• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ruhango: Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba

radiotv10by radiotv10
06/07/2021
in Uncategorized
0
Ruhango: Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu murenge wa Mbuye wo mu karere ka Muhanga babwiye RadioTV10 ko kubera kubura amazi meza bajya bavoma ibiziba.

Abaturage bo muri uyu murenge bemeye kuganira na RadioTV10 bahamya ko bakoresha amazi mabi kubera ko nta bundi buryo bafite butuma babona amazi meza.

Mukama Celestin yagize ati” Amazi yacu dore yarapfuye, nko ku mureko kugira ngo injerekani yuzure hari igihe umuntu amara nk’amasaha abiri, hari n’abazinduka bakavoma ibi biziba kandi amajerekani arahari nawe urabibona.”

Image

Abo mu murenge wa Mbuye babuze amazi meza bashoka ibiziba

Nshimiyimana we avuga ko hari n’ubwo ayo bita meza yo kunywa bavoma ku mureko abana baba bayaneyemo kuko aturuka mu bihuru.

Aba baturage bavuga ibi bimaze igihe bakifuza ko bafashwa  amariba yabo akongera gukorwa.

Kuri iki kibazo Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Habarurema Valens yabwiye RadioTV10 ko ibyo bigiye guhita bikurikiranwa.

Twabajije Ntakirende Jean Marie umuyobozi wa gahunda mu munshinga “Living Water International” usanzwe utanga amavomo azwi nk’amapombero ku kibazo cyihariye cy’amapombero yo mu bice bya Kinazi, Mbuye na Ntongwe apfa akamara igihe atarakorwa adusubiza ko amariba yose yo muri Mbuye, Ntongwe na Kinazi bayahaye umushoramari uzajya ayasana ndetse hakazanabaho no kwigisha abaturage kuba bakwisanira iriba ryapfuyeho ibtagoranye cyane.

Image

Amavomero yatangiye kwangirika kuko nta mazi akibamo

Ku mapombero ahora apfa kandi, Ntakirende Jean Marie avuga ko hari n’umushinga bari gutekereza wo kuyavugurura aho kugira ngo abaturage bavome babanje gupomba amazi akajya azamurwa na Moteri hifashishijwe imirasire y’izuba ahatari amashanyarazi, aho byibuza buri Vomo risanzwe ryubatse byasaba miliyoni 5rwfs ahatari amashanyarazi, na miliyoni 3 ahari umuriro w’amashanyarazi kugira ngo ritangire rikoreshe ubwo buryo bushya.

Image

Abaturage bo mu murenge wa Mbuye muri Ruhango bari kuvoma ibiziba

Ubwo twasoza gukora iyi nkuru hari amakuru twamenye y’uko abaturage bo muri Vunga twaganiriye bataka ikibazo cy’amazi ubu bamaze kubona amazi kuko rimwe mu mapombero bahawe ryamaze gukorwa ndetse n’amazi ya Robine asanzwe Atari akiza akaba yongeye kubageraho.

Inkuru ya: SINDIHEBA Yussuf/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Ifoto y’umuhanzikazi Ariel Wayz yateje yarondogoje benshi ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

EURO 2020: Abataliyani bageze ku mukino wa nyuma basezereye Espagne kuri penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.