Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Gisenyi na Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko habayeho izamuka rikabije ry’amakara kubera abayambutsa bayajyana muri Republika ya Demokarasi ya Congo mu buryo bwa magendu, kuko muri iki Gihugu yabuze bitewe n’intambara imazeyo igihe.

Bamwe muri aba baturage baganiriye n’umunyamakuru wabasanze mu isoko rya Karukogo ryo mu Kagari ka Rukoko ndetse n’abandi bari ku bubiko bw’amakara mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu.

Icyo bahurizaho ni uko amakara amaze iminsi azamutse mu buryo budasanzwe kuko mu byumweru bitageze kuri bibiri kuko amaze kwiyongeraho amafaranga ari hagati y’ibihumbi 9 Frw n’ibihumbi 11 Frw.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Noneho ikilo kiri kugura maganatanu (500 Frw) nabwo wateka ukabona nta kintu utetse ngo gishye.”

Undi muturage yagize ati “Amakara yarapanze [yaruriye] cyane by’intangarugero, nk’ayo maze nayaguze ku bihumbi cumi n’icyenda ariko ayo naguze ku cyumweru nayaguze ku bihumbi makumyabiri n’umunani. Urumva ko harimo impinduka ndende cyane.”

Aba baturage ndetse n’abacuruza amakara, bavuga ko izamuka ry’ibiciro by’ki gicuruzwa, rifitanye isano n’intambara imaze iminsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumye abatuye mu Mujyi wa Goma batabasha kubona amakara, none bakaba bari gukoresha avuye mu Rwanda.

Undi muturage yagize ati “Icyatumye ahenda ni bano bacoracora [abambutsa ibintu baciye mu nzira zitemewe] bayajyana muri Kongo ngo banyura iriya mu kibaya, i Goma ngo amakara umufuka uri kugura ibihumbi 70, habaye intambara ngo amashyamba yaho barayagose. Njye ni ko mbyumva.

Aba baturage kimwe n’abacuruza amakara bakomeza basaba Leta gukurikirana iki kibazo kuko gihangayikishije kandi gishobora kuririramo n’ibindi bikomeye.

Undi ati “Buriya n’umwanzi ashobora kugendera muri bo cyangwa se uko bagiye bagarutse akaba yazira muri bo kuko bagenda batagaragara baciye ahatagaragara n’ubundi iyo bagarutse ntabwo baca ahagaragara kuko baba bagiye nta ruhusha bahawe nta burenganzira babiherewe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert aherutse gusaba abaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Republika ya Demokarasi ya Congo kutishora mu bikorwa bya magendu kuko bibashyira mu byago.

Yari yagize ati “Ubundi iyo uri ku mbibi ugira amakenga kuko haba urujya n’uruza, hari abambuka badafite uburenganzira ari Abanyarwanda bambuka bajya hirya ari n’abo hirya bashobora kuza ino bakaba bashobora kuba baduhungabanyiriza umutekano.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.