Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Munyakazi Sadate wanigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaye urubyiruko ruri gutwama umuhanzikazi Vestine ko yasezeranye n’Umunya-Burikina Faso bivugwa ko amukubye hafi kabiri mu myaka, avuga ko “urukundo rutarobanura ku butoni no ku myaka.”

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas (Vestine & Dorcas) asezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa ukomoka muri Burkina Faso, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aba bombi basezeranye bikanatungura benshi, hahise hakurikiraho izindi nkuru zo ku mbuga nkoranyambaga, z’abavuga ko Vestine w’imyaka 21 yasezeranye n’umugabo w’imyaka 42 y’amavuko.

Uretse kuba hari ababanje gutungurwa no kumva ko uyu muhanzikazi asezeranye akiri muto, banagaye kuba asezeranye n’umuntu umurusha imyaka ingana uku, nubwo nta gihamya ihari ibishimangira ko koko iyi myaka ari yo yabo.

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, na we uri mu bakunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanenze abari gutwama uyu muhanzikazi abibutsa ko urukundo nyarukundo rutajya mu mibare y’imyaka.

Yagize ati “Rubyiruko nshuti zanjye niriwe mbona hano ku mihanda mwihaye ngo 42 – 22, njye nta makuru mbifiteho; gusa munkundire mbabwire ko icya mbere ari urukundo kuko uwo rushatse ruramusanga kandi ntirugira ubutoni ku myaka.”

Munyakazi Sadate yasoje ubutumwa bwe yifuriza ishya n’ihirwe n’urugo ruhire uyu muhanzikazi ubu wamaze kwitwa umugore w’umugabo ku myaka 21 y’amavuko. Ati “Urugo ruhire mukobwa w’i Rwanda kandi waguye amaboko y’umuryango n’ay’u Rwanda.”

Amakuru ahari kandi yemeza ko Vestine n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa, banamaze gutera indi ntambwe mu mihando iganisha ku kurushinga, dore ko hanabaye umuhango wo gufata irembo, ubanziriza ibindi byose mu mihango yo kurushinga.

Umuhanzikazi Vestine biravugwa ko yasezeranye n’umurusha imyaka ingana n’iyo afite
Sadate yavuze ko niba ari na byo bidakwiye kuba ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Next Post

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Related Posts

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

IZIHERUKA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga
MU RWANDA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.