Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA
0
Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 82 y’amavuko wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, yarokotse inkongi y’umuriro yafashe inzu yari arimo aryamye asinziriye, atabarwa n’abagenzi babonye ikongoka, bakihutira kujya kumukuramo.

Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje mu Mudugudu wa Ruhinga II mu Kagari ka Kagatuma m Murenge wa Bushenge, ku wa 11 Ugushyingo.

Iyi nzu yari yubakishije imbaho dore ko muri aka gace ari zo bakunda kubakisha, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu ahagana saa sita, ubwo uyu mukecuru yari aryamye aruhuka ndetse akavura kari kugwa, ariko ku bw’amahirwe abitambukiraga, babibonye bajya kureba banarokora ubuzima bw’uyu mukecuru.

Jeanne Murekatete uyobora Akagari ka Kagatuma, avuga ko abagore bari mu rugendo bari mu bucuruzi, ari bo babonye iyi nzu iri gucumba umwotsi, ubundi kuko bari bazi ko uyu mukecuru abamo, bakihutira kujya kumumenyesha.

Uyu muyobozi avuga ko ubwo abo bagore bageraga kuri iyi nzu basanze yatangiye gukongoka, ubundi bagakomanga ari na bwo uwo mukecuru yabyumvaga, agakanguka, akavamo.

Icyakora uretse uyu mukecuru warokotse iyi nkongi, ntakindi cyabashije kuramurwamo kuko iyi nkongi yari ifite imbaraga nyinshi.

Ati “n’akavura gacye kagwaga ntacyo kari kumara, icyakora ku bw’amahirwe umukecuru ntiyahiramo avamo ari muzima.”

Uyu muyobozi uvuga ko ibyari muri iyi nzu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 8 Frw, avuga ko bikekwa ko iyi mpanuka y’inkongi yaturutse ku nsinga z’amashanyarazi zagize ikibazo.

Akomeza avuga ko abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bagiye kureba aho uyu mukecuru aba ari kuba muri iki gihe, ariko nanone bakihutira gushaka uburyo bamwubakira, mu bikorwa by’umuganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 11 =

Previous Post

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Next Post

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Related Posts

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

Simple steps you can follow to build real confidence
MU RWANDA

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple steps you can follow to build real confidence

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.