Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko batangiye gucika intege muri gahunda y’ubwizigamire bwa ‘Ejo Heza’ nyuma y’uko hari abamze umwaka bategereje amafaranga ahabwa abazungura b’abitabye Imana, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Nzabonimpa Pierre avuga ko umubyeyi we yitabye Imana mu kwezi kwa karindwi umwaka ushize wa 2022 ahita abimenyekanisha ku nzego zishinzwe Ejo Heza muri aka Karere.

Ati “Nageze ku Murenge bampa ibyangombwa bisabwa, mbijyana ku Karere na bo barambwira ngo bazabijyana i Kigali, none umwaka urashize.”

Nzabonimpa uvuga ko umubyeyi we yari amaze imyaka ibiri atanga ubwizagamire muri Ejo Heza, avuga ko n’amafaranga yo guherekeza uwitabye Imana, batayabonye.

Ati “Yitabye Imana dutegereza ko badufasha kandi bavuga ko iyo yitabye Imana ari muri EjoHeza batanga ibihumbi 220 byo kumushyingura neza, twaragurishije agasambu yari afite twagombaga gusigarana turamushyingura.”

Kimwe n’abandi baturage bo muri aka gace bavuga ko bategereje kugobokwa na Ejo Heza bagaheba, bavuga ibi byabaciye intege nyamara Leta idahwema kubashishikariza gutanga imisanzu muri iki kigega.

Undi muturage ati “umugabane yari yarawugejejeho waranarenze. Uzi ko bavugaga ngo nugera ku mugabane bazagukubira kabiri, twarakurikiranye batubwira ngo ejo bazayaduha reka data, bamukataga amafaranga icyatanu (1 500 Frw) buri uko agiye gufata amafaranga yo muri VUP y’abasaza, ubwo tuvuye ku Karere, baratubwira ngo mugende mutegereze baduha na za code ngo amafaranga azasohokeraho.”

Aba baturage bavuga ko nubwo bakomeje gutanga imisanzu muri Ejo Heza, ariko bayatanga batishimye kuko baba babihatiwe.

Undi ati “Ni uko ari itegeko rya Leta, ariko ntabwo tuyatanga twishimye kuko n’ayatanzwe mbere ntayo twabonye. Ntabwo twaburana na Leta ariko ku mitima yacu bwo ntabwo tuba twishimye.”

Umukozi ushinzwe EjoHeza mu Karere ka Rutsiro, Nyirabagurinzira Jacqueline ntiyemeranya n’aba baturage bavuga ko bamaze umwaka batarabona amafaranga bagenewe ahubwo akavuga ko ikibazo ari icyabo kuko batarasobanukirwa neza n’ikoranabuhanga, ku buryo bishyurwa ntibabimenye.

Ati “Ni ukuvuga ngo kubera ko abazungura ntabwo baba aribo bazigamye, bagiye rero basubizwa amafaranga y’imisanzu ya ba nyakwigendera kubera ko batujuje bya bihumbi 15, umuntu akaba afitemo yenda nk’ibihumbi nka 12 ni urugero, icyo asubizwa ni umusanzu kubera ko atagejeje kuri wa mugabane ugomba guhabwa isanduka n’impozamarira ariko bo mu myumvire yabo bazi ko umuntu wese wagiye muri EjoHeza ibyo byose agomba kubihabwa.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndahimana Ishimwe Justin says:
    2 years ago

    Niko bimeze jye papa yapfuye mu kwa mbere afite ubwozigame bwa 74000 ariko nya nubu wapi amaso yaheze mu kirere,Kagame aracyaruha atuvuganire pee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Next Post

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.