Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Nubwo batangiye guhinga ariko baragaragaza impamvu icyizere cy’umusaruro bifuza ari gicye

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Nubwo batangiye guhinga ariko baragaragaza impamvu icyizere cy’umusaruro bifuza ari gicye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu gishanga cya Nyirabidiri kiri mu rugabano rw’Imirenge wa Nzige na Mwulire mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko nubwo batangiye guhinga ibishyimbo, ariko icyizere cyo kuzabona umusaruro bifuza ari gicye, kuko badafite ifumbire ihagije.

Aba bahinzi bavuga ko nubwo batangiye guhingira ku gihe mu gihembwe cy’ihinga B, ariko bafite impungenge zo kutazabona umusaruro bifuza.

Nambajimana Odette ati “Urabona  niba ifumbire ari nke, hari abayibona mbere abandi bakayibona itinze, urumva aba mbere niba bateye mbere abandi bagatera nyuma ntabwo imyaka yakwerera kimwe. Icyo dusaba ni uko ifumbire yajya izira rimwe twese tugaterera rimwe.”

Hazizi Celestin avuga ko abahinga muri iki gishanga bari bafite amahirwe, kuko aho bahinda huhirwa, ku buryo baramutse babonye iyo fumbire bifuza, byatuma n’umusaruro ugera ku rwego rushimishije.

Ati “Twebwe dufite mahirwe kubera ko dufite icyanya cyuhirwa, turuhira bigakunda. Ubwo rero twahingiye igihe mbese ifumbire ikabonekera igihe nta mpamvu yatuma tuteza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab avuga ko imbuto n’ifumbire bihari bihagije, uretse ifumbire y’imborera,gusa ngo  byanatewe n’imvura itaraboneka ku buryo buhagije.

Ati “Tunashimira Leta y’u Rwanda yashyizemo imbaraga, aho ubu aba Agro-dealers tujya gutangira igihembwe cy’ihinga bafite imbuto n’ifumbire bihagije. Ifumbire bashobora kutabona ku bwinshi ni iy’imborera ariko ifumbire mvaruganda turayifite ihagije.”

Iki gishanga cya Nyirabidibiri gihuriweho n’Imirenge ya Nzige, Mwulire, Rubona na Gahengeri, gifite ubuso buhingwaho bungana na Hegitare 215.

Mu gihembwe cy’ihinga A, umusaruro w’ibishyimbo wabonetse mu Karere ka Rwamagana kose, wanganaga na toni Ibihumbi 15. Biteganijwe ko Hegitare ibihumbi 16 muri aka Karere ari zo zizahingwaho ibishyimbo muri iki gihembwe cy’ihinga B.

Ifumbire mvaruganda yo ngo irahari ihagije
Ikibazo ngo ni ifumbire y’imborera
Aba bahinzi babibona nk’imbogamizi

Umuyobozi w’Akarere yabamaze impungenge

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + one =

Previous Post

Amakuru mashya ku batoza ba Rayon Sports WFC bari basezeye

Next Post

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.