Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto [Abamotari] mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bameze nk’ihene zitagira umushumba kuko batagira ubavuganira ngo ahubwo uwakabavuganiye ni we ubashora akanabarenganya.

Babitangaje nyuma y’uko bakoze imyigaragambyo yo gusaba gukemurirwa ibibazo bafite mu kazi kabo birimo ikoreshwa rya Mubazi ubu yabaye ihagaritswe kugenzurwa.

Bamwe mu Bamotari bakorera muri Kigali baganiriye na RADIOTV10, bavuga amafaranga bishyurwa kuri mubazi bakatwaho 10% bikaba bije byiyongera mu bindi bibazo bibongerera ibihombo.

Umwe yagize ati “Ni umusaraba urenze n’uwa Yezu. Niba nkoreye ibihumbi icumi urumva ndaza gufatamo 1700 atagize icyo amariye kuko urumva ayo mafaranga nzatanga ntabwo ari njye azagirira umumaro. Twebwe twaguze moto zacu ngo zitugirire umumaro none tugiye gukorera abazungu.”

Aba bamotari bavuga ko basanganywe ibindi bibazo byinshi, none hakaba hiyongereyeho iki cya mubazi.

Undi ati “Ubwo ni ukuvuga ngo icyo nakwizigamye ni cyo bajyana nanjye ndihangana kugira ngo icyo bajyanye bakakijyana kugira ngo abana barare bariye n’umugore wanjye atarara hanze. Ubwo rero kugira ngo nzigondere ikibanza ndi umumotari biragoye.”

Aba Bamotari bavuga ko ikibabaje ari uko muri ibi bibazo byose babuze umuntu ubavuganira.

Umwe yagize ati “Turi Ihene zitagira umushumba kubera ko ntitugira utuvuganira n’uwakatuvuganiye ni we udushora ni we uturenganya.”

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari, Ngarambe Daniel avuga ko batangiye gukora ubuvugizi kugira ngo ibibazo by’Abamotari bishakirwe umuti.

Mu cyumweru gishize tariki 13 Mutarama 2022, abakora bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora imyigaragambyo yabereye mu bice binyuranye byo muri uyu Mujyi.

Kuri uwo munsi, inzego zitandukanye zirimo RURA, Polisi n’abahagarariye Koperative z’Abamotari bahise bakora inama yanafatiwemo ibyemezo birimo guhagarika kugenzura ikoreshwa rya Mubazi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko muri biriya biganiro hagaragajwe ko Mubazi atari cyo kibazo cy’ibanze gihangayikishije Abamotari ahubwo ko bayuririyeho kubera ibibazo byinshi basanganywe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba

Next Post

Umucamanza yategetse Niger gusubiza uburenganzira Abanyarwanda 8 iherutse kwambura ibyangombwa

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

by radiotv10
05/12/2025
0

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by'ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo,...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe

Umucamanza yategetse Niger gusubiza uburenganzira Abanyarwanda 8 iherutse kwambura ibyangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.