Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wamaganye ibirego by’ibinyoma bivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zagiye i Maputo gutanga umusanzu mu guhashya imyigaragambyo, uvuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Kuva mu cyumweru gishize, i Maputo muri Mozambique hari kuba imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hazamuwe amakuru y’ibihuha avuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique [mu Ntara ya Cabo Delgado] zagiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, nyamara bitari mu nshingano zazo.

Gusa aya makuru yanyomojwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ndetse n’uw’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, bavuze ko abasirikare b’u Rwanda bafite ibice barimo bizwi byo mu Ntara ya Cabo Delgado, ndetse ko ari byo bakomeje kubamo bahugiye mu kuzuza inshingano zabo zo kugarura umutekano muri aka gace kari karazengerejwe n’ibyihebe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, usanzwe utera inkunga ubutumwa bw’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, na wo washyize hanze itangazo wamagana aya makuru y’ibihuha.

Uyu Muryango uvuga ko “Nta kimenyetso na kimwe gihari cyo kwemeza ibi birego by’uko Abasirikare b’u Rwanda bari muri Maputo.”

Uyu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi uvuga ko ubinyujije mu Kigega cyawo cy’Amahoro EPF (European Peace Facility) usanzwe utanga inkunga yo gushyigikira ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado, bityo ko bituma unakurikirana ibikorwa by’izi Ngabo z’u Rwanda.

Ukagira uti “Kuri bw’ibyo rero, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uramagana wivuye inyuma ibirego by’ibinyoma kandi bidafite ishingiro ko EU itera inkunga Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique mu guhonyora uburenganzira bw’abigaragambya muri Maputo.”

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, waboneyeho wasabye abakomeje gukwirakwiza aya makuru y’ibihuha, kubireka, kandi ukabonerago gusaba impande zitumva ibintu kimwe muri Mozambique kureba uburyo bahosha ibibazo bihari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.