Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania: Ibitangaza bikomeje kwisukiranya ku musore wari umurobyi warokoye abantu

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
3
Tanzania: Ibitangaza bikomeje kwisukiranya ku musore wari umurobyi warokoye abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 20 wo muri Tanzania wagize uruhare mu kurokora ubuzima bwa bamwe mu bari mu ndege yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Victoria, akomeje kwisanga ahantu atatekerezaga ko yagera.

Majaliwa Jackson wamaze kugirwa intwari muri Tanzania kubera kurukora ubuzima bw’abantu 24 bari muri iriya ndege ya Precision Air yakoze impanuka ku Cyumweru tariki 06 Ugushyingo, yanakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania.

Yakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Gatanu, ahabwa icyubahiro kimukwiye.

Ubwo yazaga mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yambaye isuti y’umukara, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, Dr Tulia Ackson wakiriye iyi Ntwari, yashimiye uyu musore ndetse n’abandi barobyi bagenzi be bamufashije mu kurokora bariya bagenzi.

Ubwo yahabwaga ikaze mu Nteko Ishinga Amategeko, Abayigize bahise bakomera rimwe amashyi bagaragaza ko bishimiye igikorwa yakoze.

Majaliwa Jackson kandi yamaze kugororerwa na Guverinoma ya Tanzania yamaze kumuha akazi mu ishami rishinzwe kuzimya inkongi no gutabara, ndetse ubwo yazaga mu Nteko Ishinga Amategeko akaba yari kumwe na bamwe mu bakozi b’iri shami.

Ubwo habaga umuhango wo gusezera ku bantu 19 baguye muri iriya mpanuka wabereye kuri sitade ya Kagera mu gace ka Kaitaba, Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa yahaye uyu musore miliyoni 1 y’Amashilingi ya Tanzania.

Uyu musore kandi yamaze gutangira imyitozo n’amahugurwa mu ishuri ryigisha ibyo kuzima inkongi no gutabara riri mu gace ka Handeni.

Ubwo yakirwaga mu Nteko Ishinga Amategeko
Ubwo yakirwaga mu Nteko Ishinga Amategeko

RADIOTV10

Comments 3

  1. Nyirahabineza vestine says:
    3 years ago

    Nintwari pe

    Reply
  2. Nzakagendana says:
    3 years ago

    Inzira z’Imana ni ibihumbi kugira ngo itugirire neza.

    Reply
  3. Munyampeta Emmanuel says:
    3 years ago

    Yewe nintwari kbs kuko yagize neza rwose imana imuhe umugisha gusa namwe mwagize neza kumutekerezaho mukamuha nakazi ariko mwari mukwiriye kumuha akazi komumazi kuko ndumva ariko akwiriye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Habaye impinduka mu masaha yo gutangiriraho akazi n’amasomo mu Rwanda

Next Post

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.