Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi bashinjwe n’Umuyobozi w’uyu Mudugudu kwica umwana we bugacya aboneka mu Mujyi wa Kigali bikavugwa ko yari yacitse ababyeyi kubera kutitabwaho, barasaba guhanagurwaho icyasha bari bambitswe.

Uyu mwana wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye, yari yabuze mu masaha y’umugoroba, aho ababyeyi be bakekago ko yiciwe mu gishanga kiri mu Kagari ka Gatsiro ndetse bagahita batangira gushakisha.

Umwe mu bashinjwaga ko bishe uyu mwana, yagize ati “Umugore yahamagaye umugabo amubwira ko umwana yabuze kandi ko ari kumva abantu bari kumukubitira mu gishanga. Bahise batangira gukomanga kuri buri rugo bavuga ko tugomba kubaha umwana wabo kuko ngo twamwishe tukamuhamba mu gishanga.”

Abashinjwaga kwica uyu mwana, bwacyeye bajyanwa kuri Polisi ari na ko bashungerewe n’abantu, bamwe bamaze no kubafata nk’abicanyi, icyakora ubwo bendaga kubazwa ni bwo amakuru yaturutse mu Mujyi wa Kigali ko umwana abonetse Nyabugogo.

Uwitwa Rwemamo Simon ati “Tukihagera Gitifu aravuga ngo mwa ngegera mwe mwishe umwana w’umuntu muke ko bitaza kumenyekana? Abaturage baradushungera bavuga ngo turareba nk’abicanyi koko.”

Mukandekezi Daphrose na we ati “Badukureho uru rubwa banaduhe n’impozamarira yo kugira ngo badushyireho urupfu rw’umuntu narangiza aboneke ari muzima.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Tuwonane, Sindikubwabo Theophile ari na we wari wabuze umwana bigatuma akeka ko yaba yishwe n’abaturanyi, avuga ko yari yabaketse kuko basanzwe bafitanye amakimbirane.

Ati “Ku bw’ibibazo dufitanye cyangwa se by’umwihariko, nabwiye uwitwa Nduwayo ngo uwaba yarankoreye ku mwana umuzane.”

Uyu mwana bivugwa ko yavuye iwabo mu ijoro akajya i Kigali acitse ababyeyi kubera kutamuha ibikoresho bihagije by’ishuri nk’uko bivugwa na bamwe mu baturanyi b’uyu muryango.

Mukamusa Drocela ati “Ntabwo abona ibikoresho by’ishuri nk’ko bikwiye. Umwana wiga muri segonderi kuba twakumvako yigana ikayi imwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe Igabire Joyeux avuga ko yamenye iby’ibura n’iboneka ry’uyu mwana akanenga kuba umuyobozi ashinja abantu urupfu rw’umuntu bataboneye umurambo.

Uyu Muyobozi w’Umudugudu unengwa n’abo ayobora banavuga ko batigeze bamutora, ahubwo ko bamushyiriweho n’ubuyobozi nyuma y’uko uwo bari baritoreye yeguye bikavugwa ko yegujwe n’Umurenge.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + two =

Previous Post

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

Next Post

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo
MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.