Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Ifoto yakuwe kuri internet

Share on FacebookShare on Twitter

Ubundi ni inde uba utegetswe kuba afite agakingirizo mbere yo kuryamana hagati y’umusore n’inkumi ku bwumvikane bwabo? Benshi uko basubiza birazwi, ariko reka twikomereze. Agakingirizo ni kimwe mu byagize uruhare runini mu kugabanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Bivuze ko mu gihe kwifata byananiranye, ari ngombwa kukibuka.

Bamwe bavuga ko mu muco nyarwanda, nta mukobwa wakagombye kugira udukingirizo, abandi bakavuga ko uwo mukobwa ahubwo yaba asobanutse.

Ingeri zitandukanye z’abaganiriye na RADIOTV10, abakuru n’urubyiruko batigeze bifuza ko amazina yabo yatangazwa, bavuze ko uwo mukobwa yaba asobanutse ndetse yabasha kwirinda no kurinda uwo bagiye kuryamana.

 

Abasore bati iki?

Umwe yagize ati “Biterwa n’igihe aho kigeze, bijyanye n’ingaruka tubona zo gukora imibonano idakingiye, virusi itera SIDA iri mu rubyiruko cyane, ntabwo nashidikanya ko uwo mukobwa yamaze kwisobanukirwa aramutse afite agakingirizo.”

Undi ati “Abakobwa barifata cyane akumva ko aramutse akaguze (agakingirizo) Cyangwa umuntu akakamubonana byaba ari igisebo kuri we, ariko bagomba guhindura imyumvire bakumva ko icya mbere ari ubuzima kuko mugenzi we bagiye guhura ntaba azi indwara arwaye ntabwo SIDA bayipimisha ijisho, aho gukorera aho yakwifata niba umuhungu adashaka kubyumva.”

Abandi bo ntibazuyaza bahita bagusubiza bati “uwo mukobwa yaba ari indaya.”

 

Abakobwa na bo hari icyo bavuga

Ikibazo babajijwe: “Wajya gusura umuhungu witwaje udukingirizo? Watugura se ukaba utubitse rimwe na rimwe ukatugendana bibaye ngombwa?

Umwe ati “rekada, naba ngura ak’iki se ni njye ugakoresha? Umuhungu ni we ugomba gufata izo nshingano.”

Undi Ati ”Cyereka ndi indaya”

Abandi bemeje ko kutagatwara aricyo kibazo, umwe ati “Gusura umuhungu w’inshuti yawe udatwaye agakingirizo ni ikosa kuko isaha ku isaha byabaho mukaryamana, wowe wakitwaje akaba ari wowe ugira uruhare mu kwikingira kuko ingaruka nyinshi ni wowe mukobwa zizagarukira ukamufasha mugakora igikorwa, ni nawe ugomba kumwambika agakingirizo kugira ngo ube wizeye ko yakambaye neza.”

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Reseaux de Femme yiyemeje guhugura abantu ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, yasobanuye ko abana b’abakobwa bakwiye guhindura imyumvire.

Ati “Bakwiriye kumenya ubuzima bwabo bakamenya no kwirinda, gutwara agakingirizo uri umukobwa si uburaya ahubwo ni urugero rwiza rw’umukobwa uzi ubwenge gusa ntidukangurira abantu gusambana tubagira inama yo kwifata.”

Imibare y’umwaka wa 2020, igaragaza ko ku Isi abanduye SIDA ari miliyoni 38,4 abakuru bayanduye ni miliyoni 36,7 mu gihe abari munsi y’imyaka 15 ari miliyoni 1,7. Muri aba bose abagore n’abakobwa bihariye 54%.

Mu Rwanda ho imibare y’abanduye SIDA itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) igaragaza ko abanduye, ari ibihumbi 230 bangana na 3%, abafata imiti igabanya ubukana bakaba ari 94% byumvikane ko 6% banduye SIDA badafata imiti.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

Next Post

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.