Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri Afurika y’Epfo. Iyi sitade yo mu Rwanda ni yo iyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni urutonde rwakozwe n’abahanga mu myubakire ya sa Sitade, Football Ground Guide nyuma y’igenzura ryamaze amezi atatu hasurwa sitade zo ku muri Afurika, rugaragaza izi sitade 10 nziza kuri uyu Mugabane.

Uko Sitade 10 za mbere zikurikirana

  1. Moses Mabhida Stadium

Iyi Sitade yubatse muri Afurika y’Epfo ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 55 500, ifite ubushobozi bwo kwakira imikino yose.

  1. Cape Town Stadium (DHL)

Iri muri Sitade zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira igikombe cy’isi 2010 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 58 300.

  1. First National Bank Stadium

Yari imaze imyaka irenga 14 iyoboye urutonde rwa za SItade nziza ku mugabane wa Afurika, iherereye muri Afurika y’Upfo ubu yaratangiye kwangirika, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 94 736.

  1. Loftus Versfeld Stadium

Sitade isanzwe ikinirwaho umukino wa Rugby muri Afurika y’Epfo, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 762.

  1. Ellis Park Stadium

Iyi isanzwe izwi kwizina rya Emirates Airline park iherereye muri Afurika y’Epfo ifite amateka kuko niyo yakiriye umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya Rugby 1995 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 62,567

  1. Wanderers Stadium

Sitade yonyine iri kuri uru rutonde iberaho imikino ya cricket iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 34.

  1. Amahoro Stadium

Sitade rukumbi yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, iherereye mu Rwanda, yubatswe 1986, ivugururwa muri 2022 ubu ni ikirango cya za Sitade nziza mu karere, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45 508.

  1. Newlands Stadium

Sitade ikinirwaho imikino ya Rugby iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 900.

  1. Mbombela Stadium

Iyi na yo yari muri Sitade 10 zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira Igikombe cy’Isi cya 2010, ubu ikinirwaho imikino ya Rugby, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 43 500.

  1. Centurion Park

Iyi izwi ku izina rya Supersport Park, ikaba ari yo ikipe y’Igihugu ya Cricket muri Afurika y’Epfo, yakiriraho imikino yayo, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 22 000.

Uru rutonde rukorwa buri mwaka, hari icyizere ko umwaka utaha Afurika y’Iburasirazuba yazaba ifitemo Sitade zirenze imwe, kuko mu Bihugu nka Uganda, Kenya na Tanzania hari kubakwa izindi Sitade mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − six =

Previous Post

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

Next Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.