Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in SIPORO
0
TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Joris Delbove ukinira ikipe ya Total Energies, yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda, mu gihe Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda baje mu 10 ba mbere.

Ni agace ka Rubavu-Karongi kari gafite intera y’ibilometero 95,1 kakinwe kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, kagaragayemo guhangana gukomeye, n’ubundi Abanyarwanda bongeye kwigaragaza mu gutsindira amanota yo mu nzira.

Umufaransa Joris Delbove ukinira ikipe ya Total Energies, yegukanye aka gace akoresheje amasaha 2h27’20” akurikirwa na Brady Gilmore ukinita ikipe ya Israel Premier Tech, aho yaje nyuma y’amasegonda 3’.

Joris Delbove yahise kandi anambara umwenda w’umuhondo w’umukinnyi uyoboye isiganwa ku rutonde rusange, aho amaze gukoresha amasaha 12:24’57”.

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan uzwi muri Tour du Rwanda, wanegukanye agace ka Rukomo-Kayonza k’iyi ya 2025, yaje ku mwanya wa gatatu muri aka gace ka kane.

Nubwo nta Munyarwanda uregukana agace muri Tour du Rwanda ya 2025, ariko bahiriwe n’aka gace ka Kane kuko mu icumi ba mbere, hajemo batatu, barimo Manizabayo Eric ukinira ikipe ya Java-InovoTec waje ku mwanya wa karindwi.

Akurikirwa na Masengesho Vainqueur  wa Team Rwanda, waje ku mwanya wa munani, na we agakurikirwa na Mugisha Moise na we wa Team Rwanda, waje ku mwanya wa 9.

Ku rutonde rusange kandi, Umunyarwanda uza hafi, aza ku mwanya wa 9, ari we Vainqueur Masengesho urushwa amasegonda 29” na Joris Delbove uyoboye iri siganwa rimaze gukinwa uduce tune.

Kuri uru rutonde rusange kandi, undi Munyarwanda uza hafi, ni Mugisha Moise uza ku mwanya wa 16, aho arushwa iminota 2’09” n’umukinnyi wa mbere.

Joris Delbove yegukanye aka gace ka kane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 20 =

Previous Post

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Next Post

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.