• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akurikiranyweho kwica umwana w’imyaka 6 yareraga yari abereye mukase, akamwivugana amukubise isuka mu mutwe, yarangiza akamutaba mu rutoki yahingagamo.

Dosiye y’ikirego kiregwamo uyu mugore w’imyaka 30, yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi kuri uyu wa 04 Mata 2023.

Uyu mugore atuye mu Mudugudu wa Kibeho mu Kagari ka Mahaza mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akekwaho gukora iki cyaha tariki 29 Werurwe 2023.

Amakuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, avuga ko uyu mugore yishe uyu muziranenge w’umwana, kubera amakimbirane yari afitanye n’umugabo we.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yakekaga ko umugabo we amutoteza kubera umubano afitanye na nyina w’uyu mwana wa mucyeba we, yareraga, kamwivugana kugira ngo yihimure.

Kuri iyi tariki akekwaho gukoreraho iki cyaha, uyu mugore yasabye nyakwigendera kujya kumufasha kurera umwana we muto aho yari agiye guhinga, yagerayo akamwivugana.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bageraga mu murima, uyu mugore yahise “amuhondagura isuka mu mutwe yamara kumwica akamutaba mu rutoki, agahungira kwa nyina wabo mu wundi Murenge, ari ho yafatiwe n’inzego zibishinzwe.”

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera icyaha, akavuga ko yabitewe n’umujinya, gusa bwo bukavuga ko yari yarabigambiriye kuko abaturanyi bavuga ko yahoraga abwira nabi umwana bakagira ngo ni ukumuhana bisanzwe bitageza aho kumwica.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twihutirekumva Timothe says:
    3 years ago

    Ubucamanza bukore akazi kabwo nahamwa nicyaha abiganirwe arko sinarinziko abantu bafite iyo myumvire ko bacyibaho rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 10 =

Previous Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.