Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Tidjara Kabendera yerekanye ko abyiruye akomoza ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo

radiotv10by radiotv10
21/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Tidjara Kabendera yerekanye ko abyiruye akomoza ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakurukazi Tidjara Kabendera yerekanye abasore be abyiruye, agaruka ku basore batera inda abakobwa bakabatera umugongo aboneraho no gukebura abakobwa bangisha abana babo ba se bababyaranye.

Mu butumwa burebure yanyujije kuri Instagram, Tidjara Kabendera yongeye gusaba abasore batera inda abakobwa kwirinda kubatera umugongo.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto ifoto igaragaza Tidjara Kabendera ari kumwe n’abana b’abahungu babiri bakiri bato ndetse n’indi barabaye abasore, yavuze ko ubu butumwa yabugeneye ababyeyi b’abagore banyuze mu nzira zo kurera bonyine.

Yatangiye agira ati “Nyamuneka basore batera inda….Ntimukadutembereze biravunaaa.”

Tidjara Kabendera wakomye urusyo agakoma n’ingasire, yaboneyeho kugenera ubutumwa abakobwa baterwa inda bagashaka kwihimura bangisha abana ba se bababyaranye.

Ati “Nubwo kurera wenyine bivuna kandi biryana, jye ku giti cyanjye mbona nta mu Maman ukwiye guhanisha mugenzi we kumwima umwana.”

Yakomeje agaragaza impamvu ibi bidakwiye kubaho, ati “Urabizi ko uwo mugabo mubi kuri wowe, wita amazina yose ushaka, utuka uko wiboneye uwo mwana wawe amwita Se? Papa? urabizi? icyo bapfana ntaho gihuriye n’icyo wowe mupfana…

Uwo mwana wima uburenganzira bwo kubona se ujya umutekerezaho? ukishyira mu mwanya we? ujya utekereza yakuze yarunze ubumwe na se? bavugana baganira? None se uzaba uruhira iki? ubiba inzangano zitazaramba?”

Avuga ko umwana wakuriye muri ubu buzima, akurana agahinda gakabije ku buryo umubyeyi nk’uwo aba yikururira ibibazo by’abanzi babiri “kuko byanze bikunze hari imyaka izagera bagukundanireho nk’umwana na se aho uzaba utagifite ububasha bwo kumutegeka!”

Agira ati “N’iyo waba warashatse undi mugabo mubana ntuzime umwana uburenganzira kuri se kuko mubana ni umugano wawe ariko si papa w’umwana wawe na we azakenera kugira amaraso ye amwitaho.”

Tidjara Kabendera wabyaye akiri muto, akaza gushaka undi mugabo utari uwo bari barabyaranye abana babiri, yaje gusubirana n’uwo babyaranye mbere ubu ari na we bari kumwe, akunze kugaragaza ko yishimiye umuryango we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Agakunze ababiri…: Abakobwa basanzwe ari inshuti bapfuye umusore umwe atera icyuma undi

Next Post

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Related Posts

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Igikorwa cya Meddy cyo gukusanya amafaranga yo kuyagira umuryango wa Akeza kimaze kubonekamo Miliyoni 1,7

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.