Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya Brazil Vinícius José Paixão de Oliveira Júnior, ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024 (FIFA The Best Men’s Player of The Year 2024 Award) nyuma yuko atagize amahirwe yo gutwara icya Ballon d’Or byavugwaga ko yari agikwiye.

Ni mu muhango wabereye i Doha muri Qatar mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 nyuma yuko byari byabanje gutangazwa n’ikinyamakuru ‘Globo’ cyo muri Brazil, binyuze ku munyamakuru wacyo Cahe Mota ko Vinícius Júnior ari bwegukane iki gihembo.

Iki gihembo yagihawe nyuma y’amezi abiri, abuze igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi “Ballon d’Or 2024”, benshi bemezaga ko ari we wari bugitware, ariko kigahabwa Umunya-Espagne Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, ibintu bitashimishije ikipe ya Vinícius Júnior, Real Madrid, aho iyi kipe yavuze ko ibi ari agasuzuguro ndetse ibuza buri muntu wese wabo kwitabira ibirori bya Ballon d’Or byabereye i Paris mu Bufaransa, mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Vinícius Júnior yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, nyuma yuko mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 yafashije ikipe ye ya Real Madrid kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Espagne ‘La Liga’ ndetse n’igikombe cya UEFA Champions League.

Iki gihembo cyatanzwe hagendewe ku buryo umukinnyi yitwaye hagati ya tariki 21 Kanama 2023 na tariki 10 Kanama 2024.

Vinícius Júnior ukinira Real Madrid n’ikipe y’Igihugu ya Brazil, watowe cyane n’abafana, yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, yari ahanganiye na Jude Bellingham, Dani Carvajal, Federico Valverde, bose na bo bakinira Real Madrid.

Yari ahanganye kandi na Erling Haaland wa Manchester City, Toni Kroos wasezeye umupira ariko wakiniraga Real Madrid, Kylian Mbappé wakiniraga PSG, ubu akaba ari muri Real Madrid, akaba anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Florian Wirtz wa Bayer Leverkusen, Lamine Yamal wa FC Barcelone, Kabuhariwe Lionel Messi wa Inter Miami, ndetse na Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante wa Manchester.

Mu bindi bihembo bya FIFA byatanzwe, harimo icy’umukinnyi mwiza mu bagore, cyegukanwe n’Umunya-Espagne Aitana Bonmati, ukinira ikipe ya Barcelone y’abagore, wagitwaye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, hakaza igihembo cy’umutoza mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umutaliyani Carlo Ancelotti utoza Real Madrid, naho igihembo cy’umutoza mwiza mu bagore cyatwawe n’Umwongereza Emma Carol Hayes, wahoze atoza Chelsea y’abogore, ubu akaba atoza ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Igihembo cy’umunyezamu mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umunya-Argentine Emiliano Martinez, ukinira Aston Villa, naho icy’umunyezamu mwiza mu bagore cyatwawe n’Umunyamerikakazi Alyssa Michele Naeher, ukinira ikipe y’abagore ya Chicago Red Stars n’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Hanatanzwe kandi n’igihembo cya FIFA cy’uwatsinze igitego cyiza cyane muri 2024 (FIFA Puscas Award 2024) cyahawe Umunya=Argentine ‘Alejandro Garnacho’ bitewe n’igitego yatsinze mu mukino ikipe ye ya Manchester United yanyagiragamo Everton ibitego 3-0 ku itariki ya 26 Ugushyingo 2023.

Naho ikipe nziza ya FIFA y’umwaka wa 2024 (FIFA The Best XI 2024) igizwe n’Umunyezamu Emiliano Martinez, ba Myugariro bane nka Dani Carvajal, Antonio Rudiger, Rúben Dias na William Saliba, hakaza abakina hagati mu kibuga nka Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, Toni Kroos na Jude Bellingham ndetse n’abakina bataka nka Lamine Yamal, Erling Haaland ndetse na Vinícius Júnior, wanegukanye igihembo nyamukuru cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 12 =

Previous Post

Uko byagenze ngo Umuyobozi w’Ishuri ry’i Nyagatare akekweho uruhare mu kwica umuntu

Next Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.