Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe arinangira akomeza akazi

radiotv10by radiotv10
27/12/2021
in Uncategorized
0
Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe arinangira akomeza akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Somalia hakomeje kuzamuka umwuka mubi mu nzego zo hejuru nyuma y’uko Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Abdullahi Mohamed yahagaritse Minisitiri w’Intebe Mohamed Hussein Roble ariko undi akanga ahubwo agakomeza inshingano ze.

Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed yatangaje ko yahagaritse Mohamed Hussein Roble kubera gushinjwa ruswa mu gihe uyu mukuru w’Igihugu ashinjwa kwikiza uyu muyobozi mugenzi we wiyemeje gukurikirana amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu rivuga ibyo guhagarika Mininisitiri w’Intebe, ibiro bya Minisitiri w’Intebe na byo byahise bisohora itangazo riremereye risubiza iry’ibiro by’umukuru w’Igihugu.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryatangaje ko ibyakozwe na Perezida ari icyasha gikomeye ndetse ko binyuranyije n’ihame ry’imiyoborere kuko ari ukugerageza gufata ibiro bya Minisitiri w’Intebe hakoreshejwe ingufu za gisirikare.

Abdirahman Yusuf Omar Adala usanzwe ari Minisitiri wungirije ushinzwe itumanaho na we wunze mu ry’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, yanenze icyemezo cya Perezida, avuga ko ari uguhirika ubutegetsi ku ngufu.

Yagize ati “Ibyabaye muri iki gitondo ni uguhirika ubutegetsi bikozwe mu buryo buziguye ariko ntabwo azabigeraho; kohereza inzego z’umutekano ku Biro bya Minisitiri w’Intebe Roble ntibizamubuza gukomeza gukora inshingano ze.”

Minisitiri w’Intebe Mohamed Hussein Roble yari aherutse gushinja yeruye Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed gutinza nkana amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko agomba gukurikirwa n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Aya matora yatangiye tariki 01 Ugushyingo yagombaga kurangira tariki 24 Ukuboza 2021 mu gihe kugeza ubu hamaze gutorwa Intumwa za rubanda 24 muri 275 bagomba gutorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Next Post

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda intambwe bagezeho bikingiza COVID19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.