Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Busasamana na Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakubitwa n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari cyangwa bagafungirwa mu Biro by’Utugari iyo hari gahunda za Leta batabashije gukurikiza uko bikwiye, nko kwishyura imisanzu ya Mutuelle de sante.

Umuturage utuye mu Mudugudu wa Mubona mu Kagari ka Gihonga mu Murenge wa Busasamana, avuga ingorane yahuye na zo agafungwa azira amafaranga ibihumbi 3 000 Frw ya mitweri yari asigayemo nyuma yo kwishyura ibihumbi 15 Frw.

Ati “Ntanga ibihumbi 18, nari natanze 15, ibihumbi 3 rero nibwo icyo gice bashakaga kugira ngo bacyishyuze basanga ntacyo mfite, gereza nyigeramo da.”

Umunyamakuru ahita amubaza ati “uzira iki? Cyangwa hari ibindi byaha mwari mufite?” Asubiza agira ati “nta cyaha yewe n’abaturage barabizi ko nta cyaha njyewe ngira mu mudugudu.”

Uretse kuba bajyanwa nabi ndetse bakamara amasaha menshi bafungiwe mu biro by’Utugari, aba baturage banavuga ko bakubitwa iz’akabwana bazira kuba batarabasha kwishyura amafaranga baba basabwa ngo hakaba n’ubwo bahita bashyirwaho dosiye zikomeye kugira ngo bavanwe mu biro by’Utugari bajyanwe kuri sitasiyo za polisi.

Undi ati “Turakubitwa inkoni tukazirya tukabura uko tubigenza ariko waba ubwiye nka Gitifu w’Akagari ngo none uri kumpora iki ahubwo ya staff aba ari kumwe nayo dore ko inaha batubyuka nijoro cyane nka saa cyenda bakagufata bakakuryamisha bakakubyinaguriraho, wagera mu Kagari waba umubwiye uti ‘Gitifu uri kumpora iki?’ ngo ‘mugifate mukijyane kuri RIB’ wagera kuri RIB Gitifu ubwo aba afte telefone yagufotoye yagushyize kuri facebook ngo uri igihazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko bagiye kubikurikirana kuko batari bazi iki kibazo ariko kandi bunaburira abayobozi bashobora kuba bakubita abaturage kubihagarika.

Ati “Nta muyobozi ukubita umuturage ntabwo byemewe niba kinahari ababa babikora ni amakosa, umuturage kwishyura mitweri ni ukumwigisha akamenya akamaro ka mitweri, akamenya akamaro ka Ejo Heza, yamara kwigishwa akumva nibwo yishyura kandi n’umutima mwiza.”

Uyu muyobozi aboneraho ariko gukangurira n’abaturage kujya bakurikiza gahunda za Leta kuko ari bo ziba zifitiye akamaro, akavuga ko hari abazigendamo gacye.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 3

  1. Theodore says:
    3 years ago

    Bwana mayor, nibyo rwose umuturage umweretse icyiza ntiyakwanga kukiyoboka kuko abanyarwanda ni beza kandi barumvira. Uwo ukubita abaturage rero ejo ngo twumve ko ariwe wesheje imihigo; Sibyo!

    Reply
  2. Jérôme says:
    3 years ago

    Uwagira ngo abayobozi bose bajye bakunda abaturage nk’uko nyakubahwa Président wacu adukunda,nta muturage wajya agira icyo atangariza abanyamakuru kuko amahoro yaba ahinda.Gukubita umuturage🤔😩

    Reply
  3. Th says:
    3 years ago

    Ntabwo bikwiye gukubita umuturage byakuwe mumuco wabanyarwa keraaaaa uwo ukubita abantu rero abibazwe !!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.