Friday, March 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu  buri gukorwa n’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bimukira hamwe n’ambasade y’ubuyapani mu Rwanda, Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo kiri mu kiyaga cya kivu ahabera ingendo zijya cyangwa ziva hakurya muri DRC basabwe kuba maso kugira ngo batisanga bagushijwe mu bikorwa bijyana n’icuruzwa ry’abantu.

Abwira abaturage ba nkombo ko aho batuye byoroshye cyane ko bagushwa mu byaha by’icuruzwa ry’abantu, umuyobozo wa Police mu karere ka Rusizi SSP Gaston Karagire  yababwiye ko imiterere y’ikirwa cyabo ndeste n’imibereho yabo ahanini ishingiye ku gushakishiriza mu mazi bashobora gushiduka bajyanywe mu ruhererekane rw’ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu.

DPC Karagire ati “Abantu benshi bashaka kwambuka bajya muri DRC,Burundi bambukira hano. Akenshi umuntu ubambutsa abakura cangwa abajyana hakurya abari umunyenkombo. Murabizi ko ari uko bimeze hari n’abo dufite hariya. Iyo abajyanye mu by’ukuri ntabwo aba azi aho abajyanye icyo apfa ni uko yishyurwa. Ubwo ntashobora kwinjira mu bucuruzi bw’abantu atabizi?.

Iyo ni imwe mu mpamvu umurenge wa Nkombo washyizwe mu mirenge itanu urwego rw’ubugenzacyaha n’abafatanyabikorwa barwo bamaze icyumweru bigisha abaturage ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndeste no kukirinda kuko ku ruhande rumwe hari abaturage bo kuri iki kirwa bavuga ko batari bazi ko habaho icuruzwa ry’abantu.

Nyirabazungu Valencie wo mu kagari ka Kamagimbo avuga ko ari ubwa mbere y’umvise ko bishoboka ko umuntu yacuruzwa akajyanwa iyo atazi, ariko ko nyuma yo gusobanukirwa ubu bidashobora kumubaho cyangwa ngo bebe ku mwana we.

Agira ati “None ni bwo numvise ko abantu  bacuruzwa, numvise n’ubuhamya bw’uwacurujwe. Tugiye kubwira abana ahubwo birinde abo bantu bashobora kubabeshya ngo bagiye kubaha akazi, kuko tumaze kumenya ko bajya babacuruza”.

Ntirenganya Jean Claude ushinzwe kurwanya ibyaha mu rwego rw’ubugenzacyaha wahaye abaturage bo ku Nkombo  inyigisho ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndetse n’uruhererekane rw’ibikorwa biganisha kuri cyo , yasabye abakorera mu mazi kuba maso kugira ngo badashiduka bakoranye n’abari mu bugizi bwa nabi.

Agira ati “Hakorerwa ingendo nyinshi zitandukanye. Ari abahinjira ari abahasohoka, ari abo bafasha muri izongendo z’amazi kuko bakoresha amazi kenshi, Bashobora rero no guhura n’abari mu bugizi bwa nabi turi ho tuvuga na cyane cyane ko hari ingero zigiye zifatika z’abana bavanwa hano b’abasore ngo bagiye gukora imirimo izabateza imbere mu gihugu cy’abaturanyi rimwe na rimwe batazi ko ari yo mirimo koko bagiye gukoreshwa”.

Urwego rw’ubugenzacyaha rukomeza ruvuga ko ibikorwa byose biganisha ku icuruzwa ry’abantu birimo gutwara umuntu uri kwerekezwa ku gucuruzwa, ku mucumbikira n’ibindi bitandukanye bigize icyaha kandi bihanwa n’amategeko.

Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gucuruza umuntu amwambukije umupaka, gihanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati ya 20 na 25 ndeste n’ihazabu ya miriyoni 20 cyangwa 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 8 =

Previous Post

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Next Post

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Related Posts

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko nta Munyarwanda uri muri iki Gihugu no muri Bahrain, uragirwaha...

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

by radiotv10
06/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa...

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

by radiotv10
06/03/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibirego by'abantu baba bariganyijwe amafaranga n'abatekamutwe, byiganje mu byo rwakira cyane muri iki gihe,...

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

by radiotv10
05/03/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi banyuranye no mu nzego zitandukanye zirimo Inama...

From past to present: How surgery has become safer and more effective

From past to present: How surgery has become safer and more effective

by radiotv10
05/03/2026
0

Surgery is one of the oldest and most powerful ways human beings have tried to heal each other. Today, when...

IZIHERUKA

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran
MU RWANDA

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

06/03/2026
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

06/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri 'White House', Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.