Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba ku musozi uherereye mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, bakubiswe n’inkuba, bane muri bo bahita bitaba Imana, abandi barakomereka.

Iri sanganya ryabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Gashyantare 2024, ubwo aba bantu barimo bambaza Imana bagiye gusengera ku musozi uherereye mu Mudugudu wa Mutovu mu kagari ka Mirima mu Murenge wa Coko.

Abantu bane bahise bitaba Imana, bajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruli kugira ngo hanakorwe isuzuma, ndetse n’abakomeretse bakaba bajyanywe muri ibi Bitaro ngo bitabweho n’abaganga.

Inkuba yakubise aba bantu ubwo bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba hasanzwe hakorerwa amasengesho n’abo mu Itorero rya ADEPR, aho baba bagiye kugira ibyo basaba Imana.

Aya makuru yanemejwe na Vestine Mukandayisenga uyobora Akarere ka Gakenke, wavuze ko abantu bane bahise bitaba Imana, mu gihe abandi babiri bahungabanye barimo uwaguye igihumure undi agakomereka.

Yagize ati “Bari bagiye gusengera mu ishyamba ngo ku Giti cy’Ishaba, bahasanze udukapu twabo na Bibiliya babihavanye.”

Umuyobozi w’Akarere, avuga ko nyuma y’uko aba bantu bakubiswe n’inkuba, abitabye Imana bajyanywe mu Bitaro, kugira ngo imiryango yabo ibanze yitegure kubaherekeza, kandi ko ubuyobozi buzabafasha mu bikorwa byo kubashyingura ku bufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko ubuyobozi bugiye kongera imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwibutsa abaturage uburyo bwo kwirinda gukubitwa n’inkuba, ndetse hakongerwa n’imirindankuba, ahantu hakunze kwibasirwa cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe muri Gospel Nyarwanda ahishuye uko ahagaze mu rukundo 

Next Post

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.