Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ruhango: Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba

radiotv10by radiotv10
06/07/2021
in Uncategorized
0
Ruhango: Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu murenge wa Mbuye wo mu karere ka Muhanga babwiye RadioTV10 ko kubera kubura amazi meza bajya bavoma ibiziba.

Abaturage bo muri uyu murenge bemeye kuganira na RadioTV10 bahamya ko bakoresha amazi mabi kubera ko nta bundi buryo bafite butuma babona amazi meza.

Mukama Celestin yagize ati” Amazi yacu dore yarapfuye, nko ku mureko kugira ngo injerekani yuzure hari igihe umuntu amara nk’amasaha abiri, hari n’abazinduka bakavoma ibi biziba kandi amajerekani arahari nawe urabibona.”

Image

Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba

Nshimiyimana we avuga ko hari n’ubwo ayo bita meza yo kunywa bavoma ku mureko abana baba bayaneyemo kuko aturuka mu bihuru.

Aba baturage bavuga ibi bimaze igihe bakifuza ko bafashwa  amariba yabo akongera gukorwa.

Kuri iki kibazo Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Habarurema Valens yabwiye RadioTV10 ko ibyo bigiye guhita bikurikiranwa.

Twabajije Ntakirende Jean Marie umuyobozi wa gahunda mu munshinga “Living Water International” usanzwe utanga amavomo azwi nk’amapombero ku kibazo cyihariye cy’amapombero yo mu bice bya Kinazi, Mbuye na Ntongwe apfa akamara igihe atarakorwa adusubiza ko amariba yose yo muri Mbuye, Ntongwe na Kinazi bayahaye umushoramari uzajya ayasana ndetse hakazanabaho no kwigisha abaturage kuba bakwisanira iriba ryapfuyeho ibtagoranye cyane.

Image

Amavomero yatangiye kwangirika kuko nta mazi akibamo

Ku mapombero ahora apfa kandi, Ntakirende Jean Marie avuga ko hari n’umushinga bari gutekereza wo kuyavugurura aho kugira ngo abaturage bavome babanje gupomba amazi akajya azamurwa na Moteri hifashishijwe imirasire y’izuba ahatari amashanyarazi, aho byibuza buri Vomo risanzwe ryubatse byasaba miliyoni 5rwfs ahatari amashanyarazi, na miliyoni 3 ahari umuriro w’amashanyarazi kugira ngo ritangire rikoreshe ubwo buryo bushya.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Mbuye muri Ruhango bari kuvoma ibiziba

Ubwo twasoza gukora iyi nkuru hari amakuru twamenye y’uko abaturage bo muri Vunga twaganiriye bataka ikibazo cy’amazi ubu bamaze kubona amazi kuko rimwe mu mapombero bahawe ryamaze gukorwa ndetse n’amazi ya Robine asanzwe Atari akiza akaba yongeye kubageraho.

Inkuru ya: SINDIHEBA Yussuf/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nineteen =

Previous Post

Ifoto y’umuhanzikazi Ariel Wayz yateje yarondogoje benshi ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.