• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko byemejwe ko Perezida wa Tunisia, Kais Saied yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, hari abavuze ko yibye amajwi kubera ibyabaye mbere yo gutangaza amajwi.

Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024, biragaragaza ko Kais Saied ari we uri imbere y’abo bari bahanganye, n’amajwi 89,2%.

Ibi byatumye imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu igaragaza impungenge ku ntsinzi ya Kais Saied, wongeye gutsindira indi manda.

Hari abandi bemeza ko Perezida Kais Saied yibye amajwi, kuko ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru nyuma yuko ibiro by’itora mu Gihugu hose bihagaritse ibikorwa byo gutora kuko igihe cyo gutora cyari giteganyijwe kirangiye, abashyigikiye Perezida Kais bateraniye mu nyubako izwi nka Municipal Theater iherereye mu murwa mukuru Tunis, bagatangira kwishimira intsinzi.

Byaje kurushaho kuremera hasohotse itangazo rivuga ko Perezida Kais yabonye amajwi 89%.

Ni mu gihe abashyigikiye Perezida Kais bo bishimira intsinzi ye, ndetse bakaba bagaragaje ibyishimo byo kuba yongeye gutorerwa kubayobora.

Umwe muri bo witwa Layla Baccouchi, yabwiye The Africa News ati “Twabonye byinshi twari dukeneye muri manda irangiye, kandi rwose Perezida (Kais) hari byinshi yagejeje kuri Tunisia. Iki gihugu cyari cyarasenyutse, ariko rwose turishimye cyane. Nazanye hano n’umuryango wanjye ngo twishimire intsinzi.”

Undi witwa Hichem Ahif na we yagize ati “Nageze hano nyuma y’uko ibyavuye mu matora bitangajwe kuri televiziyo. Nishimiye intsinzi ya Perezida Kais Saied kandi ndamwizeye cyane muri iyi myaka itanu iri imbere.”

Icyakora ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko manda Perezida Kais Saied w’imyaka 66 y’amavuko arangije, yaranzwe n’ibibazo bishingiye ku bukungu cyane.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Next Post

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n'ubushyamirane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.