Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bahishuye imbogamizi yazamutse byihuse babona ifitanye isano n’intambara yo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Gisenyi na Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko habayeho izamuka rikabije ry’amakara kubera abayambutsa bayajyana muri Republika ya Demokarasi ya Congo mu buryo bwa magendu, kuko muri iki Gihugu yabuze bitewe n’intambara imazeyo igihe.

Bamwe muri aba baturage baganiriye n’umunyamakuru wabasanze mu isoko rya Karukogo ryo mu Kagari ka Rukoko ndetse n’abandi bari ku bubiko bw’amakara mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu.

Icyo bahurizaho ni uko amakara amaze iminsi azamutse mu buryo budasanzwe kuko mu byumweru bitageze kuri bibiri kuko amaze kwiyongeraho amafaranga ari hagati y’ibihumbi 9 Frw n’ibihumbi 11 Frw.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Noneho ikilo kiri kugura maganatanu (500 Frw) nabwo wateka ukabona nta kintu utetse ngo gishye.”

Undi muturage yagize ati “Amakara yarapanze [yaruriye] cyane by’intangarugero, nk’ayo maze nayaguze ku bihumbi cumi n’icyenda ariko ayo naguze ku cyumweru nayaguze ku bihumbi makumyabiri n’umunani. Urumva ko harimo impinduka ndende cyane.”

Aba baturage ndetse n’abacuruza amakara, bavuga ko izamuka ry’ibiciro by’ki gicuruzwa, rifitanye isano n’intambara imaze iminsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumye abatuye mu Mujyi wa Goma batabasha kubona amakara, none bakaba bari gukoresha avuye mu Rwanda.

Undi muturage yagize ati “Icyatumye ahenda ni bano bacoracora [abambutsa ibintu baciye mu nzira zitemewe] bayajyana muri Kongo ngo banyura iriya mu kibaya, i Goma ngo amakara umufuka uri kugura ibihumbi 70, habaye intambara ngo amashyamba yaho barayagose. Njye ni ko mbyumva.

Aba baturage kimwe n’abacuruza amakara bakomeza basaba Leta gukurikirana iki kibazo kuko gihangayikishije kandi gishobora kuririramo n’ibindi bikomeye.

Undi ati “Buriya n’umwanzi ashobora kugendera muri bo cyangwa se uko bagiye bagarutse akaba yazira muri bo kuko bagenda batagaragara baciye ahatagaragara n’ubundi iyo bagarutse ntabwo baca ahagaragara kuko baba bagiye nta ruhusha bahawe nta burenganzira babiherewe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert aherutse gusaba abaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Republika ya Demokarasi ya Congo kutishora mu bikorwa bya magendu kuko bibashyira mu byago.

Yari yagize ati “Ubundi iyo uri ku mbibi ugira amakenga kuko haba urujya n’uruza, hari abambuka badafite uburenganzira ari Abanyarwanda bambuka bajya hirya ari n’abo hirya bashobora kuza ino bakaba bashobora kuba baduhungabanyiriza umutekano.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.