Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atangaje umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, hari ababibonye nk’urugendo rwo gushaka kuguma ku butegesti muri manda ya gatatu. Yagize icyo abivugaho.

Tshisekedi yabitangarije imbere y’abaturage bo mu Ntara ya Haut-Uele, aho yitabiriye ibikorwa byo kwibuka Umubikira Anuarite Nengapeta Marie-Clémentine umaze imyaka 60 yitabye Imana.

Yagarutse ku mugambi we wo guhindura Itegeko Nshinga rya DRC, aherutse gutangaza, ariko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi kimwe n’abo mu madini n’amatorero, bakaba bakomeje kuwamaganira kure.

Yagarutse ku bibazo uruhuri byugarije Igihugu cye, aho yongeye kumvikana avuga ko hari abanzi b’Igihugu cye bakiganisha muri ibyo bibazo, mu gihe ubutegetsi bwe bwakunze kunengwa imbaraga nke, ari na zo zitera ibi bibazo.

Tshisekedi wumvikanaga mu mvugo zisa nko gutsindagiramo abaturage ibitekerezo bye, yagarutse ku mugambi aherutse gutangaza wo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko bigomba gukorwa n’Abanyekongo ubwabo, kandi ko na bo babibona ko ari ngombwa.

Ati “Iri tegeko Nshinga nk’uko nabivuze, ni imbuto ya gihanga yabibwe n’abanyamahanga kugira ngo batume RDC ikomeza gupyinagara. Nabivugiye i Kisangani kandi ntabwo ndabigiraho igitekerezo kinyuranye na byo.”
yavuze ko igihe ibitekerezo byo gushyira mu Itegeko Nshinga rishya bizaba bimaze kwegeranywa, bizagaragarizwa abaturage kugira ngo na bo babisesengure.

Yakomeje agira ati “Ndi hano kugira ngo mbe maso ku buryo hatagira umuntu uza ngo abeshye Abanyekongo. Kandi ntihazagire umuntu uzaza ngo ababwire ko Perezida ashaka manda ya gatatu, ni ikinyoma. Ikibazo cya manda ya gatatu ntacyo dufite. Icyo njye nshaka ni ugushyira Igihugu cyanjye mu nzira nziza ubwo nzaba ndangije ubutumwa bwanjye nkazasigira uzansimbura umurongo mwiza wo gukurikiriza agakomereza ku kubaka Ihihugu cyacu.”

Ni mu gihe abasesenguzi n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, bakomeje kurwanya uyu mugambi, babona nk’iturufu y’uyu Mukuru w’Igihugu kugira ngo izamufashe kugera ku byifuzo bye, nyamara ubutegetsi bwe bwararanzwe no guhuzagurika bya hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + two =

Previous Post

Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka

Next Post

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.