Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bababazwa no kubona abana babo bato birirwa bikorezwa ingiga z’ibiti zo gukoresha nk’inkwi z’aho biga ku ishuri ribanza rya Mwufe, rimwe na rimwe bagakora ibi bikorwa bivunanye n’imvura ibari ku mutwe.

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bari hagati y’imyaka irindwi (7) na 12 bakoreshwa iyi mirimo ivunanye nibura inshuro eshatu mu cyumweru, aho bajyanwa mu ishyamba kwikorera inkwi.

Babwiye RADIOTV10 ko bohereza abana babo kwiga ariko bakajya kubona, bakabona bikoreye ingiga z’ibiti rimwe na rimwe bakazikorera imvura iri kugwa ndetse bakambuka imisozi n’ibibaya.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umwana wanjye afite imyaka irindwi, kugira ngo umwana w’imyaka irindwi bamwurize umusozi, n’ubunyerereye uri kububona…”

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bataha basa nabi kuko baba baguye mu migezi bambuka bajya gutunda izo nkwi ku buryo bahangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana.

Undi ati “Njye wabonye imizigo y’ibiti bari bikoreye ari mu mvura, ntabwo yari ikwiriye kwikorerwa n’abana. Hari abakozi batema ibiti, hari ababatekera, niba amafaranga yarababanye macye, bakwiyambaje ababyeyi ariko ntibajye kwicisha abana imirimo ngo babikoreze ingiga z’ibiti mu mvura.”

Aba babyeyi bavuga ko iyi mirimo ikoreshwa abana babo ivunanye kandi bizwi ko hari amategeko arinda abana iyi mirimo.

Undi ati “Ni imirimo y’agahato kuko abana twabohereje ku masomo ntabwo twabohereje mu kazi. Akazi ko kwikorera inkwi gafite abakozi, hari abakozi bateka bari bakwiye kubabwira bakikorera izo nkwi hanyuma abana bacu bagafata amasomo.”

Bavuga ko na bo ubwabo badashobora gukoresha abana babo iyi mirimo bakoreshwa ku ishuri, bakavuga kandi ko bagaragarije ubuyobozi bw’ishuri ko batishimiye ibyo bakorera abana babo ariko bakabima amatwi.

Umubyeyi uhagarariye abandi bafite abana biga kuri iri shuri ribanza rya Mwufe, yahakanye ibi bitangazwa n’ababyeyi, avuga ko iri shuri rifite abakozi bakora kariya kazi ko kwikorera inkwi.

Yagize ati “Ko dufite abakozi se, dufite abakozi batatu bakora muri jardin kandi barahembwa buri kwezi, abo bose rero tubahemba kuko baba bakoze ibikorwa byo kugira ngo bajye gushaka inkwi, no mu gihe cyo kuzikorera tugasohora n’amafaranga yo kugira ngo bajye kuzikorera igihe baba baziguze kure.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabere, Gasigwa Jean d’Amour, we yemera ko aba bana bakoreshwa mu bikorwa byo kwikorera inkwi kubera gahunda yashyizweho yo kugaburira abana ku ishuri, ku buryo hari igihe hagaragara imbogamizi mu kugeza izo nkwi ku ishuri.

Ati “Rero abana bavuye ku kigo bari kumwe na mwarimu wabo bajya kuzana inkwi ntacyo byaba bitwaye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kandi ko ubuyobozi nibusanga aba bana bikorezwa inkwi, ubuyobozi bw’iri shuri buzabibazwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Next Post

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.