Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko iyo aza kuba akiri Perezida, hatari kubaho intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine, kandi ko ari we ubu wafasha ibi Bihugu gushyikirana.

Donald Trump yabitangaje nyuma yuko u Burusiya bushinje Leta Zunze Ubumwe za America kwangiza imiyoboro ya gaze y’u Burusiya.

Uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yiteguye gutanga umusanzu wo kuba yayobora itsinda ryafasha u Burusiya na Ukraine kuganira kugira ngo ibi Bihugu birangize ibibazo biri hagati yabyo.

Yavuze ko iyangirika ry’iyi miyoboro rishobora gutera ibibazo bikomeye byanatuma habaho intambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa USA bugomba kwitonda, bugacisha macye ku iyangirika ry’iyi miyobozo. Ibi ni ibintu biremereye bikeneye imbaraga zihambaye mu kubishakira umuti.”

Yakomeje avuga ko intambara iri kubera muri Ukraine itari kubaho iyo aza kuba akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America kuko yari kubishakira umuti wo kubihosha mbere yuko bigera ku rwego biriho ubu.

Ati “Ntihagire ikibi mukora kuri iki kibazo cy’imiyoboro. Mubyitondere mushyiramo ubwenge bwinshi, mugire ibiganiro. Impande zombi zirabyifuza kandi zirabikeneye. Kandi Isi yose ibahanze amaso. Ntacyambuza kuyobora itsinda rizayobora ibiganiro.”

Trump yaboneyeho gutanga icyifuzo ko yahabwa kuyobora itsinda ryafasha imishyikirano yatuma intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine ihosha.

Si ubwa mbere Trump asabye u Burusiya na Ukraine gushaka umuti w’ibibazo, kuko no muri Mata uyu mwaka, yavuze ko Ibihugu byombi bishobora kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro kandi “mukabikora ubu mutarinze gutuma abantu benshi bahasiga ubuzima.”

Trump watsinzwe mu matora ya 2020, gusa akaba atarigeze yemera ko yatsinzwe, mu minsi ishize aherutse gutangaza ko atarafata icyemezo niba azongera kwiyamamariza guhatanira gusubira muri White House ariko ko abantu bose babyifuza kandi ko aramutse agarutse ntawe bitanezeza.

Trump yavuzweho gukorana bya hafi na Putin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twelve =

Previous Post

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Next Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Related Posts

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

IZIHERUKA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future
MU RWANDA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.