• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte [Sankara] bari barahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba bagakatirwa ibihano birimo igifungo cy’imyaka 25, barafungurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ni amakuru yizewe yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, avuga ko aba bagabo bafungurwa uyu munsi.

Rusesabagina Paul agiye kurekurwa nyuma y’imyaka ibiri n’igice akatiwe gufungwa imyaka 25, dore ko icyemezo cy’Urukiko rwamukatiye bwa mbere, cyafashwe n’Urukiko Rukuru tariki 20 Nzeri 2021.

Icyo gihe kandi urugereko rw’Uruukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwari rwakatiye Nsabimana Callixte alias Sankara gufungwa imyaka 20.

Muri uru rubanza, habayeho ubujurire bwatanzwe ku mpande zombi, Ubushinjacyaha bujurira ibihano byagiye bihabwa bamwe mu baregwa barimo na Paul Rusesabagina, mu gihe bamwe mu baregwa na bo bari bajuririye iki cyemezo barimo Nsabimana Callixte wasabaga kugabanyirizwa igihano.

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije urubanza rw’ubujurire, muri mata 2022, rwafashe icyemezo, rugumishaho igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, rugabanyiriza Sankara, rumuhanisha gufungwa imyaka 15.

 

U Rwanda rwababariye n’abari babikwiye ni gute rutababarira Rusesabagina

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yari aherutse kugirana n’Umunyamakuru Steve Clemons, yari yagarutse ku mbabazi zahawe Paul Rusesabagina.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wabajijwe niba hari icyahindutse ku bijyanye no kurekura Rusesabagina kuko u Rwanda rwakunze kuvuga ko rudashobora kugendera ku gitutu ngo rumurekure, yari yavuze hari ibyariho bikorwa ku byakunze gusabwa n’amahanga kuri iki cyifuzo.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yari yagize ati “Nkuko ubizi urebye no mu mateka yacu twahoze dushaka uburyo twajya imbere tugakomeza inzira itugeza ku byiza, hari aho twageze tubabarira n’abatari bakwiye kubabarirwa. Uko ni na ko abantu bagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ibindi, benshi muri bo bagiye bagaruka mu buzima busanzwe. Ntabwo dukunze kubohwa n’amateka yacu.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu cyumweru n’igice gishize, Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hariho hakorwa ibiganiro kugira ngo harebwe inzira zakoreshwa mu guha imbabazi Rusesabagina, bigakorwa nta tegeko cyangwa amahame yishwe.

Umunyamakuru ubwo yasozaga ikiganiro kuri iyi ngingo, yabajije Perezida Paul Kagame ko nihagira igikorwa kuri yo, azamuhamagara akabimumenyesha, Umukuru w’u Rwanda amwizeza ko azabikora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 3 =

Previous Post

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

Next Post

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.