Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko iyo aza kuba akiri Perezida, hatari kubaho intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine, kandi ko ari we ubu wafasha ibi Bihugu gushyikirana.

Donald Trump yabitangaje nyuma yuko u Burusiya bushinje Leta Zunze Ubumwe za America kwangiza imiyoboro ya gaze y’u Burusiya.

Uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yiteguye gutanga umusanzu wo kuba yayobora itsinda ryafasha u Burusiya na Ukraine kuganira kugira ngo ibi Bihugu birangize ibibazo biri hagati yabyo.

Yavuze ko iyangirika ry’iyi miyoboro rishobora gutera ibibazo bikomeye byanatuma habaho intambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa USA bugomba kwitonda, bugacisha macye ku iyangirika ry’iyi miyobozo. Ibi ni ibintu biremereye bikeneye imbaraga zihambaye mu kubishakira umuti.”

Yakomeje avuga ko intambara iri kubera muri Ukraine itari kubaho iyo aza kuba akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America kuko yari kubishakira umuti wo kubihosha mbere yuko bigera ku rwego biriho ubu.

Ati “Ntihagire ikibi mukora kuri iki kibazo cy’imiyoboro. Mubyitondere mushyiramo ubwenge bwinshi, mugire ibiganiro. Impande zombi zirabyifuza kandi zirabikeneye. Kandi Isi yose ibahanze amaso. Ntacyambuza kuyobora itsinda rizayobora ibiganiro.”

Trump yaboneyeho gutanga icyifuzo ko yahabwa kuyobora itsinda ryafasha imishyikirano yatuma intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine ihosha.

Si ubwa mbere Trump asabye u Burusiya na Ukraine gushaka umuti w’ibibazo, kuko no muri Mata uyu mwaka, yavuze ko Ibihugu byombi bishobora kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro kandi “mukabikora ubu mutarinze gutuma abantu benshi bahasiga ubuzima.”

Trump watsinzwe mu matora ya 2020, gusa akaba atarigeze yemera ko yatsinzwe, mu minsi ishize aherutse gutangaza ko atarafata icyemezo niba azongera kwiyamamariza guhatanira gusubira muri White House ariko ko abantu bose babyifuza kandi ko aramutse agarutse ntawe bitanezeza.

Trump yavuzweho gukorana bya hafi na Putin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Next Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.