Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, Perezida Paul Kagame yagabiye bagenzi be babiri, bagendereye u Rwanda, abaha Inka z’Inyambo, nk’ikimenyetso gishimangira ubucuti bwabo ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora. Twibukiranye ibisobanuro byo kugabirana Inka mu Muco Nyarwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2023, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yatembereje Perezida wa Congo Brazzaville, Denis Sassou Nguesso wari uri mu ruzinduko mu Rwanda, mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’inyambo.

Nyuma y’icyumweru kimwe gusa, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Kagame yakiriye mu rwuri rwe mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, na we amugabira Inka z’Inyambo.

Ibi byashimangiye ubucuti bwihariye busanzwe buri hagati ya Perezida Paul Kagame n’aba bagenzi be, ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora, bisanzwe binafitanye umubano n’imikoranire bishinze imizi.

Kugabira Inka umuntu, ni kimwe mu bifite ibisobanuro by’ubucuti n’urukundo bihebuje mu muco Nyarwanda, aho kuva hambere, umuntu yagabiraga undi Inka, nk’impano y’agaciro karusha ibindi byose mu buzima.

‘Yampaye Inka Kanaka’

Hambere, mu muco Nyarwanda, Inka yasobanuraga ubukire, icyubahiro n’igitinyiro mu muryango, aho uwabaga ayifite yagaragaraga nk’uwifite kandi udashobora kugira ikimuhungabanya mu bukungu.

Ibi byatumaga iyo umuntu yishimiraga undi cyangwa yumva amufitiye urukundo rwinshi, ntakindi yamuha atari ukumuha Inka.

Iyo umuntu yagabiraga undi inka, yabaga abaye umuvandimwe, bikaba igihango cy’ubucuti budasubira inyuma kandi buzira icyasha n’uburyarya.

Uwakugabiye Inka, waramwirahiraga, ku buryo wajyaga kumva ukumva umuntu agize ati “Yampaye inka kanaka”. Nyusi na Nguesso, ubu bagakwiye kuba birahira Perezida Paul Kagame, bagira bati “Yampaye Inka Kagame.”

Umuhanga mu by’Umuco, Rutangarwamaboko agaragaza igisobanuro cyo kugabirana, yagize ati “Guhana inka ni ikimenyetso cy’umubano, ni igihango gikomeye mu Banyarwanda, kuko niba umuntu aguhaye Inka ni uko afite icyo agushima, aba agukunze, ashaka ko mukomeza mukaba umwe.”

Yakomeje agira ati “Ni igihango abantu baba bahanye cyo kuba umwe atari ku isano y’amaraso gusa, ahubwo cyane cyane ku isano y’umubano.”

Perezida Paul Kagame kandi mu bandi yagabiye mu bihe bya vuba bikamenyekana, ni General Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatangije gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ yo gufasha Abanyarwanda korora no korozanya Inka, yatumye Abanyarwanda benshi batunga Inka, bakabasha kunywa amata no kubona ifumbire bakoresha mu buhinzi bwabo.

Ni gahunda ishimwa bitagira urugero, aho bose mu bagezweho na yo, birahira Umukuru w’u Rwanda wayitangije, kuko yaciye imirire mibi mu miryango, ikanazamura umusaruro w’ubuhinzi bwabo.

Perezida Kagame yabanje kwakira Nguesso mu rwuri
Yamugabiye Inka z’Inyambo

Nyuma y’icyumweru kimwe yakiriye Nyusi
Na we yamugabiye Inka z’Inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Next Post

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.