Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yahakanye amakuru yavugaga ko iki Gihugu cyohereje abasirikare benshi n’ibikoresho bya gisirikare bya rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko yemera ko hari abasirikare batandatu bacyo bari mu gace ka Kindu kari mu bilometero 400 uvuye i Bukavu, ivuga n’icyabajyanye.

Ni nyuma yuko havuzwe amakuru ko Igihugu cy’u Bubiligi cyohereje abasirikare benshi ndetse n’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro za rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inkuru yanditswe n’ikinyamakuru ‘The Great Lakes Eye’, ivuga ko ibi byakozwe tariki 17 Werurwe 2025, aho u Bubiligi bwohereje abasirikare bari hagati ya 300 na 400 bagiye guha imyitozo FARDC no gufasha iki gisirikare cya DRC mu rugamba gihanganyemo na AFC/M23.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bafite ibirindiro mu kigo cya Gisirikare cya Lwama muri Kindu, Umurwa Mukuru w’Intara ya Maniema, cyananditse ko aba basirikare banajyanye ibikoresho bihambaye birimo ibifaru ndetse n’indege za gisirikare zitagira abapilote (drone).

Iki kinyamakuru cyavugaga ko aba basirikare bazaha imyitozo abasirikare ba Burigade ya 31 yo mu mutwe udasanzwe mu gisirikare cya Congo uzwi nka Rapid Reaction Units (URR), nk’uko n’ubundi batojwe n’u Bubiligi hagati ya 2008 na 2017.

The Great Lakes Eye yavugaga ko amakuru ahari yemeza ko abasirikare b’u Bubiligi batwawe n’indege y’Igisirikare cy’u Bubiligi tariki 17 Werurwe ikerecyeza i Kinshasa, ikahagera ku munsi wakurikiyeho tariki 18, igakomereza Kindu mbere yuko igaruka i Kinshasa nubundi kuri uwo munsi, ikaza gusubira mu Bubiligi tariki 20 Werurwe.

Agira icyo avuga kuri aya makuru yatangajwe na The Great Lakes Eye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot yayamaganye yivuye inyuma, avuga ko ari amakuru y’ibinyoma.

Icyakora yavuze ko “Hari itsinda ry’abasirikare b’Ababiligi batandatu bari muri Kindu mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inkunga y’u Burayi yo guha igisirikare cya Congo ibikoresho bitari ibyo kurwanisha.”

Yakomeje agira ati “Nta basirikare boherejwe bagamije kujya kugira uruhare mu bikorwa bya gisirikare ibyo ari byo byose, kandi u Bubiligi ntibuteganya kubikora.”

Maxime Prevot wamaganiye kure ayo makuru, yavuze ko ibyatangajwe bigamije kwenyegeza umwuka mubi uhari no guteza urujijo.

U Bubiligi bwagaragaje ko buri inyuma cyane y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ndetse bukaba bwarinjiye mu mugambi wo kugenda bukomatanyiriza u Rwanda, burusabira ibihano burushinja ibinyoma ko ruri inyuma y’ibibazo biri muri Congo.

Ibi byatumye u Rwanda na rwo rufata icyemezo cyo guca umubano warwo n’iki Gihugu cy’i Burayi cyakomeje kurangwa n’imyitwarire ibangamira u Rwanda, nyamara ari rwo pfundo ry’ibibazo byose byarugwiririye byumwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 2 =

Previous Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Next Post

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Related Posts

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

by radiotv10
23/07/2025
0

Abanyamategeko bunganira Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabye Urukiko rumuburanisha ku...

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

by radiotv10
23/07/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, urashinja ingabo za Mali n’umutwe w’abacancuro wa Wagner umaze imyaka ibiri...

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 gikomeje gutahura intwaro zahishwe n’uruhande bahanganye, zirimo ibibombe,...

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

by radiotv10
23/07/2025
0

The United States has formally announced its decision to withdraw from the United Nations Educational, Scientific and Cultural Organization (UNESCO),...

IZIHERUKA

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

23/07/2025
Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

The good and bad of AI: What the future might hold

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.