Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida barimo Yoweri Kaguta Museveni uhabwa amahirwe. Imyiteguro irarimbanyije, umutekano wakajijwe.

Komisiyo y’amatora muri Uganda yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije muri iki Gihugu, ku buryo kuri uyu wa Kane Abanya-Uganda bazabyukira mu matora.

Kuri uyu wa Mbere ni bwo Komisiyo y’Amatora yagejeje ku ndorerezi z’imbere mu Gihugu, indorerezi mpuzamahanga, imiryango ya Leta n’itari iya Leta ifite aho ihuriye n’uburenganzira bwa muntu aho imyiteguro y’amatora igeze.

Imibare igaragaza ko Abanya-Uganda bangana na 21 681 491 ari bo bitezwe gutora Umukuru w’Igihugu. Aba bazatorera ku byumba by’itora bingana na 50 739 biri hirya no hino mu gihugu.

Ibikoresho by’itora byose byamaze gushyirwa mu mwanya hirya no hino mu Gihugu bazatoreramo.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Justice Byabakama Mugenyi Simon, yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije ku buryo Abanya-Uganda biteguye gutora kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama.

Yagize ati “Nka Komisiyo y’Amatora, twiyemeje ko tuzakora icyo ari cyo cyose gisabwa kugira ngo Abanya-Uganda bakoreshe ububasha bwabo buvugwa mu ngingo ya mbere y’Itegeko Nshinga, ivuga ko ubutegetsi bwose buri ku baturage. Tuzakoresha izi mbaraga duhitamo umuyobozi wabo mu matora ari mu mucyo no mu bwisanzure.”

Mu kirere cya Uganda, umwuka w’amatora ni impumeko ya buri munsi abaturage bo muri iki Gihugu bari guhumeka. Ibyapa by’abakandida biri hose ku mihanda yo mu Murwa Mukuru Kampala n’ahandi hirya no hino mu Gihugu.

Umutekano wakajijwe ku buryo igipolisi kiryamiye amajanja ahashobora kwaduka imvururu. Umuyobozi w’Igipolisi cya Uganda, IGP Abass Byakagaba, yijeje umutekano w’abaturage muri ibi bihe by’amatora.

Yagize ati “Namaze kugeza ijambo ryanjye ku Banya-Uganda ko ngiye gutanga umutekano uhagije kandi usabwa. Ibi birampa imbaraga nyinshi zo kurushaho gukora neza no gukora byinshi. Kuvuga ku bijyanye n’ishimutwa, itabwa muri yombi; ibyo ni icyaha. Aho hari ishimutwa, polisi igomba kugira amakenga kugira ngo yizeze ko nta shyimutwa rihari.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Mutarama 2026, ibikorwa byo kwiyamamaza birashyirwaho akadomo, nk’uko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ribivuga, ko bigomba guhagarara mu masaha 48 mbere y’amatora. Ibyapa byamamaza abakandida bigomba guhita bimanurwa ako kanya, bigakurwa hafi y’ibyumba by’itora.

Ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza, biteganyijwe ko Museveni aziyamamariza mu gace ka Kololo mu Murwa Mukuru Kampala, mu gihe Robert Kyagulanyi Ssentamu AKA Bobi Wine azayiyamamariza i Masaka muri Buganda.

Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora bizatangazwa mu masaha 48 uhereye igihe amatora yabereye.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10/Kampala

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 17 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.