Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko iyo aza kuba akiri Perezida, hatari kubaho intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine, kandi ko ari we ubu wafasha ibi Bihugu gushyikirana.

Donald Trump yabitangaje nyuma yuko u Burusiya bushinje Leta Zunze Ubumwe za America kwangiza imiyoboro ya gaze y’u Burusiya.

Uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yiteguye gutanga umusanzu wo kuba yayobora itsinda ryafasha u Burusiya na Ukraine kuganira kugira ngo ibi Bihugu birangize ibibazo biri hagati yabyo.

Yavuze ko iyangirika ry’iyi miyoboro rishobora gutera ibibazo bikomeye byanatuma habaho intambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa USA bugomba kwitonda, bugacisha macye ku iyangirika ry’iyi miyobozo. Ibi ni ibintu biremereye bikeneye imbaraga zihambaye mu kubishakira umuti.”

Yakomeje avuga ko intambara iri kubera muri Ukraine itari kubaho iyo aza kuba akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America kuko yari kubishakira umuti wo kubihosha mbere yuko bigera ku rwego biriho ubu.

Ati “Ntihagire ikibi mukora kuri iki kibazo cy’imiyoboro. Mubyitondere mushyiramo ubwenge bwinshi, mugire ibiganiro. Impande zombi zirabyifuza kandi zirabikeneye. Kandi Isi yose ibahanze amaso. Ntacyambuza kuyobora itsinda rizayobora ibiganiro.”

Trump yaboneyeho gutanga icyifuzo ko yahabwa kuyobora itsinda ryafasha imishyikirano yatuma intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine ihosha.

Si ubwa mbere Trump asabye u Burusiya na Ukraine gushaka umuti w’ibibazo, kuko no muri Mata uyu mwaka, yavuze ko Ibihugu byombi bishobora kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro kandi “mukabikora ubu mutarinze gutuma abantu benshi bahasiga ubuzima.”

Trump watsinzwe mu matora ya 2020, gusa akaba atarigeze yemera ko yatsinzwe, mu minsi ishize aherutse gutangaza ko atarafata icyemezo niba azongera kwiyamamariza guhatanira gusubira muri White House ariko ko abantu bose babyifuza kandi ko aramutse agarutse ntawe bitanezeza.

Trump yavuzweho gukorana bya hafi na Putin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Next Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa
AMAHANGA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.