Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania: Ibitangaza bikomeje kwisukiranya ku musore wari umurobyi warokoye abantu

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
3
Tanzania: Ibitangaza bikomeje kwisukiranya ku musore wari umurobyi warokoye abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 20 wo muri Tanzania wagize uruhare mu kurokora ubuzima bwa bamwe mu bari mu ndege yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Victoria, akomeje kwisanga ahantu atatekerezaga ko yagera.

Majaliwa Jackson wamaze kugirwa intwari muri Tanzania kubera kurukora ubuzima bw’abantu 24 bari muri iriya ndege ya Precision Air yakoze impanuka ku Cyumweru tariki 06 Ugushyingo, yanakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania.

Yakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Gatanu, ahabwa icyubahiro kimukwiye.

Ubwo yazaga mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yambaye isuti y’umukara, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, Dr Tulia Ackson wakiriye iyi Ntwari, yashimiye uyu musore ndetse n’abandi barobyi bagenzi be bamufashije mu kurokora bariya bagenzi.

Ubwo yahabwaga ikaze mu Nteko Ishinga Amategeko, Abayigize bahise bakomera rimwe amashyi bagaragaza ko bishimiye igikorwa yakoze.

Majaliwa Jackson kandi yamaze kugororerwa na Guverinoma ya Tanzania yamaze kumuha akazi mu ishami rishinzwe kuzimya inkongi no gutabara, ndetse ubwo yazaga mu Nteko Ishinga Amategeko akaba yari kumwe na bamwe mu bakozi b’iri shami.

Ubwo habaga umuhango wo gusezera ku bantu 19 baguye muri iriya mpanuka wabereye kuri sitade ya Kagera mu gace ka Kaitaba, Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa yahaye uyu musore miliyoni 1 y’Amashilingi ya Tanzania.

Uyu musore kandi yamaze gutangira imyitozo n’amahugurwa mu ishuri ryigisha ibyo kuzima inkongi no gutabara riri mu gace ka Handeni.

Ubwo yakirwaga mu Nteko Ishinga Amategeko
Ubwo yakirwaga mu Nteko Ishinga Amategeko

RADIOTV10

Comments 3

  1. Nyirahabineza vestine says:
    3 years ago

    Nintwari pe

    Reply
  2. Nzakagendana says:
    3 years ago

    Inzira z’Imana ni ibihumbi kugira ngo itugirire neza.

    Reply
  3. Munyampeta Emmanuel says:
    3 years ago

    Yewe nintwari kbs kuko yagize neza rwose imana imuhe umugisha gusa namwe mwagize neza kumutekerezaho mukamuha nakazi ariko mwari mukwiriye kumuha akazi komumazi kuko ndumva ariko akwiriye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 19 =

Previous Post

Habaye impinduka mu masaha yo gutangiriraho akazi n’amasomo mu Rwanda

Next Post

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.