Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze muri Kaminuza yo muri Singapore iri mu zikomeye ku ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, aho aza no gutangira ikiganiro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko Perezida Paul Kagame “yageze kuri Nanyang Technological University, aho agomba gusura ibikorwa binyuranye byayo bigaragaza amateka yayo mu myaka irenga 30 byatumye iba muri kaminuza ziza ku isonga ku rwego rw’Isi.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, bumaze iminsi burarika abantu ko kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda aza gutanga isomo muri iyi kaminuza mu bikorwa bisanzwe bigirwa n’iri shuri byo guha umwanya abanyabigwi bakomeye ku Isi bakaganiriza abanyeshuri ndetse n’abandi bifuza gukurikira iyi gahunda.

Speaking to the #OneNTU community at the #NTUsgSmartCampus this Friday, 30 Sep, is the President of the Republic of Rwanda, His Excellency @PaulKagame, as part of the NTU Majulah Lecture series. Register now: https://t.co/u4tF737wQF pic.twitter.com/VnjlQElpWg

— NTU Singapore (@NTUsg) September 27, 2022

Iri shuri kandi ryanashyizeho uburyo buzafasha abifuza gukurikira iri somo rya Perezida Paul Kagame, aho ryashyizeho umurongo wo kwiyandikisha.

Umukuru w’u Rwanda, wamaze kugera muri iri shuri kandi; yanayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’iyi Kaminuza na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda aho ku ruhande rwa MINEDUC yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette.

Aya masezerano azatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka utaha, azatuma bamwe mu banyeshuri bo mu Rwanda bagira amahirwe yo kujya gukurikiranira amasomo muri iyi kaminuza y’indashyikirwa mu gutanga uburezi mu by’ikoranabuhanga.

Singapore ni kimwe mu Bihugu byakataje mu ikoranabuhanga n’iterambere mu gihe gito, aho bamwe mu bazi amateka y’u Rwanda bakunze kurugereranya n’iki Gihugu kubera uburyo na rwo rwabashije kwikura mu bibazo, rukihutisha iterambere rwifashishije ikoranabuhanga rigaragara mu nzego nyinshi z’Igihugu.

Ubwo Perezida Kagame yarageze muri iyi Kaminuza
Yasuye ibikorwa binyuranye by’iyi kaminuza
Ni Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga
Yayoboye kandi isinywa ry’amasezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Next Post

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.