Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
4
Rubavu: Yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bwamubujije gusakara inkuru igisohoka buhita bumusenyera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aravuga ko ubuyobozi bwamusenyeye inzu nyuma y’uko yiyambaje itangazamakuru ko bwamubujije kuyisaka, inkuru yamara kujya hanze bugahita bujya gushyira hasi iyo nzu bumuziza kuba yabureze.

Uyu muturage witwa Mvuyekure Jean Damascene, yari aherutse kwiyambaza RADIOTV10 ngo imuvuganire ku karengane avuga ko yakorewe n’ubuyobozi bwamubujije gusakara inzu ye yari amaze gusakara ubugiragatatu ariko ubuyobozi bukaza bukayisakambura.

Nyuma y’uko inkuru y’ubuvugizi itambutse mu bitangazamakuru bya RADIOTV10, ubuyobozi bwahise bujya gusenya iyi nzu.

Mvuyekure aganira n’Umunyamakuru yagize ati “Amakuru watanze abayobozi baravuze ngo navugiye kuri radiyo ngo narabareze ngo ni yo mpamvu baje gusenya iyi nzu ngo bitewe nuko nabareze.”

Ni inzu bavuga ko yari imaze imyaka irenga 30 yanabayemo ababyeyi ba Mvuyekure, akaba yari yayisannye.

Uyu muryango wa Mvuyekure uvuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero yazanye n’ushinzwe imiturere ndetse n’abapolisi babiri na DASSO umwe bagahita basenya iyi nzu.

Kuva icyo gihe uyu muryango uba mu itongo, uvuga ko wababajwe n’aka karengane ko gusenyerwa iyi nzu.

Ubwo iyi nzu yasenywaga n’ubuyobozi, byarakaje abaturanyi b’uyu muryango bashaka kurwanya inzego bazitera amabuye ariko na bo ntibyabahira kuko bakubiswe inkoni nyinshi.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Icyatumye batera amabuye, ni agahinda k’abana be n’ukuntu na we ubwe ahagaze.”

Umwe muturage avuga ko batumva uburyo ubuyobozi bwasenye iyi nzu y’umuturanyi wabo kuko yayisakaye bureba.

Ati “Twatangajwe no kubona umusaza bamusenyeye kandi ntahandi hantu afite ho kuba.”

Undi muturage yagize ati “Ni igikomere kiri ku mutima kuko niba ari kuryama niba ari guteka nta n’uwabimenya kuko ari kurara ahagaze.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ndetse ajya ku biro by’umukozi ushinzwe itangamazamakuru mu Karere wari wamwizeje ko aza kumuhuza n’Umuyobozi w’Akarere ariko akahamara amasaha atatu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Murenzi Augustin aheruka kubwira RADIOTV10 ko uyu muturage bamusabye gushaka aho acumbika ubundi akazabanza agashaka ibyangombwa byo kubaka kuko aha ashaka kubaka ari mu mujyi.

Yagize ati “Twamugiriye inama kenshi ariko ikigaragara uyu muturage arashaka kwigomeka, arimo arubaka ku mbaraga.”

Mvuyekure uvuga ko ubwo yasenyerwaga n’ubuyobozi ntakintu yaramuye mu nzu kuko ibikoresho byose byarimo byangiritse, akavuga ko adateze kuva aha yabujijwe kubaka kuko ngo ari kuri gakondo ye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Cyriaque says:
    4 years ago

    Nyabuneka, nyabuna bayobozi mujye mubitekerezaho neza mbere yo gufata icyemezo. Ibigaragara hari aho mushyira mu bikorwa gahunda sa Le ta musizemo ingufu z’umurengera. Kubuza umuturage gusakara insu waremeyeko izamurwa ikagera aho isakarwa uba wirengagije KO waba wararangaye, bityo wakamuhannye we NK’uwarenze lu mabwiriza ariko ntukore igikorwa kimeze nko guhima uluryangowe harimo n’abana n’umugore. Ibyo bisiga ingaruka zitari nziza kuribo n’ababibonye mwakoze ibintu NK’ibi. Rose mwikosore tukomeze tugire igihugu cy’amahoro n’umutekano aho umuturage akomeza kwishimira ibimukorerwa kandi nawe agizemo uruhare. Wibukeko ejo nawe hari itegeko ryakuryoza ibyo wahutaje uhagaze mu nshingano ukazikoresha nabi. Baturage natwe tujye twitabira inama zitegura ibikorwa bya gahunda sa Leta ziteganijwe, mubaze aho mutumva musobanuze, musobanukirwe hakiri kare. Byose bituruka kuba mutazi ibijya mbere kuko mutanamenye igihe byavugiwe. Twese duhararire gusigasira ibyagezweho, twimakaza uburenganzira n’ubutabera juri buri wese.

    Reply
  2. Pegasus Spark says:
    4 years ago

    Itangazamakuru narisabaga ko ryajya ryitodera inkuru nk’izi, rikirinda kubogama, rikababza kureba kuri gahunda ya politike y’igihugu, rikirinda amarangamutina. Impamvu mpereye kuri bino, nuko naryo rimaze iminsi rishyirwa mumajwi ko rihabwa “Akantu” kugirango ribashe gutambukiriza ikuru kanaka. Kubera ko uwo munyamakuru aba yahawe akantu, akazana amaranga-mutima mumwanya w’ahari kujya PROFESIYONALIZIME”!

    Hakagombye kwibazwa imiterere ya gahunda ya Leta yo kubaka no kuvugurura imijyi mu Rwanda uko iteye.
    Hakibazwa nanone niba abaturage bazi iyo gahunda nshya y’imyubakire uko iteye.
    Hakibazwa niba iyo gahunda hari icyo uteganya iyo umuturage ateganywa kubanza kubahiriza iyo yifuza kuvugurura, gusana cg kubaka inzu ye, ese abigenza gute cg abinyuza muyihe nzira?

    Ibyo byose iyo umaze kubyibaza, uhita ureba niba umuturage yaranyuze munzira zemewe , yarubahirije amabwiriza y’ibisabwa ajya gusana.
    Byakabaye ari byiza itangazamakuru rigiye rifasa abaturage kumva gahunda za Leta bakanazikurikiza.

    Kugirango umujyi urusheho gusa neza, ni uko abaturage bifuza kubaka, abasana cg abavugurura bagomba kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi aho kiri.

    Uko nsanzwe nzi neza, akarere ka Rubavu, mubijyanye n’imyubakire, abaturage baho bakunze kugira umuco wo kwigomeka kunzego z’ubuyobozi, bagakora ibyo bishakiye, bakubaka mukajagari.

    Ubuyobozi bw’akarere n’umurenge butabaye kali (serious), umujyi wakomeza kuba uwakajagari!

    Icyo nsozerezaho, ni uko kubyerekeranye n’inyubako, BIRANGWAMO RUSWA NYINSHI CYANE, cyane cyane munzego z’ibanze (kurwego rw’Isibo, Umudugudu, Akagali, rimwe na rimwe n’urw’umurenge)!
    Murakoze

    Reply
  3. Joanna Riggs says:
    7 months ago

    Hi,

    I just visited radiotv10.rw and wondered if you’ve ever considered an impactful video to advertise your business? Our videos can generate impressive results on both your website and across social media.

    Our prices start from just $195 (USD).

    Let me know if you’re interested in seeing samples of our previous work.

    Regards,
    Joanna

    Reply
  4. Joanna Riggs says:
    6 months ago

    Hi,

    I just visited radiotv10.rw and wondered if you’ve ever considered an impactful video to advertise your business? Our videos can generate impressive results on both your website and across social media.

    Our videos cost just $195 for a 30 second video ($239 for 60 seconds) and include a full script, voice-over and video.

    I can show you some previous videos we’ve done if you want me to send some over. Let me know if you’re interested in seeing samples of our previous work.

    Regards,
    Joanna

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 14 =

Previous Post

DRC: M23 ivugwaho kwigaruira ibice bimwe yagabye ikindi gitero kuri FARDC

Next Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.