Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wari umucungamari w’akabari kamwe ko mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, arashinja uwari umukoresha we kumwambura umushahara w’amezi 11 ungana na miliyoni 1 Frw akanamwirukana, ngo kuko yamusabye ko baryamana akabyanga.

Uyu mukobwa witwa Vanessa, avuga ko yari yarasabye umukoresha we kujya amubikira amafaranga kugira ngo azayamuhe yaragwiriye bityo na we azabashe kugira icyo yikorera.

Ngo yakoreraga uwitwa Jean Marie bivugwa ko ari muramu we, ari umucungamari w’akabari ke n’amacumbi ari mu mujyi wa Kamembe, aho yaje kugera mu mezi 11 atarahembwa.

Avuga ko mu bihe bitandukanye yagiye amusaba ko baryamana, undi akabitera utwatsi, akavuga ko ari yo mpamvu yaje kumwirukana akaba ari no kumurushya yanga kumuhemba.

Agira ati “Andimo miliyoni imwe n’ibihumbi mirongo icyenda na bine (1 094 000 Frw). Ikibazo twagiranye ni uko namukoreraga ariko agashaka kunkoresha imibonano mpuzabitsina ntabishaka, abo twakoranaga yarabahembye, njyewe anyima amafaranga yanjye kubera ko nanze ibyo yansabaga.”

Musabyimana Eric wakoze muri aka kabari yabwiye RADIOTV10 ko sebuja yarebaga nabi umuntu wese wageragezaga kuvugisha uyu mukobwa mu buryo bwo kumufuhira, ku buryo abakozi babonaga ko sebuja yamukundaga.

Ati “Kuko natwe twakoranaga na we iyo washakaga kumwegera bosi yakurebega nabi cyane, uwazaga gukoramo bamubwiraga ko atagomba kumwegera.”

Jean Marie, nyiri aka kabari uvugwaho kuba yaba yaranze guhemba umukozi ndetse akamwirukana kubera kwanga ko bakorana imibonano mpuzabitsina, yabihakanye yivuye inyuma.

Naho ku kuba ataramuhemba, avuga ko bakiri mu mibare y’ibyo bagomba kubara kugira ngo abone uko amwishyura amafaranga amurimo.

Ati “abakozi barenga 80 baciye mu kazi kanjye ntabwo Vanessa ari we nakwamura amafaranga ye. Ahubwo hari imibare tutarakorana nzazana umukontabure wanjye amukorere odite mbone kumuhemba. Ibyo kuryamana ntabwo mbizi, azazane ibimenyetso byayo. Uko ni ukumparabika.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko iki kibazo cyo kwamburwa yakigejejweho ndetse agahamagara uyu mukoresha akamubwira ko azahemba umukozi nyuma yo gukora imibare,

Uyu muyobozi avuga ko niba haranabayemo kumusaba ko baryamana, yamugira inama yo kwiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + nine =

Previous Post

Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Next Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.