Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

radiotv10by radiotv10
22/07/2021
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Rubavu baravuga ko babangamiwe bikomeye n’istinda ry’insore sore ziyise abuzukuru ba shitani kuko ngo muri iyi minsi bakajije umurego mukwiba no kwambura abaturage kumanywa y’ihangu.

Aba baturage  baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV1O batuye mu isantere ya kabiza mu kagari ka Rubona bari bafatiye mu cyuho umwe mu basore bagize itsinda ry’abajura biyise abuzukuru ba shitani baravuga ko yibye inkoko esheshatu ariko bamusanganye amatotoro y’inkoko yonyine mu gikapu yazitwayemo.

Umwe muri aba baturage yagize ati”Uyu muntu yaje saa saba na mirongo ine z’ijoro araza arapfumura, atwara inkoko esheshatu. Izo nkoko turashakisha turaheba”

Si rimwe si kabiri iki kibazo cy’abuzukuru ba shitani cyumvikana muri aka karere ka Rubavu. Gusa kuri iyi nshuro abatuye umujyi wa Rubavu bavuga ko muri iyi minsi y’icyorezo cya COVID-19 iki kibazo cyageze ku yindi ntera kuko ngo ibikorwa by’urugomo n’ubujura n’ubwambuzi bukorwa n’uru rubyiruko byiyongereye kuko ngo bigeze no ku rwego rwo gupfumura amazu bagasanga abantu mu nzu.

Hakizimana Jean Paul n’abaturanyi be bavuga ko  abazukuru ba shitani baherutse kubasanga mu nzu abandi babategera mu nzira barabambura.

“Ejo bundi baherutse kuza bica idirishya hariya inyuma, ibintu byose babimaramo, hari na mugenzi wanjye bibye, babirukanseho bari bahitanye urujyi rw’iwanjye”

Aba baturage bavuga ko bishyura amafaranga y’umutekano ariko ngo nta munyerondo n’umwe bari babona mu mudugudu wabo, bakaba ariho bashingira bavuga ko iki kibazo gituruka k’uburangare bw’inzego z’ibanze.

Mu buryo bw’ibanga rikomeye twashatse kumenya uruhare rw’ubuyobozi mukuba iki kibazo cy’abuzukuru bashitani kidacika bityo twegera abakora irondo ry’umwuga nabo ikibazo bacyegeka ku nzego zibanze kuko ngo nk’ubu bamaze amezi atatu badahembwa bituma batakwitabira akazi batabonye icyo bashyira mu nda.

Umwe muri abo yagize ati “Ni amezi atatu ashize tudahembwa, utariye ntabwo wabasha gukora ni ukubura uko umuntu agira”

Ishimwe Pacifice umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere avuga ko Abuzukuru ba shitani batananiye akarere gusa ngo imikwabu yo kubahiga muri ibi bihe bya COVID-19 itakozwe uko bikwiye.

“Barafatwa ariko na none icyo dukora ni ukubajyana mu bigo ngororamuco,muri iki gihe rero cya covid ntabwo birigukoreshwa cyane ni ukubagororera muri kominote (Communaute) barimo”

Bimwe mubikorwa aba buzukuru ba shitani bakora harimo ubwambuzi ,gucukura amazu no gutega abantu bakabakubita.ikibazo cyabo bivugwa ko  kimaze gufata indi ntera abatuye akarere ka Rubavu bavuga ko ubwiyongere bwacyo bwatewe nuko umubare w’urubyiruko rwajyaga gushakishiriza amaronko muri Kongo Kinshasa wagabanutse kubera ibi bihe bya GUMA MU RUGO.

Inkuru ya Dabton Gasigwa/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 15 =

Previous Post

Habimana Jean Eric umenyerewe mu mukino wo gusiganwa ku magare yinjiye mu muziki asohora indirimbo

Next Post

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.