Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame uri muri Suwede, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari abakekaga ko u Rwanda rwageze ku iherezo ryarwo ariko ko Abanyarwanda banze guheranwa n’ibyari bimaze kubabaho, bakiyemeza gutangira urugendo rwo kwiyubaka.

Yabivuze mu biganiro byateguwe n’umuryango Reach for Change byabereye i Stockholm mural Suwede, aho ari mu ruzinduko.

Ubwo yagarukaga ku rugendo rwo kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko nyuma y’iri curaburindi, amahanga yabonaga u Rwanda nk’urutazongera kuba Igihugu [barwitaga ‘a failed state’].

Yagaragaje ko urugamba rwo kubohora u Rwanda, rwabaye imbarutso yo gutangira urugendo rwo kubaka Igihugu no kugiteza imbere kuko hari byinshi rwatwaye birimo n’abarumenereyemo amaraso barwanira Igihugu cyabo no kurandura ibibazo byarimo.

Yagize ati “Twanze guhomba burundu Igihugu cyatubyaye gikize ngo gikomeze kokamwa n’urwango n’amacakubiri.”

Yakomeje agaragaza ko imbaraga zashyizwe mu kubaka Igihugu zatanze umusaruro mwiza, ati “Nta kindi zari zigamije atari ineza. Nashakaga kubabwira ko igihe Isi yanze kukugaragariza ineza, wowe ugomba kuyiremera.”

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko uretse kuba Jenoside Yakorewe Abatutsi yarahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni imwe, yanasigiye abayirokotse ingaruka zikomeye.

Ati “Abagore ibihumbi 500 bandujwe Virusi itera SIDA, abayibanduje babikoze ku bushake babafata ku ngufu nka kimwe mu bigize ibikorwa bya Jenoside. Abana bacu ibihumbi 300 barishwe naho abandi ibihumbi 100 bagirwa impfubyi.”

Akomeza agaragaza ko ibi byose ari ingaruka z’imiyoborere mibi yari yaramunze imiyoborere y’u Rwanda mbere ya Jenoside aho n’abari barageze mu mashuri ndetse no muri za kaminuza, bari barasabitswe n’ingengabitekerezo mbi.

Ati “Ndizera ko twese tuzi ingaruka z’ibi mu mibereho n’ubukungu kubera ibi bihe bibi. Kubaho igihe kinini kandi ukabaho neza bigomba kugendana no kongerera ubushobozi urubyiruko mu rugendo rw’impunduka mu rugendo rw’imibereho n’ubukungu.”

Muri uko kongerera ubushobozi urubyiruko, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ho umuryango Imbuto Foundation yashinze, ari ho ukomeje gutanga umusanzu.

Avuga ko kandi abakiri bato bakwiye kwitabwaho byumwihariko ku Rwanda kuko ari bo bagize umubare munini w’Abanyarwanda kuko 40% byabo bafite imyaka iri munsi ya 15.

Ati “Mu Rwego rwo gufasha uyu mubare munini, Umuryango Imbuto Foundation wagerageje gutanga ibisubizo by’ibibazo bimwe na bimwe, nko gushyira abana ibihumbi 100 mu bigo mbonezamikurire y’abana bato, gutanga buruse ku bana batsinze neza ibihumbi 10 mu mashuri yisumbuye, abana b’abakobwa 5 113 bamaze guhabwa ibihembo kubera gutsinda neza mu mashuri.”

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko gushyira imbaraga mu rubyiruko nkuku bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation, ari ukubaka u Rwanda rushikamye rw’ejo hazaza, bizanatuma Abanyarwanda baca ukubiri n’amacakubiri babibwemo mu bihe byatambutse akabageza no kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame yagejeje ikiganiro ku bitabiriye uyu musangiro

Yasangije abitabiriye uyu mugoroba aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 12 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Next Post

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.