Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA, UMUTEKANO
0
Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara abagenzi yaturukaga i Mahoko yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, yahagaritswe na Polisi ngo iyisake kuko yari imaze kwakira amakuru ko harimo urumogi, umwe mu bagenzi bari bayirimo ahita ayivamo ariruka, hafatirwamo ibilo 16 by’urumogi n’abantu batatu bakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa.

Aba bantu batatu ndetse n’uru rumogi, byafashwe ku ya 19 Ugushyingo 2022, n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) mu karere ka Rubavu.

Abafashwe, harimo ufite imyaka 57, uwa 51 ndetse n’undi w’imyaka 21 y’amavuko, bafatiwe mu Mudugudu wa Nyamwishyura, Akagari ka Nyarushamba, mu Murenge wa Nyakiliba.

Aba bantu batatu bafatiwe mu modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ifite nimero RAE 565 G yari iturutse i Mahoko yerecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo yavuze ko aba bantu bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bavuze ko hari imifuka bikekwa ko irimo ibiyobyabwenge yinjijwe muri iyo modoka itwara abagenzi muri Gare ya Mahoko.

Yagize ati “Twahise dutegura igikorwa cyo kuyifata, dushyira bariyeri mu Kagari ka Nyarushamba, imodoka bari batubwiye ihageze turayihagarika.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe dusaka abagenzi n’imizigo yabo, twaje gusanga inyuma ahagenewe gushyirwa imizigo (Boot) harimo imifuka ipakiyemo urumogi rupima ibilo 16, umwe mu bagenzi akimara kubona ko yatahuwe ahita yirukanka aburirwa irengero.”

CIP Mucyo Rukundo yavuze ko Polisi yahise ifata umushoferi w’iyi modoka, hafatwa uwatanze itike yo kwinjiza uwo muzigo ndetse n’undi wari wahawe akazi ko kwinjiza iyo mifuka irimo urumogi, mu gihe uwavuye mu modoka akiruka akiri gushakishwa.

Abafashwe uko ari batatu bahise bashyikirizwa urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Gisenyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Amashusho ababaje y’abasirikare b’u Burusiya bishwe yateje impagarara kuri Ukraine

Next Post

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.