Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze muri Kaminuza yo muri Singapore iri mu zikomeye ku ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, aho aza no gutangira ikiganiro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko Perezida Paul Kagame “yageze kuri Nanyang Technological University, aho agomba gusura ibikorwa binyuranye byayo bigaragaza amateka yayo mu myaka irenga 30 byatumye iba muri kaminuza ziza ku isonga ku rwego rw’Isi.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, bumaze iminsi burarika abantu ko kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda aza gutanga isomo muri iyi kaminuza mu bikorwa bisanzwe bigirwa n’iri shuri byo guha umwanya abanyabigwi bakomeye ku Isi bakaganiriza abanyeshuri ndetse n’abandi bifuza gukurikira iyi gahunda.

Speaking to the #OneNTU community at the #NTUsgSmartCampus this Friday, 30 Sep, is the President of the Republic of Rwanda, His Excellency @PaulKagame, as part of the NTU Majulah Lecture series. Register now: https://t.co/u4tF737wQF pic.twitter.com/VnjlQElpWg

— NTU Singapore (@NTUsg) September 27, 2022

Iri shuri kandi ryanashyizeho uburyo buzafasha abifuza gukurikira iri somo rya Perezida Paul Kagame, aho ryashyizeho umurongo wo kwiyandikisha.

Umukuru w’u Rwanda, wamaze kugera muri iri shuri kandi; yanayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’iyi Kaminuza na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda aho ku ruhande rwa MINEDUC yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette.

Aya masezerano azatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka utaha, azatuma bamwe mu banyeshuri bo mu Rwanda bagira amahirwe yo kujya gukurikiranira amasomo muri iyi kaminuza y’indashyikirwa mu gutanga uburezi mu by’ikoranabuhanga.

Singapore ni kimwe mu Bihugu byakataje mu ikoranabuhanga n’iterambere mu gihe gito, aho bamwe mu bazi amateka y’u Rwanda bakunze kurugereranya n’iki Gihugu kubera uburyo na rwo rwabashije kwikura mu bibazo, rukihutisha iterambere rwifashishije ikoranabuhanga rigaragara mu nzego nyinshi z’Igihugu.

Ubwo Perezida Kagame yarageze muri iyi Kaminuza
Yasuye ibikorwa binyuranye by’iyi kaminuza
Ni Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga
Yayoboye kandi isinywa ry’amasezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nineteen =

Previous Post

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Next Post

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.