Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba ku musozi uherereye mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, bakubiswe n’inkuba, bane muri bo bahita bitaba Imana, abandi barakomereka.

Iri sanganya ryabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Gashyantare 2024, ubwo aba bantu barimo bambaza Imana bagiye gusengera ku musozi uherereye mu Mudugudu wa Mutovu mu kagari ka Mirima mu Murenge wa Coko.

Abantu bane bahise bitaba Imana, bajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruli kugira ngo hanakorwe isuzuma, ndetse n’abakomeretse bakaba bajyanywe muri ibi Bitaro ngo bitabweho n’abaganga.

Inkuba yakubise aba bantu ubwo bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba hasanzwe hakorerwa amasengesho n’abo mu Itorero rya ADEPR, aho baba bagiye kugira ibyo basaba Imana.

Aya makuru yanemejwe na Vestine Mukandayisenga uyobora Akarere ka Gakenke, wavuze ko abantu bane bahise bitaba Imana, mu gihe abandi babiri bahungabanye barimo uwaguye igihumure undi agakomereka.

Yagize ati “Bari bagiye gusengera mu ishyamba ngo ku Giti cy’Ishaba, bahasanze udukapu twabo na Bibiliya babihavanye.”

Umuyobozi w’Akarere, avuga ko nyuma y’uko aba bantu bakubiswe n’inkuba, abitabye Imana bajyanywe mu Bitaro, kugira ngo imiryango yabo ibanze yitegure kubaherekeza, kandi ko ubuyobozi buzabafasha mu bikorwa byo kubashyingura ku bufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko ubuyobozi bugiye kongera imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwibutsa abaturage uburyo bwo kwirinda gukubitwa n’inkuba, ndetse hakongerwa n’imirindankuba, ahantu hakunze kwibasirwa cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe muri Gospel Nyarwanda ahishuye uko ahagaze mu rukundo 

Next Post

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya
FOOTBALL

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.