Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Nubwo batangiye guhinga ariko baragaragaza impamvu icyizere cy’umusaruro bifuza ari gicye

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Nubwo batangiye guhinga ariko baragaragaza impamvu icyizere cy’umusaruro bifuza ari gicye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu gishanga cya Nyirabidiri kiri mu rugabano rw’Imirenge wa Nzige na Mwulire mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko nubwo batangiye guhinga ibishyimbo, ariko icyizere cyo kuzabona umusaruro bifuza ari gicye, kuko badafite ifumbire ihagije.

Aba bahinzi bavuga ko nubwo batangiye guhingira ku gihe mu gihembwe cy’ihinga B, ariko bafite impungenge zo kutazabona umusaruro bifuza.

Nambajimana Odette ati “Urabona  niba ifumbire ari nke, hari abayibona mbere abandi bakayibona itinze, urumva aba mbere niba bateye mbere abandi bagatera nyuma ntabwo imyaka yakwerera kimwe. Icyo dusaba ni uko ifumbire yajya izira rimwe twese tugaterera rimwe.”

Hazizi Celestin avuga ko abahinga muri iki gishanga bari bafite amahirwe, kuko aho bahinda huhirwa, ku buryo baramutse babonye iyo fumbire bifuza, byatuma n’umusaruro ugera ku rwego rushimishije.

Ati “Twebwe dufite mahirwe kubera ko dufite icyanya cyuhirwa, turuhira bigakunda. Ubwo rero twahingiye igihe mbese ifumbire ikabonekera igihe nta mpamvu yatuma tuteza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab avuga ko imbuto n’ifumbire bihari bihagije, uretse ifumbire y’imborera,gusa ngo  byanatewe n’imvura itaraboneka ku buryo buhagije.

Ati “Tunashimira Leta y’u Rwanda yashyizemo imbaraga, aho ubu aba Agro-dealers tujya gutangira igihembwe cy’ihinga bafite imbuto n’ifumbire bihagije. Ifumbire bashobora kutabona ku bwinshi ni iy’imborera ariko ifumbire mvaruganda turayifite ihagije.”

Iki gishanga cya Nyirabidibiri gihuriweho n’Imirenge ya Nzige, Mwulire, Rubona na Gahengeri, gifite ubuso buhingwaho bungana na Hegitare 215.

Mu gihembwe cy’ihinga A, umusaruro w’ibishyimbo wabonetse mu Karere ka Rwamagana kose, wanganaga na toni Ibihumbi 15. Biteganijwe ko Hegitare ibihumbi 16 muri aka Karere ari zo zizahingwaho ibishyimbo muri iki gihembwe cy’ihinga B.

Ifumbire mvaruganda yo ngo irahari ihagije
Ikibazo ngo ni ifumbire y’imborera
Aba bahinzi babibona nk’imbogamizi

Umuyobozi w’Akarere yabamaze impungenge

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Next Post

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.