Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA
0
Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 82 y’amavuko wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, yarokotse inkongi y’umuriro yafashe inzu yari arimo aryamye asinziriye, atabarwa n’abagenzi babonye ikongoka, bakihutira kujya kumukuramo.

Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje mu Mudugudu wa Ruhinga II mu Kagari ka Kagatuma m Murenge wa Bushenge, ku wa 11 Ugushyingo.

Iyi nzu yari yubakishije imbaho dore ko muri aka gace ari zo bakunda kubakisha, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu ahagana saa sita, ubwo uyu mukecuru yari aryamye aruhuka ndetse akavura kari kugwa, ariko ku bw’amahirwe abitambukiraga, babibonye bajya kureba banarokora ubuzima bw’uyu mukecuru.

Jeanne Murekatete uyobora Akagari ka Kagatuma, avuga ko abagore bari mu rugendo bari mu bucuruzi, ari bo babonye iyi nzu iri gucumba umwotsi, ubundi kuko bari bazi ko uyu mukecuru abamo, bakihutira kujya kumumenyesha.

Uyu muyobozi avuga ko ubwo abo bagore bageraga kuri iyi nzu basanze yatangiye gukongoka, ubundi bagakomanga ari na bwo uwo mukecuru yabyumvaga, agakanguka, akavamo.

Icyakora uretse uyu mukecuru warokotse iyi nkongi, ntakindi cyabashije kuramurwamo kuko iyi nkongi yari ifite imbaraga nyinshi.

Ati “n’akavura gacye kagwaga ntacyo kari kumara, icyakora ku bw’amahirwe umukecuru ntiyahiramo avamo ari muzima.”

Uyu muyobozi uvuga ko ibyari muri iyi nzu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 8 Frw, avuga ko bikekwa ko iyi mpanuka y’inkongi yaturutse ku nsinga z’amashanyarazi zagize ikibazo.

Akomeza avuga ko abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bagiye kureba aho uyu mukecuru aba ari kuba muri iki gihe, ariko nanone bakihutira gushaka uburyo bamwubakira, mu bikorwa by’umuganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Next Post

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.