Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akurikiranyweho kwica umwana w’imyaka 6 yareraga yari abereye mukase, akamwivugana amukubise isuka mu mutwe, yarangiza akamutaba mu rutoki yahingagamo.

Dosiye y’ikirego kiregwamo uyu mugore w’imyaka 30, yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi kuri uyu wa 04 Mata 2023.

Uyu mugore atuye mu Mudugudu wa Kibeho mu Kagari ka Mahaza mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akekwaho gukora iki cyaha tariki 29 Werurwe 2023.

Amakuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, avuga ko uyu mugore yishe uyu muziranenge w’umwana, kubera amakimbirane yari afitanye n’umugabo we.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yakekaga ko umugabo we amutoteza kubera umubano afitanye na nyina w’uyu mwana wa mucyeba we, yareraga, kamwivugana kugira ngo yihimure.

Kuri iyi tariki akekwaho gukoreraho iki cyaha, uyu mugore yasabye nyakwigendera kujya kumufasha kurera umwana we muto aho yari agiye guhinga, yagerayo akamwivugana.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bageraga mu murima, uyu mugore yahise “amuhondagura isuka mu mutwe yamara kumwica akamutaba mu rutoki, agahungira kwa nyina wabo mu wundi Murenge, ari ho yafatiwe n’inzego zibishinzwe.”

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera icyaha, akavuga ko yabitewe n’umujinya, gusa bwo bukavuga ko yari yarabigambiriye kuko abaturanyi bavuga ko yahoraga abwira nabi umwana bakagira ngo ni ukumuhana bisanzwe bitageza aho kumwica.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twihutirekumva Timothe says:
    3 years ago

    Ubucamanza bukore akazi kabwo nahamwa nicyaha abiganirwe arko sinarinziko abantu bafite iyo myumvire ko bacyibaho rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 11 =

Previous Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.