Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya Brazil Vinícius José Paixão de Oliveira Júnior, ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024 (FIFA The Best Men’s Player of The Year 2024 Award) nyuma yuko atagize amahirwe yo gutwara icya Ballon d’Or byavugwaga ko yari agikwiye.

Ni mu muhango wabereye i Doha muri Qatar mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 nyuma yuko byari byabanje gutangazwa n’ikinyamakuru ‘Globo’ cyo muri Brazil, binyuze ku munyamakuru wacyo Cahe Mota ko Vinícius Júnior ari bwegukane iki gihembo.

Iki gihembo yagihawe nyuma y’amezi abiri, abuze igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi “Ballon d’Or 2024”, benshi bemezaga ko ari we wari bugitware, ariko kigahabwa Umunya-Espagne Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, ibintu bitashimishije ikipe ya Vinícius Júnior, Real Madrid, aho iyi kipe yavuze ko ibi ari agasuzuguro ndetse ibuza buri muntu wese wabo kwitabira ibirori bya Ballon d’Or byabereye i Paris mu Bufaransa, mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Vinícius Júnior yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, nyuma yuko mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 yafashije ikipe ye ya Real Madrid kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Espagne ‘La Liga’ ndetse n’igikombe cya UEFA Champions League.

Iki gihembo cyatanzwe hagendewe ku buryo umukinnyi yitwaye hagati ya tariki 21 Kanama 2023 na tariki 10 Kanama 2024.

Vinícius Júnior ukinira Real Madrid n’ikipe y’Igihugu ya Brazil, watowe cyane n’abafana, yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, yari ahanganiye na Jude Bellingham, Dani Carvajal, Federico Valverde, bose na bo bakinira Real Madrid.

Yari ahanganye kandi na Erling Haaland wa Manchester City, Toni Kroos wasezeye umupira ariko wakiniraga Real Madrid, Kylian Mbappé wakiniraga PSG, ubu akaba ari muri Real Madrid, akaba anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Florian Wirtz wa Bayer Leverkusen, Lamine Yamal wa FC Barcelone, Kabuhariwe Lionel Messi wa Inter Miami, ndetse na Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante wa Manchester.

Mu bindi bihembo bya FIFA byatanzwe, harimo icy’umukinnyi mwiza mu bagore, cyegukanwe n’Umunya-Espagne Aitana Bonmati, ukinira ikipe ya Barcelone y’abagore, wagitwaye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, hakaza igihembo cy’umutoza mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umutaliyani Carlo Ancelotti utoza Real Madrid, naho igihembo cy’umutoza mwiza mu bagore cyatwawe n’Umwongereza Emma Carol Hayes, wahoze atoza Chelsea y’abogore, ubu akaba atoza ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Igihembo cy’umunyezamu mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umunya-Argentine Emiliano Martinez, ukinira Aston Villa, naho icy’umunyezamu mwiza mu bagore cyatwawe n’Umunyamerikakazi Alyssa Michele Naeher, ukinira ikipe y’abagore ya Chicago Red Stars n’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Hanatanzwe kandi n’igihembo cya FIFA cy’uwatsinze igitego cyiza cyane muri 2024 (FIFA Puscas Award 2024) cyahawe Umunya=Argentine ‘Alejandro Garnacho’ bitewe n’igitego yatsinze mu mukino ikipe ye ya Manchester United yanyagiragamo Everton ibitego 3-0 ku itariki ya 26 Ugushyingo 2023.

Naho ikipe nziza ya FIFA y’umwaka wa 2024 (FIFA The Best XI 2024) igizwe n’Umunyezamu Emiliano Martinez, ba Myugariro bane nka Dani Carvajal, Antonio Rudiger, Rúben Dias na William Saliba, hakaza abakina hagati mu kibuga nka Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, Toni Kroos na Jude Bellingham ndetse n’abakina bataka nka Lamine Yamal, Erling Haaland ndetse na Vinícius Júnior, wanegukanye igihembo nyamukuru cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

Uko byagenze ngo Umuyobozi w’Ishuri ry’i Nyagatare akekweho uruhare mu kwica umuntu

Next Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.