Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in Uncategorized
0
Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri b’imyaka 18 bakurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa 26 z’ikigo cy’ishuri cyo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, barimo umunyeshuri usanzwe wiga kuri iki kigo cy’ishuri.

Uwitwa Murindabigwi Kharim usanzwe wiga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Sovu, akurikiranywe hamwe na Uwihanganye Hassan Omar.

Aba basore b’imyaka 18, bafashwe ku wa Gatandatu tariki 02 Nyakanga 2022 nyuma yuko izi mudasobwa 26 zibwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 01 Nyakanga ubwo abazibaga babanje kwica ingufuri y’aho zibikwa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko nyuma yuko ubuyobozi bw’ishuri butanze amakuru y’ubu bujura, yahise itangira gushakisha.

Polisi ivuga ko ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa Gatandatu, yahawe amakuru n’abaturage bo mu Mudugudu wa Kiruhura ko hari umuntu babonye afite mudasobwa ebyiri mu ntoki ndetse n’igikapu bakekaga ko harimo izindi.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yagize ati “Polisi yahise yihutira kuhagera, nibwo uwari uzifite yahise azirambika hasi ariruka barebye basanga hamwe n’izari mu gikapu zose ari mudasobwa 11.”

SP Hamdun Twizeyimana yatangaje ko baturage bitegereje igikapu cyari kirimo izo mudasobwa basanga ari icy’uwitwa Murindabigwi usanzwe wiga kuri kiriya kigo cy’amashuri zibweho.

Yagize ati “Yahise ushakishwa afatirwa mu rugo ruherereye muri uwo Mudugudu, ari kumwe na Uwihanganye bombi basanganwa izindi mudasobwa 8 bahita batabwa muri yombi.”

Bakimara gufatwa, bavuze ko mudasobwa basanganywe bazibikijwe n’uwo bise Veterineri wari ubatiye igikapu atwaramo mudasobwa 9 izindi akazitwara mu ntoki ariko ntibigeze bagaragaza aho abarizwa.
Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha kuri sitasiyo ya Kigabiro kugira ngo hakomeze iperereza mu gihe uwatorotse agishakishwa.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange  Ingingo ya 166 ivuga ko;  umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − six =

Previous Post

M23 ivuga ko idateze kuva Bunagana yerekanye urujya n’uruza rw’abaturage bayiramutsa mu Kinyarwanda

Next Post

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.