Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Busasamana na Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakubitwa n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari cyangwa bagafungirwa mu Biro by’Utugari iyo hari gahunda za Leta batabashije gukurikiza uko bikwiye, nko kwishyura imisanzu ya Mutuelle de sante.

Umuturage utuye mu Mudugudu wa Mubona mu Kagari ka Gihonga mu Murenge wa Busasamana, avuga ingorane yahuye na zo agafungwa azira amafaranga ibihumbi 3 000 Frw ya mitweri yari asigayemo nyuma yo kwishyura ibihumbi 15 Frw.

Ati “Ntanga ibihumbi 18, nari natanze 15, ibihumbi 3 rero nibwo icyo gice bashakaga kugira ngo bacyishyuze basanga ntacyo mfite, gereza nyigeramo da.”

Umunyamakuru ahita amubaza ati “uzira iki? Cyangwa hari ibindi byaha mwari mufite?” Asubiza agira ati “nta cyaha yewe n’abaturage barabizi ko nta cyaha njyewe ngira mu mudugudu.”

Uretse kuba bajyanwa nabi ndetse bakamara amasaha menshi bafungiwe mu biro by’Utugari, aba baturage banavuga ko bakubitwa iz’akabwana bazira kuba batarabasha kwishyura amafaranga baba basabwa ngo hakaba n’ubwo bahita bashyirwaho dosiye zikomeye kugira ngo bavanwe mu biro by’Utugari bajyanwe kuri sitasiyo za polisi.

Undi ati “Turakubitwa inkoni tukazirya tukabura uko tubigenza ariko waba ubwiye nka Gitifu w’Akagari ngo none uri kumpora iki ahubwo ya staff aba ari kumwe nayo dore ko inaha batubyuka nijoro cyane nka saa cyenda bakagufata bakakuryamisha bakakubyinaguriraho, wagera mu Kagari waba umubwiye uti ‘Gitifu uri kumpora iki?’ ngo ‘mugifate mukijyane kuri RIB’ wagera kuri RIB Gitifu ubwo aba afte telefone yagufotoye yagushyize kuri facebook ngo uri igihazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko bagiye kubikurikirana kuko batari bazi iki kibazo ariko kandi bunaburira abayobozi bashobora kuba bakubita abaturage kubihagarika.

Ati “Nta muyobozi ukubita umuturage ntabwo byemewe niba kinahari ababa babikora ni amakosa, umuturage kwishyura mitweri ni ukumwigisha akamenya akamaro ka mitweri, akamenya akamaro ka Ejo Heza, yamara kwigishwa akumva nibwo yishyura kandi n’umutima mwiza.”

Uyu muyobozi aboneraho ariko gukangurira n’abaturage kujya bakurikiza gahunda za Leta kuko ari bo ziba zifitiye akamaro, akavuga ko hari abazigendamo gacye.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 3

  1. Theodore says:
    3 years ago

    Bwana mayor, nibyo rwose umuturage umweretse icyiza ntiyakwanga kukiyoboka kuko abanyarwanda ni beza kandi barumvira. Uwo ukubita abaturage rero ejo ngo twumve ko ariwe wesheje imihigo; Sibyo!

    Reply
  2. Jérôme says:
    3 years ago

    Uwagira ngo abayobozi bose bajye bakunda abaturage nk’uko nyakubahwa Président wacu adukunda,nta muturage wajya agira icyo atangariza abanyamakuru kuko amahoro yaba ahinda.Gukubita umuturage🤔😩

    Reply
  3. Th says:
    3 years ago

    Ntabwo bikwiye gukubita umuturage byakuwe mumuco wabanyarwa keraaaaa uwo ukubita abantu rero abibazwe !!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.