Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Ifoto yakuwe kuri internet

Share on FacebookShare on Twitter

Ubundi ni inde uba utegetswe kuba afite agakingirizo mbere yo kuryamana hagati y’umusore n’inkumi ku bwumvikane bwabo? Benshi uko basubiza birazwi, ariko reka twikomereze. Agakingirizo ni kimwe mu byagize uruhare runini mu kugabanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Bivuze ko mu gihe kwifata byananiranye, ari ngombwa kukibuka.

Bamwe bavuga ko mu muco nyarwanda, nta mukobwa wakagombye kugira udukingirizo, abandi bakavuga ko uwo mukobwa ahubwo yaba asobanutse.

Ingeri zitandukanye z’abaganiriye na RADIOTV10, abakuru n’urubyiruko batigeze bifuza ko amazina yabo yatangazwa, bavuze ko uwo mukobwa yaba asobanutse ndetse yabasha kwirinda no kurinda uwo bagiye kuryamana.

 

Abasore bati iki?

Umwe yagize ati “Biterwa n’igihe aho kigeze, bijyanye n’ingaruka tubona zo gukora imibonano idakingiye, virusi itera SIDA iri mu rubyiruko cyane, ntabwo nashidikanya ko uwo mukobwa yamaze kwisobanukirwa aramutse afite agakingirizo.”

Undi ati “Abakobwa barifata cyane akumva ko aramutse akaguze (agakingirizo) Cyangwa umuntu akakamubonana byaba ari igisebo kuri we, ariko bagomba guhindura imyumvire bakumva ko icya mbere ari ubuzima kuko mugenzi we bagiye guhura ntaba azi indwara arwaye ntabwo SIDA bayipimisha ijisho, aho gukorera aho yakwifata niba umuhungu adashaka kubyumva.”

Abandi bo ntibazuyaza bahita bagusubiza bati “uwo mukobwa yaba ari indaya.”

 

Abakobwa na bo hari icyo bavuga

Ikibazo babajijwe: “Wajya gusura umuhungu witwaje udukingirizo? Watugura se ukaba utubitse rimwe na rimwe ukatugendana bibaye ngombwa?

Umwe ati “rekada, naba ngura ak’iki se ni njye ugakoresha? Umuhungu ni we ugomba gufata izo nshingano.”

Undi Ati ”Cyereka ndi indaya”

Abandi bemeje ko kutagatwara aricyo kibazo, umwe ati “Gusura umuhungu w’inshuti yawe udatwaye agakingirizo ni ikosa kuko isaha ku isaha byabaho mukaryamana, wowe wakitwaje akaba ari wowe ugira uruhare mu kwikingira kuko ingaruka nyinshi ni wowe mukobwa zizagarukira ukamufasha mugakora igikorwa, ni nawe ugomba kumwambika agakingirizo kugira ngo ube wizeye ko yakambaye neza.”

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Reseaux de Femme yiyemeje guhugura abantu ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, yasobanuye ko abana b’abakobwa bakwiye guhindura imyumvire.

Ati “Bakwiriye kumenya ubuzima bwabo bakamenya no kwirinda, gutwara agakingirizo uri umukobwa si uburaya ahubwo ni urugero rwiza rw’umukobwa uzi ubwenge gusa ntidukangurira abantu gusambana tubagira inama yo kwifata.”

Imibare y’umwaka wa 2020, igaragaza ko ku Isi abanduye SIDA ari miliyoni 38,4 abakuru bayanduye ni miliyoni 36,7 mu gihe abari munsi y’imyaka 15 ari miliyoni 1,7. Muri aba bose abagore n’abakobwa bihariye 54%.

Mu Rwanda ho imibare y’abanduye SIDA itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) igaragaza ko abanduye, ari ibihumbi 230 bangana na 3%, abafata imiti igabanya ubukana bakaba ari 94% byumvikane ko 6% banduye SIDA badafata imiti.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

Next Post

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.