Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze muri Kaminuza yo muri Singapore iri mu zikomeye ku ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, aho aza no gutangira ikiganiro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko Perezida Paul Kagame “yageze kuri Nanyang Technological University, aho agomba gusura ibikorwa binyuranye byayo bigaragaza amateka yayo mu myaka irenga 30 byatumye iba muri kaminuza ziza ku isonga ku rwego rw’Isi.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, bumaze iminsi burarika abantu ko kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda aza gutanga isomo muri iyi kaminuza mu bikorwa bisanzwe bigirwa n’iri shuri byo guha umwanya abanyabigwi bakomeye ku Isi bakaganiriza abanyeshuri ndetse n’abandi bifuza gukurikira iyi gahunda.

Speaking to the #OneNTU community at the #NTUsgSmartCampus this Friday, 30 Sep, is the President of the Republic of Rwanda, His Excellency @PaulKagame, as part of the NTU Majulah Lecture series. Register now: https://t.co/u4tF737wQF pic.twitter.com/VnjlQElpWg

— NTU Singapore (@NTUsg) September 27, 2022

Iri shuri kandi ryanashyizeho uburyo buzafasha abifuza gukurikira iri somo rya Perezida Paul Kagame, aho ryashyizeho umurongo wo kwiyandikisha.

Umukuru w’u Rwanda, wamaze kugera muri iri shuri kandi; yanayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’iyi Kaminuza na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda aho ku ruhande rwa MINEDUC yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette.

Aya masezerano azatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka utaha, azatuma bamwe mu banyeshuri bo mu Rwanda bagira amahirwe yo kujya gukurikiranira amasomo muri iyi kaminuza y’indashyikirwa mu gutanga uburezi mu by’ikoranabuhanga.

Singapore ni kimwe mu Bihugu byakataje mu ikoranabuhanga n’iterambere mu gihe gito, aho bamwe mu bazi amateka y’u Rwanda bakunze kurugereranya n’iki Gihugu kubera uburyo na rwo rwabashije kwikura mu bibazo, rukihutisha iterambere rwifashishije ikoranabuhanga rigaragara mu nzego nyinshi z’Igihugu.

Ubwo Perezida Kagame yarageze muri iyi Kaminuza
Yasuye ibikorwa binyuranye by’iyi kaminuza
Ni Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga
Yayoboye kandi isinywa ry’amasezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eighteen =

Previous Post

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Next Post

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.