Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

radiotv10by radiotv10
24/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku mbuto n’ifumbire, n’ubundi bakibigura ku giciro kiri hejuru ku buryo basanga bakorera mu bihombo.

Aba baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko bishimira inkunga Leta ibagenera izwi nka “Nkunganire” kugira ngo bateze imbere ubuhinzi bwabo, gusa ngo iyo basuzumye umusaruro n’amafaranga bashoye mu buhinzi, akenshi basanga bakorera mu bihombo, nk’uko abo twasanze mu tugari twa Karambo na Nkomane babisobanura.

Tuzabana Noel ati “Inyongeramusaruro zarazamutse cyane. Dore ubu ikilo cy’ifumbire ni 1,000 Frw, icy’imbuto ni 1,200 Frw, ariko ugahinga wajya gusarura ugasanga wahombye, iterambere rikabura. Mperutse gushora ibihumbi 300 Frw, ngiye gusarura nkuramo 100 Frw.”

Niyimfasha Jean Bosco ati “Urumva gufata ifumbire iri ku 1,000 Frw, ukongeramo imiti, usanga abahinzi duhomba cyane. Kugura imbuto ku 1,200 Frw ugasarura ukagurisha kuri 400 cyangwa 500 Frw, usanga harimo ikinyuranyo kinini cyane, mbese ibihombo ni byinshi.”

Ibyo bihombo bagaragaza ko bituruka ku mbuto n’ifumbire kimwe n’imiti bakoresha mu buhinzi bwabo bihenze, bagasaba ko byakongerwamo indi nyunganizi kugira ngo babashe kubyigondera.

Tuzabana Noel ati “Nubwo harimo nkunganire, igiciro kiracyari hejuru. Icyifuzo ni uko bayongera igiciro kikagabanukaho kurushaho.”

Niyimfasha Jean Bosco ati “Imbogamizi dufite ni ifumbire n’imiti nka Dithane. Nubwo bagabanyijeho ku giciro, iyo byarushaho kudufasha byaba ari byiza.”

Icyakora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi (RAB), Ishami rya Tamira, kigaragaza ko nkunganire ishyirwaho mu buryo bwasuzumwe neza, ariko ngo ikavangirwa na bamwe mu bacuruzi baba bashaka kunama ku bahinzi bigatuma bagura ku biciro birenze ibyo bererwa na Leta. Uretse ibyo, ngo ntibazabagwa amahoro kuko ubugenzuzi bukorwa bihoraho. Bwana Rwakayanga Léandre, uyobora RAB Station ya Tamira, arabisobanura.

Rwakayanga Léandre ati “Hari aho usanga abacuruzi bacuruza mu gitondo kare cyangwa nimugoroba kugeza saa mbiri z’ijoro, ugasanga NPK yagombaga kugurishwa umuturage kuri 808 Frw akayimugurisha 1,000 Frw cyangwa 1,369 Frw hatarimo nkunganire ya Leta. Hari n’abahinzi banze kujya muri sisitemu, wenda kubera ko bafite amafaranga make, bityo bagashaka kugura ifumbire bakayigurishwa 100% kandi ibyo ntibyemewe kuko bifatwa nka forode. Ni yo mpamvu natwe duhora dukora ubugenzuzi, tukabaza umuhinzi niba abona serivisi nk’uko bikwiye. Iyo aduhaye amakuru ko hari uwamuhaye serivisi mbi cyangwa akamuhenda, turabikurikirana.”

Ubusanzwe ibiciro biriho nkunganire ku ifumbire ikoreshwa cyane n’abahinzi bo mu Karere ka Rubavu bigaragaza ko umuhinzi ayishyura ku mafaranga y’u Rwanda 808 Frw kuri NPK (17:17:17), 810 Frw kuri Urea na 932 Frw ku ifumbire ya DAP.

Aba baturage bavuga ko iyo bahingishije ifumbire babona umusaruro ufatika
Bakajyana ku isoko bakunguka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + four =

Previous Post

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Next Post

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.