Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wamaganye ibirego by’ibinyoma bivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zagiye i Maputo gutanga umusanzu mu guhashya imyigaragambyo, uvuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Kuva mu cyumweru gishize, i Maputo muri Mozambique hari kuba imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hazamuwe amakuru y’ibihuha avuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique [mu Ntara ya Cabo Delgado] zagiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, nyamara bitari mu nshingano zazo.

Gusa aya makuru yanyomojwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ndetse n’uw’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, bavuze ko abasirikare b’u Rwanda bafite ibice barimo bizwi byo mu Ntara ya Cabo Delgado, ndetse ko ari byo bakomeje kubamo bahugiye mu kuzuza inshingano zabo zo kugarura umutekano muri aka gace kari karazengerejwe n’ibyihebe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, usanzwe utera inkunga ubutumwa bw’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, na wo washyize hanze itangazo wamagana aya makuru y’ibihuha.

Uyu Muryango uvuga ko “Nta kimenyetso na kimwe gihari cyo kwemeza ibi birego by’uko Abasirikare b’u Rwanda bari muri Maputo.”

Uyu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi uvuga ko ubinyujije mu Kigega cyawo cy’Amahoro EPF (European Peace Facility) usanzwe utanga inkunga yo gushyigikira ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado, bityo ko bituma unakurikirana ibikorwa by’izi Ngabo z’u Rwanda.

Ukagira uti “Kuri bw’ibyo rero, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uramagana wivuye inyuma ibirego by’ibinyoma kandi bidafite ishingiro ko EU itera inkunga Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique mu guhonyora uburenganzira bw’abigaragambya muri Maputo.”

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, waboneyeho wasabye abakomeje gukwirakwiza aya makuru y’ibihuha, kubireka, kandi ukabonerago gusaba impande zitumva ibintu kimwe muri Mozambique kureba uburyo bahosha ibibazo bihari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 17 =

Previous Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.