Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’umukoresha n’umushinja kumwambura 1.000.000Frw ngo yitwaje ko yanze ko baryamana
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wari umucungamari w’akabari kamwe ko mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, arashinja uwari umukoresha we kumwambura umushahara w’amezi 11 ungana na miliyoni 1 Frw akanamwirukana, ngo kuko yamusabye ko baryamana akabyanga.

Uyu mukobwa witwa Vanessa, avuga ko yari yarasabye umukoresha we kujya amubikira amafaranga kugira ngo azayamuhe yaragwiriye bityo na we azabashe kugira icyo yikorera.

Ngo yakoreraga uwitwa Jean Marie bivugwa ko ari muramu we, ari umucungamari w’akabari ke n’amacumbi ari mu mujyi wa Kamembe, aho yaje kugera mu mezi 11 atarahembwa.

Avuga ko mu bihe bitandukanye yagiye amusaba ko baryamana, undi akabitera utwatsi, akavuga ko ari yo mpamvu yaje kumwirukana akaba ari no kumurushya yanga kumuhemba.

Agira ati “Andimo miliyoni imwe n’ibihumbi mirongo icyenda na bine (1 094 000 Frw). Ikibazo twagiranye ni uko namukoreraga ariko agashaka kunkoresha imibonano mpuzabitsina ntabishaka, abo twakoranaga yarabahembye, njyewe anyima amafaranga yanjye kubera ko nanze ibyo yansabaga.”

Musabyimana Eric wakoze muri aka kabari yabwiye RADIOTV10 ko sebuja yarebaga nabi umuntu wese wageragezaga kuvugisha uyu mukobwa mu buryo bwo kumufuhira, ku buryo abakozi babonaga ko sebuja yamukundaga.

Ati “Kuko natwe twakoranaga na we iyo washakaga kumwegera bosi yakurebega nabi cyane, uwazaga gukoramo bamubwiraga ko atagomba kumwegera.”

Jean Marie, nyiri aka kabari uvugwaho kuba yaba yaranze guhemba umukozi ndetse akamwirukana kubera kwanga ko bakorana imibonano mpuzabitsina, yabihakanye yivuye inyuma.

Naho ku kuba ataramuhemba, avuga ko bakiri mu mibare y’ibyo bagomba kubara kugira ngo abone uko amwishyura amafaranga amurimo.

Ati “abakozi barenga 80 baciye mu kazi kanjye ntabwo Vanessa ari we nakwamura amafaranga ye. Ahubwo hari imibare tutarakorana nzazana umukontabure wanjye amukorere odite mbone kumuhemba. Ibyo kuryamana ntabwo mbizi, azazane ibimenyetso byayo. Uko ni ukumparabika.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko iki kibazo cyo kwamburwa yakigejejweho ndetse agahamagara uyu mukoresha akamubwira ko azahemba umukozi nyuma yo gukora imibare,

Uyu muyobozi avuga ko niba haranabayemo kumusaba ko baryamana, yamugira inama yo kwiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Next Post

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Ku giciro cyo hasi mu gutwara abagenzi hajemo imodoka z’amashanyarazi zihagazeho mu kuzigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.