Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bababazwa no kubona abana babo bato birirwa bikorezwa ingiga z’ibiti zo gukoresha nk’inkwi z’aho biga ku ishuri ribanza rya Mwufe, rimwe na rimwe bagakora ibi bikorwa bivunanye n’imvura ibari ku mutwe.

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bari hagati y’imyaka irindwi (7) na 12 bakoreshwa iyi mirimo ivunanye nibura inshuro eshatu mu cyumweru, aho bajyanwa mu ishyamba kwikorera inkwi.

Babwiye RADIOTV10 ko bohereza abana babo kwiga ariko bakajya kubona, bakabona bikoreye ingiga z’ibiti rimwe na rimwe bakazikorera imvura iri kugwa ndetse bakambuka imisozi n’ibibaya.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umwana wanjye afite imyaka irindwi, kugira ngo umwana w’imyaka irindwi bamwurize umusozi, n’ubunyerereye uri kububona…”

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bataha basa nabi kuko baba baguye mu migezi bambuka bajya gutunda izo nkwi ku buryo bahangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana.

Undi ati “Njye wabonye imizigo y’ibiti bari bikoreye ari mu mvura, ntabwo yari ikwiriye kwikorerwa n’abana. Hari abakozi batema ibiti, hari ababatekera, niba amafaranga yarababanye macye, bakwiyambaje ababyeyi ariko ntibajye kwicisha abana imirimo ngo babikoreze ingiga z’ibiti mu mvura.”

Aba babyeyi bavuga ko iyi mirimo ikoreshwa abana babo ivunanye kandi bizwi ko hari amategeko arinda abana iyi mirimo.

Undi ati “Ni imirimo y’agahato kuko abana twabohereje ku masomo ntabwo twabohereje mu kazi. Akazi ko kwikorera inkwi gafite abakozi, hari abakozi bateka bari bakwiye kubabwira bakikorera izo nkwi hanyuma abana bacu bagafata amasomo.”

Bavuga ko na bo ubwabo badashobora gukoresha abana babo iyi mirimo bakoreshwa ku ishuri, bakavuga kandi ko bagaragarije ubuyobozi bw’ishuri ko batishimiye ibyo bakorera abana babo ariko bakabima amatwi.

Umubyeyi uhagarariye abandi bafite abana biga kuri iri shuri ribanza rya Mwufe, yahakanye ibi bitangazwa n’ababyeyi, avuga ko iri shuri rifite abakozi bakora kariya kazi ko kwikorera inkwi.

Yagize ati “Ko dufite abakozi se, dufite abakozi batatu bakora muri jardin kandi barahembwa buri kwezi, abo bose rero tubahemba kuko baba bakoze ibikorwa byo kugira ngo bajye gushaka inkwi, no mu gihe cyo kuzikorera tugasohora n’amafaranga yo kugira ngo bajye kuzikorera igihe baba baziguze kure.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabere, Gasigwa Jean d’Amour, we yemera ko aba bana bakoreshwa mu bikorwa byo kwikorera inkwi kubera gahunda yashyizweho yo kugaburira abana ku ishuri, ku buryo hari igihe hagaragara imbogamizi mu kugeza izo nkwi ku ishuri.

Ati “Rero abana bavuye ku kigo bari kumwe na mwarimu wabo bajya kuzana inkwi ntacyo byaba bitwaye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kandi ko ubuyobozi nibusanga aba bana bikorezwa inkwi, ubuyobozi bw’iri shuri buzabibazwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Next Post

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.