Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akurikiranyweho kwica umwana w’imyaka 6 yareraga yari abereye mukase, akamwivugana amukubise isuka mu mutwe, yarangiza akamutaba mu rutoki yahingagamo.

Dosiye y’ikirego kiregwamo uyu mugore w’imyaka 30, yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi kuri uyu wa 04 Mata 2023.

Uyu mugore atuye mu Mudugudu wa Kibeho mu Kagari ka Mahaza mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, akekwaho gukora iki cyaha tariki 29 Werurwe 2023.

Amakuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, avuga ko uyu mugore yishe uyu muziranenge w’umwana, kubera amakimbirane yari afitanye n’umugabo we.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yakekaga ko umugabo we amutoteza kubera umubano afitanye na nyina w’uyu mwana wa mucyeba we, yareraga, kamwivugana kugira ngo yihimure.

Kuri iyi tariki akekwaho gukoreraho iki cyaha, uyu mugore yasabye nyakwigendera kujya kumufasha kurera umwana we muto aho yari agiye guhinga, yagerayo akamwivugana.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bageraga mu murima, uyu mugore yahise “amuhondagura isuka mu mutwe yamara kumwica akamutaba mu rutoki, agahungira kwa nyina wabo mu wundi Murenge, ari ho yafatiwe n’inzego zibishinzwe.”

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera icyaha, akavuga ko yabitewe n’umujinya, gusa bwo bukavuga ko yari yarabigambiriye kuko abaturanyi bavuga ko yahoraga abwira nabi umwana bakagira ngo ni ukumuhana bisanzwe bitageza aho kumwica.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twihutirekumva Timothe says:
    3 years ago

    Ubucamanza bukore akazi kabwo nahamwa nicyaha abiganirwe arko sinarinziko abantu bafite iyo myumvire ko bacyibaho rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − nine =

Previous Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.