Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma y’amasaha macye avuye kubonana na bagenzi be ba EAC mu Burundi, yahise agirira urugendo muri Congo-Brazzaville kubonana na mugenzi we uyobora iki Gihugu, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo ukomeye.

Perezida Tshisekedi yagiye muri Congo-Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare nyuma y’amasaha macye avuye i Bujumbura mu Burundi aho yari yitabiriye ibiganiro by’Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabaye ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, yigaga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro yongeye gusaba Guverinoma y’iki Gihugu kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23.

Nyuma yo kuva muri iyi nama, Perezida Tshisekedi yagiye kubonana na mugenzi we wa Congo-Brazzaville, Denis Sassou-Nguesso bahuye mu mujyi wa Oyo uherereye mu bilometeri 400 uvuye i Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare 2023.

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ko nyuma yo gufata amafunguro ya mu gitondo, aba Bakuru b’Ibihugu bahuye bakagirana ibiganiro byabereye mu muhezo udasanzwe kuko aho bari bari hatigeze hagera ibyuma bifata amashusho cyangwa amajwi.

Iyi radiyo kandi itangaza ko nta ruhande na rumwe rwigeze rugira icyo rutangaza kuri ibi biganiro bagiranye, ngo habe hasohowe itangazo cyangwa ikindi kigaruka ku byaganiriweho.

Gusa ngo umwe mu badipolomate ba DRC, yatangaje ko Tshisekedi na Sassou-Nguesso baganiriye ku mubano w’Ibihugu byabo ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere.

Tshisekedi yaherukaga i Oyo Congo-Brazzaville muri Kamena umwaka ushize wa 2022 ubwo yajyaga kumenyesha mugenzi we iby’ibibazo biri mu Gihugu cye, na we akamutakira amuregera u Rwanda ashinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakirwa na mugenzi we wa Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − one =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Next Post

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.