite uburenganzira ari Abanyarwanda bambuka bajya hirya ari n’abo hirya bashobora kuza ino bakaba bashobora kuba baduhungabanyiriza umutekano.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Related Posts

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

IZIHERUKA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.