Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA
0
Rwanda: Imana yakinze akaboko ubwo nzu yari irimo umukecuru yakongokaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 82 y’amavuko wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, yarokotse inkongi y’umuriro yafashe inzu yari arimo aryamye asinziriye, atabarwa n’abagenzi babonye ikongoka, bakihutira kujya kumukuramo.

Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje mu Mudugudu wa Ruhinga II mu Kagari ka Kagatuma m Murenge wa Bushenge, ku wa 11 Ugushyingo.

Iyi nzu yari yubakishije imbaho dore ko muri aka gace ari zo bakunda kubakisha, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu ahagana saa sita, ubwo uyu mukecuru yari aryamye aruhuka ndetse akavura kari kugwa, ariko ku bw’amahirwe abitambukiraga, babibonye bajya kureba banarokora ubuzima bw’uyu mukecuru.

Jeanne Murekatete uyobora Akagari ka Kagatuma, avuga ko abagore bari mu rugendo bari mu bucuruzi, ari bo babonye iyi nzu iri gucumba umwotsi, ubundi kuko bari bazi ko uyu mukecuru abamo, bakihutira kujya kumumenyesha.

Uyu muyobozi avuga ko ubwo abo bagore bageraga kuri iyi nzu basanze yatangiye gukongoka, ubundi bagakomanga ari na bwo uwo mukecuru yabyumvaga, agakanguka, akavamo.

Icyakora uretse uyu mukecuru warokotse iyi nkongi, ntakindi cyabashije kuramurwamo kuko iyi nkongi yari ifite imbaraga nyinshi.

Ati “n’akavura gacye kagwaga ntacyo kari kumara, icyakora ku bw’amahirwe umukecuru ntiyahiramo avamo ari muzima.”

Uyu muyobozi uvuga ko ibyari muri iyi nzu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 8 Frw, avuga ko bikekwa ko iyi mpanuka y’inkongi yaturutse ku nsinga z’amashanyarazi zagize ikibazo.

Akomeza avuga ko abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bagiye kureba aho uyu mukecuru aba ari kuba muri iki gihe, ariko nanone bakihutira gushaka uburyo bamwubakira, mu bikorwa by’umuganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twelve =

Previous Post

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Next Post

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Akari ku mutima w’umuhanzi ugezweho muri Afurika nyuma y’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.