Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma y’amasaha macye avuye kubonana na bagenzi be ba EAC mu Burundi, yahise agirira urugendo muri Congo-Brazzaville kubonana na mugenzi we uyobora iki Gihugu, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo ukomeye.

Perezida Tshisekedi yagiye muri Congo-Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare nyuma y’amasaha macye avuye i Bujumbura mu Burundi aho yari yitabiriye ibiganiro by’Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabaye ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, yigaga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro yongeye gusaba Guverinoma y’iki Gihugu kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23.

Nyuma yo kuva muri iyi nama, Perezida Tshisekedi yagiye kubonana na mugenzi we wa Congo-Brazzaville, Denis Sassou-Nguesso bahuye mu mujyi wa Oyo uherereye mu bilometeri 400 uvuye i Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare 2023.

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ko nyuma yo gufata amafunguro ya mu gitondo, aba Bakuru b’Ibihugu bahuye bakagirana ibiganiro byabereye mu muhezo udasanzwe kuko aho bari bari hatigeze hagera ibyuma bifata amashusho cyangwa amajwi.

Iyi radiyo kandi itangaza ko nta ruhande na rumwe rwigeze rugira icyo rutangaza kuri ibi biganiro bagiranye, ngo habe hasohowe itangazo cyangwa ikindi kigaruka ku byaganiriweho.

Gusa ngo umwe mu badipolomate ba DRC, yatangaje ko Tshisekedi na Sassou-Nguesso baganiriye ku mubano w’Ibihugu byabo ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere.

Tshisekedi yaherukaga i Oyo Congo-Brazzaville muri Kamena umwaka ushize wa 2022 ubwo yajyaga kumenyesha mugenzi we iby’ibibazo biri mu Gihugu cye, na we akamutakira amuregera u Rwanda ashinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakirwa na mugenzi we wa Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Next Post

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force
MU RWANDA

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.