• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in Uncategorized
0
Rusizi: Yanze ko umugabo we ashyingurwa kuko umugozi yiyahurishije wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’umugabo wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi uherutse kwitaba Imana yiyahuye, yanze ko bamushyingura hataraboneka akagozi yimanitsemo ngo bakamushyingurane ngo kuko ari ko bisanzwe bigenda.

Umugabo witwa Ngarambe Janvier yitabye Imana ku wa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 17 Gisurasi ubwo umugore we yatahaga agasanga umugabo we yapfuye yimanitse mu mugozi.

Umurambo wa nyakwigendera icyo gihe wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gihundwe kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma, wagombaga gushyingurwa kuir uyu wa Gatanu tariki 20 Gicurasi 2022.

Ubwo abagize umuryango wa nyakwigendera, inshuti n’abaturanyi berecyeze ku Irimbi rya Gihundwe ahazwi nko ku Gaturika ngo bashyingure nyakwigendera, babuze akagozi kasanzwe kamanitsemo nyakwigendera ubwo basangaga yapfuye.

Umwe mu bari muri uyu muhango, yabwiye RADIOTV10 ko umugore wa nyakwigendera yahise ahagarika umuhango wo gushyingura, avuga ko badashobora kumushyingura ako kagozi katabonetse ngo bakamushyingurane.

Muri aka gace k’Iburengerazuba, basanzwe bafite umuco ko iyo umuntu yapfuye yiyahuye, bamushyingurana n’icyo yakoresheje mu kwiyahura nk’umugozi yaba yimanitsemo.

 

UPDATE: Byageze ashyingurwa n’umugore wa kabiri

Nyuma y’uko abari bagiye ku irimbi bamazeyo amasaha abiri, umugore mukuru wa nyakwigendera yanze ko bamushyingura hatabonetse ako kagozi, umugore muto wa nyakwigendera we yemeye ko bamushyingura.

Umugore muto amaze kubyemera, abari baje muri uyu muhango bahise bakomeza ibikorwa byo gushyingura nyakwigendera ariko umugore mukuru we yakomeje gutsemba.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bakomeje kwinginga umugore mukuru, aranga, bagera aho basaba umugore muto ko abaha ubwo burenganzira, ari na bwo bahise bafata icyemezo cyo kumushyingura.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Rusizi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Next Post

Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

Niyo ibiciro byamanuka ntibishobora gusubira uko byahoze mbere ya COVID- Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.