Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya Brazil Vinícius José Paixão de Oliveira Júnior, ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024 (FIFA The Best Men’s Player of The Year 2024 Award) nyuma yuko atagize amahirwe yo gutwara icya Ballon d’Or byavugwaga ko yari agikwiye.

Ni mu muhango wabereye i Doha muri Qatar mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 nyuma yuko byari byabanje gutangazwa n’ikinyamakuru ‘Globo’ cyo muri Brazil, binyuze ku munyamakuru wacyo Cahe Mota ko Vinícius Júnior ari bwegukane iki gihembo.

Iki gihembo yagihawe nyuma y’amezi abiri, abuze igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi “Ballon d’Or 2024”, benshi bemezaga ko ari we wari bugitware, ariko kigahabwa Umunya-Espagne Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, ibintu bitashimishije ikipe ya Vinícius Júnior, Real Madrid, aho iyi kipe yavuze ko ibi ari agasuzuguro ndetse ibuza buri muntu wese wabo kwitabira ibirori bya Ballon d’Or byabereye i Paris mu Bufaransa, mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Vinícius Júnior yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, nyuma yuko mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 yafashije ikipe ye ya Real Madrid kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Espagne ‘La Liga’ ndetse n’igikombe cya UEFA Champions League.

Iki gihembo cyatanzwe hagendewe ku buryo umukinnyi yitwaye hagati ya tariki 21 Kanama 2023 na tariki 10 Kanama 2024.

Vinícius Júnior ukinira Real Madrid n’ikipe y’Igihugu ya Brazil, watowe cyane n’abafana, yatwaye iki gihembo cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024, yari ahanganiye na Jude Bellingham, Dani Carvajal, Federico Valverde, bose na bo bakinira Real Madrid.

Yari ahanganye kandi na Erling Haaland wa Manchester City, Toni Kroos wasezeye umupira ariko wakiniraga Real Madrid, Kylian Mbappé wakiniraga PSG, ubu akaba ari muri Real Madrid, akaba anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Florian Wirtz wa Bayer Leverkusen, Lamine Yamal wa FC Barcelone, Kabuhariwe Lionel Messi wa Inter Miami, ndetse na Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante wa Manchester.

Mu bindi bihembo bya FIFA byatanzwe, harimo icy’umukinnyi mwiza mu bagore, cyegukanwe n’Umunya-Espagne Aitana Bonmati, ukinira ikipe ya Barcelone y’abagore, wagitwaye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, hakaza igihembo cy’umutoza mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umutaliyani Carlo Ancelotti utoza Real Madrid, naho igihembo cy’umutoza mwiza mu bagore cyatwawe n’Umwongereza Emma Carol Hayes, wahoze atoza Chelsea y’abogore, ubu akaba atoza ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Igihembo cy’umunyezamu mwiza mu bagabo cyatwawe n’Umunya-Argentine Emiliano Martinez, ukinira Aston Villa, naho icy’umunyezamu mwiza mu bagore cyatwawe n’Umunyamerikakazi Alyssa Michele Naeher, ukinira ikipe y’abagore ya Chicago Red Stars n’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Hanatanzwe kandi n’igihembo cya FIFA cy’uwatsinze igitego cyiza cyane muri 2024 (FIFA Puscas Award 2024) cyahawe Umunya=Argentine ‘Alejandro Garnacho’ bitewe n’igitego yatsinze mu mukino ikipe ye ya Manchester United yanyagiragamo Everton ibitego 3-0 ku itariki ya 26 Ugushyingo 2023.

Naho ikipe nziza ya FIFA y’umwaka wa 2024 (FIFA The Best XI 2024) igizwe n’Umunyezamu Emiliano Martinez, ba Myugariro bane nka Dani Carvajal, Antonio Rudiger, Rúben Dias na William Saliba, hakaza abakina hagati mu kibuga nka Rodrigo “Rodri” Hernández Cascante, Toni Kroos na Jude Bellingham ndetse n’abakina bataka nka Lamine Yamal, Erling Haaland ndetse na Vinícius Júnior, wanegukanye igihembo nyamukuru cya FIFA cy’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eleven =

Previous Post

Uko byagenze ngo Umuyobozi w’Ishuri ry’i Nyagatare akekweho uruhare mu kwica umuntu

Next Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.