Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bababazwa no kubona abana babo bato birirwa bikorezwa ingiga z’ibiti zo gukoresha nk’inkwi z’aho biga ku ishuri ribanza rya Mwufe, rimwe na rimwe bagakora ibi bikorwa bivunanye n’imvura ibari ku mutwe.

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bari hagati y’imyaka irindwi (7) na 12 bakoreshwa iyi mirimo ivunanye nibura inshuro eshatu mu cyumweru, aho bajyanwa mu ishyamba kwikorera inkwi.

Babwiye RADIOTV10 ko bohereza abana babo kwiga ariko bakajya kubona, bakabona bikoreye ingiga z’ibiti rimwe na rimwe bakazikorera imvura iri kugwa ndetse bakambuka imisozi n’ibibaya.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umwana wanjye afite imyaka irindwi, kugira ngo umwana w’imyaka irindwi bamwurize umusozi, n’ubunyerereye uri kububona…”

Aba babyeyi bavuga ko abana babo bataha basa nabi kuko baba baguye mu migezi bambuka bajya gutunda izo nkwi ku buryo bahangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana.

Undi ati “Njye wabonye imizigo y’ibiti bari bikoreye ari mu mvura, ntabwo yari ikwiriye kwikorerwa n’abana. Hari abakozi batema ibiti, hari ababatekera, niba amafaranga yarababanye macye, bakwiyambaje ababyeyi ariko ntibajye kwicisha abana imirimo ngo babikoreze ingiga z’ibiti mu mvura.”

Aba babyeyi bavuga ko iyi mirimo ikoreshwa abana babo ivunanye kandi bizwi ko hari amategeko arinda abana iyi mirimo.

Undi ati “Ni imirimo y’agahato kuko abana twabohereje ku masomo ntabwo twabohereje mu kazi. Akazi ko kwikorera inkwi gafite abakozi, hari abakozi bateka bari bakwiye kubabwira bakikorera izo nkwi hanyuma abana bacu bagafata amasomo.”

Bavuga ko na bo ubwabo badashobora gukoresha abana babo iyi mirimo bakoreshwa ku ishuri, bakavuga kandi ko bagaragarije ubuyobozi bw’ishuri ko batishimiye ibyo bakorera abana babo ariko bakabima amatwi.

Umubyeyi uhagarariye abandi bafite abana biga kuri iri shuri ribanza rya Mwufe, yahakanye ibi bitangazwa n’ababyeyi, avuga ko iri shuri rifite abakozi bakora kariya kazi ko kwikorera inkwi.

Yagize ati “Ko dufite abakozi se, dufite abakozi batatu bakora muri jardin kandi barahembwa buri kwezi, abo bose rero tubahemba kuko baba bakoze ibikorwa byo kugira ngo bajye gushaka inkwi, no mu gihe cyo kuzikorera tugasohora n’amafaranga yo kugira ngo bajye kuzikorera igihe baba baziguze kure.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabere, Gasigwa Jean d’Amour, we yemera ko aba bana bakoreshwa mu bikorwa byo kwikorera inkwi kubera gahunda yashyizweho yo kugaburira abana ku ishuri, ku buryo hari igihe hagaragara imbogamizi mu kugeza izo nkwi ku ishuri.

Ati “Rero abana bavuye ku kigo bari kumwe na mwarimu wabo bajya kuzana inkwi ntacyo byaba bitwaye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kandi ko ubuyobozi nibusanga aba bana bikorezwa inkwi, ubuyobozi bw’iri shuri buzabibazwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + two =

Previous Post

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Next Post

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.