Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri Afurika y’Epfo. Iyi sitade yo mu Rwanda ni yo iyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni urutonde rwakozwe n’abahanga mu myubakire ya sa Sitade, Football Ground Guide nyuma y’igenzura ryamaze amezi atatu hasurwa sitade zo ku muri Afurika, rugaragaza izi sitade 10 nziza kuri uyu Mugabane.

Uko Sitade 10 za mbere zikurikirana

  1. Moses Mabhida Stadium

Iyi Sitade yubatse muri Afurika y’Epfo ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 55 500, ifite ubushobozi bwo kwakira imikino yose.

  1. Cape Town Stadium (DHL)

Iri muri Sitade zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira igikombe cy’isi 2010 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 58 300.

  1. First National Bank Stadium

Yari imaze imyaka irenga 14 iyoboye urutonde rwa za SItade nziza ku mugabane wa Afurika, iherereye muri Afurika y’Upfo ubu yaratangiye kwangirika, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 94 736.

  1. Loftus Versfeld Stadium

Sitade isanzwe ikinirwaho umukino wa Rugby muri Afurika y’Epfo, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 762.

  1. Ellis Park Stadium

Iyi isanzwe izwi kwizina rya Emirates Airline park iherereye muri Afurika y’Epfo ifite amateka kuko niyo yakiriye umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya Rugby 1995 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 62,567

  1. Wanderers Stadium

Sitade yonyine iri kuri uru rutonde iberaho imikino ya cricket iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 34.

  1. Amahoro Stadium

Sitade rukumbi yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, iherereye mu Rwanda, yubatswe 1986, ivugururwa muri 2022 ubu ni ikirango cya za Sitade nziza mu karere, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45 508.

  1. Newlands Stadium

Sitade ikinirwaho imikino ya Rugby iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 900.

  1. Mbombela Stadium

Iyi na yo yari muri Sitade 10 zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira Igikombe cy’Isi cya 2010, ubu ikinirwaho imikino ya Rugby, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 43 500.

  1. Centurion Park

Iyi izwi ku izina rya Supersport Park, ikaba ari yo ikipe y’Igihugu ya Cricket muri Afurika y’Epfo, yakiriraho imikino yayo, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 22 000.

Uru rutonde rukorwa buri mwaka, hari icyizere ko umwaka utaha Afurika y’Iburasirazuba yazaba ifitemo Sitade zirenze imwe, kuko mu Bihugu nka Uganda, Kenya na Tanzania hari kubakwa izindi Sitade mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Next Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Related Posts

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

by radiotv10
04/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwimuye ibiro bwakoreragamo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko kuri ‘Zinia’ bwimukira iruhande rwa BK...

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, yatsinze umukino wayo wa mbere muri iri...

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe...

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

by radiotv10
02/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y'u Rwanda ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali yerecyeje muri Nigeria gukina umukino w’umunsi wa karindwi gushaka itike y'Igikombe cy'Isi...

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

by radiotv10
28/08/2025
0

Ikipe ya APR FC izahagararira u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup, yisanze mu itsinda rya kabiri ririmo ikipe ya NEC...

IZIHERUKA

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri
AMAHANGA

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

by radiotv10
04/09/2025
0

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

04/09/2025
IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.