Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Munyakazi Sadate wanigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaye urubyiruko ruri gutwama umuhanzikazi Vestine ko yasezeranye n’Umunya-Burikina Faso bivugwa ko amukubye hafi kabiri mu myaka, avuga ko “urukundo rutarobanura ku butoni no ku myaka.”

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas (Vestine & Dorcas) asezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa ukomoka muri Burkina Faso, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aba bombi basezeranye bikanatungura benshi, hahise hakurikiraho izindi nkuru zo ku mbuga nkoranyambaga, z’abavuga ko Vestine w’imyaka 21 yasezeranye n’umugabo w’imyaka 42 y’amavuko.

Uretse kuba hari ababanje gutungurwa no kumva ko uyu muhanzikazi asezeranye akiri muto, banagaye kuba asezeranye n’umuntu umurusha imyaka ingana uku, nubwo nta gihamya ihari ibishimangira ko koko iyi myaka ari yo yabo.

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, na we uri mu bakunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanenze abari gutwama uyu muhanzikazi abibutsa ko urukundo nyarukundo rutajya mu mibare y’imyaka.

Yagize ati “Rubyiruko nshuti zanjye niriwe mbona hano ku mihanda mwihaye ngo 42 – 22, njye nta makuru mbifiteho; gusa munkundire mbabwire ko icya mbere ari urukundo kuko uwo rushatse ruramusanga kandi ntirugira ubutoni ku myaka.”

Munyakazi Sadate yasoje ubutumwa bwe yifuriza ishya n’ihirwe n’urugo ruhire uyu muhanzikazi ubu wamaze kwitwa umugore w’umugabo ku myaka 21 y’amavuko. Ati “Urugo ruhire mukobwa w’i Rwanda kandi waguye amaboko y’umuryango n’ay’u Rwanda.”

Amakuru ahari kandi yemeza ko Vestine n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa, banamaze gutera indi ntambwe mu mihando iganisha ku kurushinga, dore ko hanabaye umuhango wo gufata irembo, ubanziriza ibindi byose mu mihango yo kurushinga.

Umuhanzikazi Vestine biravugwa ko yasezeranye n’umurusha imyaka ingana n’iyo afite
Sadate yavuze ko niba ari na byo bidakwiye kuba ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Next Post

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Related Posts

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.