Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahungu babiri b’abavandimwe, barimo uw’imyaka 23 n’undi w’imyaka 20 bo mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, baburiye ubuzima mu musarani nyuma y’uko umwe awugiyemo agiye gukuramo ikofi ye yaguyemo, undi akamusangamo, bombi bahasiga ubuzima.

Aba basore babiri bari batuye mu Mudugudu wa Mizero mu Kagari ka Rushyara mu Murenge wa Karambi, babuze ubuzima ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024.

Aya makuru kandi yanemejwe na Hakizimfura Pascal uyobora Umurenge wa Karambi, wavuze ko ikofi yabaye intandaro y’izi mpfu, ari iy’uwitwa Ntakirukimana Modeste w’imyaka 23 yaguye mu musarani ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Uyu muyobozi avuga ko uyu musore ubwo yageragezaga kujya gukura iyi kofi ye mu musarani, yakuyeho igiti akajyamo ariko kuvamo bikanga.

Ati “Murumuna we Havugimana Venuste w’imyaka 20 aje kumutabara na we agwamo, bahise bitaba Imana.”

Hakizimfura Pascal uvuga ko imirambo y’aba basore b’abavandimwe yahise ijyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kivugiza, avuga ko aba basore bashobora kuba bishwe n’umwuka uba mu musarani. Ati “Turakeka ko ari gaze yo mu bwiherero yabakuruye bose bakagwamo.”

Abaturanyi ba nyakwigendera bavuga ko bombi bakoreraga Uruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company, ndetse ko ubwo ikofi y’umwe yagwaga mu musarani, mugenzi we yari ataraza, yaza akumva mukuru we ari gutakira mu musarani, ari na bwo yajyaga kumukuramo, na we agaheramo atyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 20 =

Previous Post

Umunyarwanda umaze imyaka 30 yarabeshye America yatahuwe ahita atabwa muri yombi

Next Post

U Rwanda na Congo bongeye kwicara ku meza amwe y’ibiganiro

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na Congo bongeye kwicara ku meza amwe y’ibiganiro

U Rwanda na Congo bongeye kwicara ku meza amwe y’ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.