Mu bukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu buri gukorwa n’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bimukira hamwe n’ambasade y’ubuyapani mu Rwanda, Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo kiri mu kiyaga cya kivu ahabera ingendo zijya cyangwa ziva hakurya muri DRC basabwe kuba maso kugira ngo batisanga bagushijwe mu bikorwa bijyana n’icuruzwa ry’abantu.
Abwira abaturage ba nkombo ko aho batuye byoroshye cyane ko bagushwa mu byaha by’icuruzwa ry’abantu, umuyobozo wa Police mu karere ka Rusizi SSP Gaston Karagire yababwiye ko imiterere y’ikirwa cyabo ndeste n’imibereho yabo ahanini ishingiye ku gushakishiriza mu mazi bashobora gushiduka bajyanywe mu ruhererekane rw’ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu.
DPC Karagire ati “Abantu benshi bashaka kwambuka bajya muri DRC,Burundi bambukira hano. Akenshi umuntu ubambutsa abakura cangwa abajyana hakurya abari umunyenkombo. Murabizi ko ari uko bimeze hari n’abo dufite hariya. Iyo abajyanye mu by’ukuri ntabwo aba azi aho abajyanye icyo apfa ni uko yishyurwa. Ubwo ntashobora kwinjira mu bucuruzi bw’abantu atabizi?.
Iyo ni imwe mu mpamvu umurenge wa Nkombo washyizwe mu mirenge itanu urwego rw’ubugenzacyaha n’abafatanyabikorwa barwo bamaze icyumweru bigisha abaturage ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndeste no kukirinda kuko ku ruhande rumwe hari abaturage bo kuri iki kirwa bavuga ko batari bazi ko habaho icuruzwa ry’abantu.
Nyirabazungu Valencie wo mu kagari ka Kamagimbo avuga ko ari ubwa mbere y’umvise ko bishoboka ko umuntu yacuruzwa akajyanwa iyo atazi, ariko ko nyuma yo gusobanukirwa ubu bidashobora kumubaho cyangwa ngo bebe ku mwana we.
Agira ati “None ni bwo numvise ko abantu bacuruzwa, numvise n’ubuhamya bw’uwacurujwe. Tugiye kubwira abana ahubwo birinde abo bantu bashobora kubabeshya ngo bagiye kubaha akazi, kuko tumaze kumenya ko bajya babacuruza”.
Ntirenganya Jean Claude ushinzwe kurwanya ibyaha mu rwego rw’ubugenzacyaha wahaye abaturage bo ku Nkombo inyigisho ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndetse n’uruhererekane rw’ibikorwa biganisha kuri cyo , yasabye abakorera mu mazi kuba maso kugira ngo badashiduka bakoranye n’abari mu bugizi bwa nabi.
Agira ati “Hakorerwa ingendo nyinshi zitandukanye. Ari abahinjira ari abahasohoka, ari abo bafasha muri izongendo z’amazi kuko bakoresha amazi kenshi, Bashobora rero no guhura n’abari mu bugizi bwa nabi turi ho tuvuga na cyane cyane ko hari ingero zigiye zifatika z’abana bavanwa hano b’abasore ngo bagiye gukora imirimo izabateza imbere mu gihugu cy’abaturanyi rimwe na rimwe batazi ko ari yo mirimo koko bagiye gukoreshwa”.
Urwego rw’ubugenzacyaha rukomeza ruvuga ko ibikorwa byose biganisha ku icuruzwa ry’abantu birimo gutwara umuntu uri kwerekezwa ku gucuruzwa, ku mucumbikira n’ibindi bitandukanye bigize icyaha kandi bihanwa n’amategeko.
Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gucuruza umuntu amwambukije umupaka, gihanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati ya 20 na 25 ndeste n’ihazabu ya miriyoni 20 cyangwa 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10








