Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma y’amasaha macye avuye kubonana na bagenzi be ba EAC mu Burundi, yahise agirira urugendo muri Congo-Brazzaville kubonana na mugenzi we uyobora iki Gihugu, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo ukomeye.

Perezida Tshisekedi yagiye muri Congo-Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare nyuma y’amasaha macye avuye i Bujumbura mu Burundi aho yari yitabiriye ibiganiro by’Inteko idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabaye ku wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, yigaga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro yongeye gusaba Guverinoma y’iki Gihugu kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23.

Nyuma yo kuva muri iyi nama, Perezida Tshisekedi yagiye kubonana na mugenzi we wa Congo-Brazzaville, Denis Sassou-Nguesso bahuye mu mujyi wa Oyo uherereye mu bilometeri 400 uvuye i Brazzaville, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare 2023.

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ko nyuma yo gufata amafunguro ya mu gitondo, aba Bakuru b’Ibihugu bahuye bakagirana ibiganiro byabereye mu muhezo udasanzwe kuko aho bari bari hatigeze hagera ibyuma bifata amashusho cyangwa amajwi.

Iyi radiyo kandi itangaza ko nta ruhande na rumwe rwigeze rugira icyo rutangaza kuri ibi biganiro bagiranye, ngo habe hasohowe itangazo cyangwa ikindi kigaruka ku byaganiriweho.

Gusa ngo umwe mu badipolomate ba DRC, yatangaje ko Tshisekedi na Sassou-Nguesso baganiriye ku mubano w’Ibihugu byabo ndetse no ku bibazo by’umutekano biri mu karere.

Tshisekedi yaherukaga i Oyo Congo-Brazzaville muri Kamena umwaka ushize wa 2022 ubwo yajyaga kumenyesha mugenzi we iby’ibibazo biri mu Gihugu cye, na we akamutakira amuregera u Rwanda ashinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakirwa na mugenzi we wa Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 14 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Next Post

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.