Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto [Abamotari] mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bameze nk’ihene zitagira umushumba kuko batagira ubavuganira ngo ahubwo uwakabavuganiye ni we ubashora akanabarenganya.

Babitangaje nyuma y’uko bakoze imyigaragambyo yo gusaba gukemurirwa ibibazo bafite mu kazi kabo birimo ikoreshwa rya Mubazi ubu yabaye ihagaritswe kugenzurwa.

Bamwe mu Bamotari bakorera muri Kigali baganiriye na RADIOTV10, bavuga amafaranga bishyurwa kuri mubazi bakatwaho 10% bikaba bije byiyongera mu bindi bibazo bibongerera ibihombo.

Umwe yagize ati “Ni umusaraba urenze n’uwa Yezu. Niba nkoreye ibihumbi icumi urumva ndaza gufatamo 1700 atagize icyo amariye kuko urumva ayo mafaranga nzatanga ntabwo ari njye azagirira umumaro. Twebwe twaguze moto zacu ngo zitugirire umumaro none tugiye gukorera abazungu.”

Aba bamotari bavuga ko basanganywe ibindi bibazo byinshi, none hakaba hiyongereyeho iki cya mubazi.

Undi ati “Ubwo ni ukuvuga ngo icyo nakwizigamye ni cyo bajyana nanjye ndihangana kugira ngo icyo bajyanye bakakijyana kugira ngo abana barare bariye n’umugore wanjye atarara hanze. Ubwo rero kugira ngo nzigondere ikibanza ndi umumotari biragoye.”

Aba Bamotari bavuga ko ikibabaje ari uko muri ibi bibazo byose babuze umuntu ubavuganira.

Umwe yagize ati “Turi Ihene zitagira umushumba kubera ko ntitugira utuvuganira n’uwakatuvuganiye ni we udushora ni we uturenganya.”

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari, Ngarambe Daniel avuga ko batangiye gukora ubuvugizi kugira ngo ibibazo by’Abamotari bishakirwe umuti.

Mu cyumweru gishize tariki 13 Mutarama 2022, abakora bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora imyigaragambyo yabereye mu bice binyuranye byo muri uyu Mujyi.

Kuri uwo munsi, inzego zitandukanye zirimo RURA, Polisi n’abahagarariye Koperative z’Abamotari bahise bakora inama yanafatiwemo ibyemezo birimo guhagarika kugenzura ikoreshwa rya Mubazi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko muri biriya biganiro hagaragajwe ko Mubazi atari cyo kibazo cy’ibanze gihangayikishije Abamotari ahubwo ko bayuririyeho kubera ibibazo byinshi basanganywe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eighteen =

Previous Post

Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba

Next Post

Umucamanza yategetse Niger gusubiza uburenganzira Abanyarwanda 8 iherutse kwambura ibyangombwa

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe

Umucamanza yategetse Niger gusubiza uburenganzira Abanyarwanda 8 iherutse kwambura ibyangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.