Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Munyakazi Sadate wanigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaye urubyiruko ruri gutwama umuhanzikazi Vestine ko yasezeranye n’Umunya-Burikina Faso bivugwa ko amukubye hafi kabiri mu myaka, avuga ko “urukundo rutarobanura ku butoni no ku myaka.”

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas (Vestine & Dorcas) asezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa ukomoka muri Burkina Faso, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aba bombi basezeranye bikanatungura benshi, hahise hakurikiraho izindi nkuru zo ku mbuga nkoranyambaga, z’abavuga ko Vestine w’imyaka 21 yasezeranye n’umugabo w’imyaka 42 y’amavuko.

Uretse kuba hari ababanje gutungurwa no kumva ko uyu muhanzikazi asezeranye akiri muto, banagaye kuba asezeranye n’umuntu umurusha imyaka ingana uku, nubwo nta gihamya ihari ibishimangira ko koko iyi myaka ari yo yabo.

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, na we uri mu bakunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanenze abari gutwama uyu muhanzikazi abibutsa ko urukundo nyarukundo rutajya mu mibare y’imyaka.

Yagize ati “Rubyiruko nshuti zanjye niriwe mbona hano ku mihanda mwihaye ngo 42 – 22, njye nta makuru mbifiteho; gusa munkundire mbabwire ko icya mbere ari urukundo kuko uwo rushatse ruramusanga kandi ntirugira ubutoni ku myaka.”

Munyakazi Sadate yasoje ubutumwa bwe yifuriza ishya n’ihirwe n’urugo ruhire uyu muhanzikazi ubu wamaze kwitwa umugore w’umugabo ku myaka 21 y’amavuko. Ati “Urugo ruhire mukobwa w’i Rwanda kandi waguye amaboko y’umuryango n’ay’u Rwanda.”

Amakuru ahari kandi yemeza ko Vestine n’umukunzi we Ouedraoso Idrissa, banamaze gutera indi ntambwe mu mihando iganisha ku kurushinga, dore ko hanabaye umuhango wo gufata irembo, ubanziriza ibindi byose mu mihango yo kurushinga.

Umuhanzikazi Vestine biravugwa ko yasezeranye n’umurusha imyaka ingana n’iyo afite
Sadate yavuze ko niba ari na byo bidakwiye kuba ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Next Post

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.