Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi bashinjwe n’Umuyobozi w’uyu Mudugudu kwica umwana we bugacya aboneka mu Mujyi wa Kigali bikavugwa ko yari yacitse ababyeyi kubera kutitabwaho, barasaba guhanagurwaho icyasha bari bambitswe.

Uyu mwana wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye, yari yabuze mu masaha y’umugoroba, aho ababyeyi be bakekago ko yiciwe mu gishanga kiri mu Kagari ka Gatsiro ndetse bagahita batangira gushakisha.

Umwe mu bashinjwaga ko bishe uyu mwana, yagize ati “Umugore yahamagaye umugabo amubwira ko umwana yabuze kandi ko ari kumva abantu bari kumukubitira mu gishanga. Bahise batangira gukomanga kuri buri rugo bavuga ko tugomba kubaha umwana wabo kuko ngo twamwishe tukamuhamba mu gishanga.”

Abashinjwaga kwica uyu mwana, bwacyeye bajyanwa kuri Polisi ari na ko bashungerewe n’abantu, bamwe bamaze no kubafata nk’abicanyi, icyakora ubwo bendaga kubazwa ni bwo amakuru yaturutse mu Mujyi wa Kigali ko umwana abonetse Nyabugogo.

Uwitwa Rwemamo Simon ati “Tukihagera Gitifu aravuga ngo mwa ngegera mwe mwishe umwana w’umuntu muke ko bitaza kumenyekana? Abaturage baradushungera bavuga ngo turareba nk’abicanyi koko.”

Mukandekezi Daphrose na we ati “Badukureho uru rubwa banaduhe n’impozamarira yo kugira ngo badushyireho urupfu rw’umuntu narangiza aboneke ari muzima.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Tuwonane, Sindikubwabo Theophile ari na we wari wabuze umwana bigatuma akeka ko yaba yishwe n’abaturanyi, avuga ko yari yabaketse kuko basanzwe bafitanye amakimbirane.

Ati “Ku bw’ibibazo dufitanye cyangwa se by’umwihariko, nabwiye uwitwa Nduwayo ngo uwaba yarankoreye ku mwana umuzane.”

Uyu mwana bivugwa ko yavuye iwabo mu ijoro akajya i Kigali acitse ababyeyi kubera kutamuha ibikoresho bihagije by’ishuri nk’uko bivugwa na bamwe mu baturanyi b’uyu muryango.

Mukamusa Drocela ati “Ntabwo abona ibikoresho by’ishuri nk’ko bikwiye. Umwana wiga muri segonderi kuba twakumvako yigana ikayi imwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe Igabire Joyeux avuga ko yamenye iby’ibura n’iboneka ry’uyu mwana akanenga kuba umuyobozi ashinja abantu urupfu rw’umuntu bataboneye umurambo.

Uyu Muyobozi w’Umudugudu unengwa n’abo ayobora banavuga ko batigeze bamutora, ahubwo ko bamushyiriweho n’ubuyobozi nyuma y’uko uwo bari baritoreye yeguye bikavugwa ko yegujwe n’Umurenge.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 2 =

Previous Post

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

Next Post

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.