Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Busasamana na Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakubitwa n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari cyangwa bagafungirwa mu Biro by’Utugari iyo hari gahunda za Leta batabashije gukurikiza uko bikwiye, nko kwishyura imisanzu ya Mutuelle de sante.

Umuturage utuye mu Mudugudu wa Mubona mu Kagari ka Gihonga mu Murenge wa Busasamana, avuga ingorane yahuye na zo agafungwa azira amafaranga ibihumbi 3 000 Frw ya mitweri yari asigayemo nyuma yo kwishyura ibihumbi 15 Frw.

Ati “Ntanga ibihumbi 18, nari natanze 15, ibihumbi 3 rero nibwo icyo gice bashakaga kugira ngo bacyishyuze basanga ntacyo mfite, gereza nyigeramo da.”

Umunyamakuru ahita amubaza ati “uzira iki? Cyangwa hari ibindi byaha mwari mufite?” Asubiza agira ati “nta cyaha yewe n’abaturage barabizi ko nta cyaha njyewe ngira mu mudugudu.”

Uretse kuba bajyanwa nabi ndetse bakamara amasaha menshi bafungiwe mu biro by’Utugari, aba baturage banavuga ko bakubitwa iz’akabwana bazira kuba batarabasha kwishyura amafaranga baba basabwa ngo hakaba n’ubwo bahita bashyirwaho dosiye zikomeye kugira ngo bavanwe mu biro by’Utugari bajyanwe kuri sitasiyo za polisi.

Undi ati “Turakubitwa inkoni tukazirya tukabura uko tubigenza ariko waba ubwiye nka Gitifu w’Akagari ngo none uri kumpora iki ahubwo ya staff aba ari kumwe nayo dore ko inaha batubyuka nijoro cyane nka saa cyenda bakagufata bakakuryamisha bakakubyinaguriraho, wagera mu Kagari waba umubwiye uti ‘Gitifu uri kumpora iki?’ ngo ‘mugifate mukijyane kuri RIB’ wagera kuri RIB Gitifu ubwo aba afte telefone yagufotoye yagushyize kuri facebook ngo uri igihazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko bagiye kubikurikirana kuko batari bazi iki kibazo ariko kandi bunaburira abayobozi bashobora kuba bakubita abaturage kubihagarika.

Ati “Nta muyobozi ukubita umuturage ntabwo byemewe niba kinahari ababa babikora ni amakosa, umuturage kwishyura mitweri ni ukumwigisha akamenya akamaro ka mitweri, akamenya akamaro ka Ejo Heza, yamara kwigishwa akumva nibwo yishyura kandi n’umutima mwiza.”

Uyu muyobozi aboneraho ariko gukangurira n’abaturage kujya bakurikiza gahunda za Leta kuko ari bo ziba zifitiye akamaro, akavuga ko hari abazigendamo gacye.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 3

  1. Theodore says:
    3 years ago

    Bwana mayor, nibyo rwose umuturage umweretse icyiza ntiyakwanga kukiyoboka kuko abanyarwanda ni beza kandi barumvira. Uwo ukubita abaturage rero ejo ngo twumve ko ariwe wesheje imihigo; Sibyo!

    Reply
  2. Jérôme says:
    3 years ago

    Uwagira ngo abayobozi bose bajye bakunda abaturage nk’uko nyakubahwa Président wacu adukunda,nta muturage wajya agira icyo atangariza abanyamakuru kuko amahoro yaba ahinda.Gukubita umuturage🤔😩

    Reply
  3. Th says:
    3 years ago

    Ntabwo bikwiye gukubita umuturage byakuwe mumuco wabanyarwa keraaaaa uwo ukubita abantu rero abibazwe !!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Kigali: Hamenyakanye amakuru mashya y’uwagaragaye asambanira mu ruhame n’icyakurikiyeho

Next Post

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.