Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte [Sankara] bari barahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba bagakatirwa ibihano birimo igifungo cy’imyaka 25, barafungurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ni amakuru yizewe yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, avuga ko aba bagabo bafungurwa uyu munsi.

Rusesabagina Paul agiye kurekurwa nyuma y’imyaka ibiri n’igice akatiwe gufungwa imyaka 25, dore ko icyemezo cy’Urukiko rwamukatiye bwa mbere, cyafashwe n’Urukiko Rukuru tariki 20 Nzeri 2021.

Icyo gihe kandi urugereko rw’Uruukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwari rwakatiye Nsabimana Callixte alias Sankara gufungwa imyaka 20.

Muri uru rubanza, habayeho ubujurire bwatanzwe ku mpande zombi, Ubushinjacyaha bujurira ibihano byagiye bihabwa bamwe mu baregwa barimo na Paul Rusesabagina, mu gihe bamwe mu baregwa na bo bari bajuririye iki cyemezo barimo Nsabimana Callixte wasabaga kugabanyirizwa igihano.

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije urubanza rw’ubujurire, muri mata 2022, rwafashe icyemezo, rugumishaho igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, rugabanyiriza Sankara, rumuhanisha gufungwa imyaka 15.

 

U Rwanda rwababariye n’abari babikwiye ni gute rutababarira Rusesabagina

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yari aherutse kugirana n’Umunyamakuru Steve Clemons, yari yagarutse ku mbabazi zahawe Paul Rusesabagina.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wabajijwe niba hari icyahindutse ku bijyanye no kurekura Rusesabagina kuko u Rwanda rwakunze kuvuga ko rudashobora kugendera ku gitutu ngo rumurekure, yari yavuze hari ibyariho bikorwa ku byakunze gusabwa n’amahanga kuri iki cyifuzo.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yari yagize ati “Nkuko ubizi urebye no mu mateka yacu twahoze dushaka uburyo twajya imbere tugakomeza inzira itugeza ku byiza, hari aho twageze tubabarira n’abatari bakwiye kubabarirwa. Uko ni na ko abantu bagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ibindi, benshi muri bo bagiye bagaruka mu buzima busanzwe. Ntabwo dukunze kubohwa n’amateka yacu.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu cyumweru n’igice gishize, Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hariho hakorwa ibiganiro kugira ngo harebwe inzira zakoreshwa mu guha imbabazi Rusesabagina, bigakorwa nta tegeko cyangwa amahame yishwe.

Umunyamakuru ubwo yasozaga ikiganiro kuri iyi ngingo, yabajije Perezida Paul Kagame ko nihagira igikorwa kuri yo, azamuhamagara akabimumenyesha, Umukuru w’u Rwanda amwizeza ko azabikora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fifteen =

Previous Post

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

Next Post

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.